Tuesday, October 28, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Hatangajwe icyemezo mu rubanza rw’uwashinjwaga kwiba Telefone ya The Ben wari wasabiwe imyaka 2

radiotv10by radiotv10
12/06/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO, MU RWANDA, UBUTABERA
0
Hatangajwe icyemezo mu rubanza rw’uwashinjwaga kwiba Telefone ya The Ben wari wasabiwe imyaka 2
Share on FacebookShare on Twitter

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, rwagize umwere Ndagijimana Eric wakekwagaho kwibira Telefone y’umuhanzi The Ben mu Burundi mu mpera z’umwaka ushize, mu gihe Ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa imyaka ibiri.

Uyu Ndagijimana Eric uzwi nka X-Dealer, yatawe muri yombi nyuma y’uko aketsweho kwiba telefone y’umuhanzi The Ben ubwo bari bagiye mu gitaramo uyu muhanzi yakoreye i Bujumbura mu Burundi mu mpera z’umwaka ushize.

Uyu musore wari waranafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 nyuma y’uko Ubushinjacyaha bubisabye Umucamanza w’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, ariko aza kukijurira Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwaje kumurekura by’agateganyo.

Yakomeje kuburana kuri iki cyaha mu rubanza rwaburanishijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, aho mu iburanisha ryabaye mu cyumweru gishize tariki 03 Kamena, uregwa yaburanye ahakana iki cyaha.

Ni urubanza rwahise runapfundikirwa, aho Ubushinjacyaha bwasabaga Umucamanza guhamya icyaha uregwa, rukamukatira gufungwa imyaka ibiri, mu gihe uregwa we yasabaga kugirwa umwere.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwasomye icyemezo cyarwo, rugira umwere uregwa.

Mu maburanisha yabayeho mbere, hari uwari watanze ubuhamya ko uyu Ndagijimana Eric yari yibye iyi telefone yizezwa kuzahabwa miliyoni 2 Frw, we akavuga ko atashoboraga kwiba iyi telelefone itarengeje miliyoni 1 Frw ngo ahabwe 2 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 9 =

Previous Post

Congo: Uko byagenze ngo abaturage 150 bamare iminsi itatu badafite aho kwegeka umusaya

Next Post

Minisitiri w’Intebe mushya wa Congo yizeje kuzakora ibyananiranye mu myaka 30 ishize

Related Posts

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Igikomangomakazi Spéciose Mukabayojo, umukobwa w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda hagati y’ 1896 n’ 1931, yitabiye Imana muri Kenya...

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

by radiotv10
28/10/2025
0

Inzego z’iperereza mu Rwanda zemeje ko nyiri uruganda rukora inzoga izwi nka ‘Be One Gin’ ari mu maboko y’inzego z’ubutabera,...

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

by radiotv10
28/10/2025
0

Princess Spéciose Mukabayojo, the daughter of King Yuhi V Musinga who ruled Rwanda between 1896 and 1931, has passed away...

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

by radiotv10
28/10/2025
0

The Government of Rwanda has announced that the new digital national ID project, estimated to cost over Rwf 100 billion,...

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

Umunyarwanda arakekwaho kwicira umugore we mu Bufaransa amuteraguye ibyuma

by radiotv10
28/10/2025
0

Umugabo w’Umunyarwanda w’imyaka 39 y’amavuko, arakekwaho kwicisha icyuma umugore we na we w’Umunyarwandakazi w’imyaka 38, babanaga mu Bufaransa, ubwo yahengeraga...

IZIHERUKA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana
MU RWANDA

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

by radiotv10
28/10/2025
0

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

28/10/2025
Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

28/10/2025
Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

Rwanda’s Smart National ID project worth over Rwf 100 billion

28/10/2025
Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

28/10/2025
Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

Amakuru mashya ava i Paris mu Bufaransa ahabereye ubujura buhambaye

28/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Minisitiri w’Intebe mushya wa Congo yizeje kuzakora ibyananiranye mu myaka 30 ishize

Minisitiri w’Intebe mushya wa Congo yizeje kuzakora ibyananiranye mu myaka 30 ishize

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umwana w’Umwami Yuhi V Musinga watwaye u Rwanda yitabye Imana

Hemejwe ifungwa rya nyiri uruganda rw’inzoga ivugwa cyane mu Rwanda hanatangazwa icyaha akurikiranyweho

Eng.-Child of King Yuhi V Musinga who once ruled Rwanda has passed away

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.