Sunday, September 8, 2024

Hatangajwe icyemezo mu rubanza rw’uwashinjwaga kwiba Telefone ya The Ben wari wasabiwe imyaka 2

Facebook
Twitter
LinkedIn
WhatsApp

Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, rwagize umwere Ndagijimana Eric wakekwagaho kwibira Telefone y’umuhanzi The Ben mu Burundi mu mpera z’umwaka ushize, mu gihe Ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa imyaka ibiri.

Uyu Ndagijimana Eric uzwi nka X-Dealer, yatawe muri yombi nyuma y’uko aketsweho kwiba telefone y’umuhanzi The Ben ubwo bari bagiye mu gitaramo uyu muhanzi yakoreye i Bujumbura mu Burundi mu mpera z’umwaka ushize.

Uyu musore wari waranafatiwe icyemezo cyo gufungwa by’agateganyo iminsi 30 nyuma y’uko Ubushinjacyaha bubisabye Umucamanza w’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, ariko aza kukijurira Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge, rwaje kumurekura by’agateganyo.

Yakomeje kuburana kuri iki cyaha mu rubanza rwaburanishijwe n’Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge, aho mu iburanisha ryabaye mu cyumweru gishize tariki 03 Kamena, uregwa yaburanye ahakana iki cyaha.

Ni urubanza rwahise runapfundikirwa, aho Ubushinjacyaha bwasabaga Umucamanza guhamya icyaha uregwa, rukamukatira gufungwa imyaka ibiri, mu gihe uregwa we yasabaga kugirwa umwere.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Kamena 2024, Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge rwasomye icyemezo cyarwo, rugira umwere uregwa.

Mu maburanisha yabayeho mbere, hari uwari watanze ubuhamya ko uyu Ndagijimana Eric yari yibye iyi telefone yizezwa kuzahabwa miliyoni 2 Frw, we akavuga ko atashoboraga kwiba iyi telelefone itarengeje miliyoni 1 Frw ngo ahabwe 2 Frw.

RADIOTV10

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Related Posts