• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe icyari cyabeshywe Abanya-Uganda 23 bari bagiye gucuruzwa mu Gihugu cyo muri Asia

radiotv10by radiotv10
27/05/2024
in AMAHANGA, IMIBEREHO
0
Hatangajwe icyari cyabeshywe Abanya-Uganda 23 bari bagiye gucuruzwa mu Gihugu cyo muri Asia
Share on FacebookShare on Twitter

Abaturage 23 bo muri Uganda, batabariwe muri Myanmar aho bari bagiye gukorerwa igikorwa cy’icuruzwa ry’abantu, bakaba basubijwe mu Gihugu cyabo, hatangajwe icyo bari bizejwe cyatumye bisanga muri iki Gihugu cyo ku Mugabane wa Asia.

Aba baturage b’Abanya-Uganda 23, basubijwe mu Gihugu cyabo ku wa Kane w’icyumweru gishize tariki 23 Gicurasi 2024, aho bari bari i Tachileik muri Myanmar.

Aba baturage bageze ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Entebbe bakuwe muri iki Gihugu cya Myanmar aho bari bagiye gukorerwa iki gikorwa cy’icuruzwa ry’abantu.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Uganda, mu itangazo yashyize hanze, yavuze ko aba Banya-Uganda bajyanwaga bizezwa ibitangaza, birimo kubwirwa ko bagiye kubona akazi keza kazajya kabahemba amafaranga atubutse.

Yagize ati “Bagiye bakorerwa mu bihe bitandukanye ubutekamutwe mu bucuruzi bw’amafaranga, bakagenda bahererekanywa mu buryo bw’ubucuruzi ku mipaka.”

Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Vincent Bagiire, yaburiye Abanya-Uganda kutajya bemera kwishora mu bikorwa nk’ibi bidasobanutse nk’ibi byo kwizezwa akazi baba batazi.

Yagize ati “Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga irashimangira umuhate mu kurinda Abanya-Uganda mu bice byose ubucuruzi bw’abantu nk’ikibazo gihangayikishije Isi.”

Ati “Dukoresheje imbaraga zose kandi zihuriweho ndetse n’ubushobozi bwose, tugomba gukumira kandi tugahangana n’ikibazo cy’ubucuruzi bw’abantu, tukarinda abana bacu, urubyiruko ndetse n’abo mu byiciro bikunze kugira ibyo bishukishwa.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + thirteen =

Previous Post

Inama bagiriwe mu kongera inyama z’amatungo magufi bavuga ko mu Karere kabo igoye

Next Post

Amaze gusiragira ku Karere inshuro 7 kubera ibyo yita amaherere atumva kimwe n’ubuyobozi

Related Posts

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

by radiotv10
02/06/2026
0

Ikibumbano cy’umukinnyi w’umupira w'amaguru, Lionel Messi cyari mu Buhindi, cyasenywe gikurwaho nyuma yuko abaturage bagize ikikango ko gishobora kuzahanuka kuko...

AFC/M23 yavuze umwanzuro yafashe nyuma yo kubona ko uruhande bahanganye rukomeje kwenyegeza imirwano

AFC/M23 iravuga ko igihe kigeze ngo igire icyo ikora kuko ibintu byafashe intera

by radiotv10
02/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 buravuga ko ibibazo by’umutekano mu burasirazuba bwa DRC, byafashe intera, kandi ko igihe kigeze ngo abarwanyi baryo...

Amakuru yaramutse i Bukavu hagati ya M23 na Wazalendo

AFC/M23 yagaragaje ibimenyetso by’uko uruhande bahanganye rwiteguye gukaza urugamba

by radiotv10
02/06/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riravuga ko ritewe impungenge n’iyoherezwa ry’ingabo nyinshi n’intwaro za rutura...

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

Gahunda ya America yo gushyiraho ikigo cya Ebola muri Kenya ikomeje guterwa amabuye

by radiotv10
02/06/2026
0

Nyuma yuko Urukiko rwo muri Kenya ruhagaritse by'agateganyo ishyirwaho ry'ikigo kizajya gishyirwamo abakekwaho Ebola muri Kenya, urubyiruko rwo muri iki...

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

Umudepite uherutse gutabwa muri yombi n’igisirikare cya Uganda amaze iminsi 10 batazi irengero rye

by radiotv10
02/06/2026
0

Abo mu muryango w’Umudepite uherutse gutorwa muri Uganda watawe muri yombi n’Igisirikare kimufatiye ku rugo rwa Anita Annet Among, wahoze...

Next Post
Amaze gusiragira ku Karere inshuro 7 kubera ibyo yita amaherere atumva kimwe n’ubuyobozi

Amaze gusiragira ku Karere inshuro 7 kubera ibyo yita amaherere atumva kimwe n’ubuyobozi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.