Ubushinjacyaha bw’u Rwanda buratangaza ko ipimwa ryakorewe ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa kanyanga kimaze guhitana ubuzima bw’abantu 17 mu Karere ka Bugesera, ryagaragaje ko cyarimo ikinyabutabire cy’uburozi cyo mu bwoko bwa Methanol.
Aba bantu bitabye Imana nyuma yo kunywera icyo kiyobyabwenge mu Mudugudu wa Kavumu mu Kagari ka Nyakayenzi, Umurenge wa Ngeruka mu Karere ka Bugesera.
Ubushinjacyaha buvuga ko ikirego kiregwamo abantu bane bakekwaho gukora no gucuruza ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa kanyanga cyishe bariya bantu, kiri gukurikiranwa n’Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Bugesera.
Umwe mu baregwa akaba yarakoraga iki kiyobyabwenge cya kanyanga, akanayiranguza abandi, akagira n’iyo abantu banywera iwe.
Ubushinjacyaha buvuga ko “Abaturage batandukanye banywereye kanyanga iwe ibatera ikibazo bajyanwa kwa muganga. Hamaze gupfa abantu bagera kuri 17 abandi 25 baracyari mu bitaro.”
Bukomeza buvuga ko “Hapimwe ibyo abo bantu banyoye basanga birimo ikinyabutabire cyo mu bwoko bwa Methanol.”
Abandi baregwa bafatanyije n’uwo wayikoraga harimo abahungu b’uwo mugabo babiri ndetse n’umugore wamuranguriraga kanyanga na we akayigurisha ku bandi bantu, bose bakaba bemera ibyaha baregwa.
Abaregwa bakekwaho ibyaha biriri: Icyo gukora ibikorwa byerekeranye n’ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo, gitenywa kandi kigahanishwa ingingo ya 11 y’Itegeko n°69/2019 ryo ku wa 8/11/2019 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Baregwa kandi icyaha cyo guha umuntu ikintu gishobora kwica cyangwa gushegesha ubuzima; giteganywa kandi kigahanishwa ingingo ya 115 y’Itegeko n°68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Minisitiri yahumurije ababuze ababo
Minisitiri w’ubutegetsi bw’Igihugu, Habimana Dominique, kuri uyu wa Kabiri tariki 17 Gashyantare 2026, yasabye abaturage bo mu Kagari ka Nyakayenzi, mu Murenge wa Ngeruka, byumwihariko yihanganisha ababuze ababo kubera iki kiyobyabwenge, anabasaba kwirinda ibiyobyabwenge kuko nta kiza cyabyo.
Yagize ati “Nagira ngo mbere yo kugira ibindi mvuga, mbanze nihanganishe, abaturage, imiryango, mwe mwese mwabuze abanyu kubera ziriya nzoga z’inkorano zitujuje ubuziranenge. Mukomere. Ntabwo dukwiye kuba tubura abaturage, ari hano n’ahandi byabaye, kubera inzoga, ibinyobwa bitujuje ubuziranenge.”
Minisitiri Habimana yavuze ko nta muntu ukwiye kunywa ikintu atazi aho cyakorewe nka biriya biyobyabwenge, bityo ko bakwiye kubigendera kure, kandi bagatanga amakuru mu gihe hari uwo bazi ubicuruza.
RADIOTV10








