Wednesday, December 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hatangajwe igihano cyahanishijwe abasirikare ba FARDC bari bakurikiranyweho kwica barashe abamotari babiri

radiotv10by radiotv10
28/08/2024
in AMAHANGA
0
Hatangajwe igihano cyahanishijwe abasirikare ba FARDC bari bakurikiranyweho kwica barashe abamotari babiri
Share on FacebookShare on Twitter

Abasirikare umunani bo mu ngabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bashinjwaga kwica barashe abamotari babiri, bahamijwe iki cyaha, bakatirwa igihano cyo kwicwa.

Ni mu rubanza rwasomwe kuri uyu wa Kabiri tariki 26 Kanama 2024 aho Urukiko rwa Gisirikare rwababuranishirizaga i Goma muri Teritwari ya Nyiragongo.

Aba basirikare umunani ba FARDC bashinjwaga kwica barashe abasivile babiri bari basanzwe bakora akazi ko gutwara abagenzi kuri moto, ubwo hariho haba umukwabu wa gisirikare mu cyumweru gishize.

Aba bamotari babiri bishwe barashwe n’aba basirikare mu masaha y’umugoroba mu gace ka Buhombo muri Teritwari ya Nyiragongo, babajije ko bari barengeje amasaha yagenewe abatwara moto saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.

Aba basirikare bakatiwe urwo gupfa, ni 1ère classe Sindika Mwandemi, Sergent major Ngoyi Kabeya, sergent major Ntumba Tshibangu Frédéric, 1ère classe Tshilonda Mwana Héritier, 1ère classe Kabulo Balebule Junior, Caporal Beya Ndombi, Caporal Ntumba Kalombo ndetse na 2ème classe Ntumba Bahikwamba Augustin.

Aba bose bashinjwaga n’Umugenzuzi wa gisirikare muri Goma, Djembi Mondondo Michel; aho bashinjwaga icyaha cy’ubwicanyi bakoze bagamije ubujura, ndetse n’icyaha cyo gupfusha ubusa amasasu y’intambara.

Iki gihano cy’urupfu cyatanzwe nyuma y’uko sosiyete sivile ikorera mu gace ka Nyiragongo isabye ko hatangwa ubutabera kuri ubu bwicanyi bwakorewe bariya basivile babiri.

Thierry Gasisiro, Umunyamabanga wa Sosiyete Sivile muri Nyiragongo, yagize ati “Uru rubanza rurangiye abasirikare umunani bahamijwe icyaha cyo kwica abaturage mu bihe by’amahoro, kuri twe twanyuzwe n’igihano cyatanzwe kuko kije mu buryo bwo guhamya icyizere hagati y’abaturage n’ubuyobozi ndetse no guca umuco wo kudahana wakunze kugaragara mu burasirazuba bwa DRC.”

Uyu wo muri Sosiyete Sivile yasabye Ubugenzuzi bwa gisirikare kujya bukomeza kuburanisha imanza nk’izi mu ruhame kugira ngo abaturage babashe kuzikurikirana ndetse no kwikurikiranira ibihano bihabwa abantu babica.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + six =

Previous Post

Menya akayabo kaguzwe umukinnyi mushya w’ikipe y’i Burayi iri mu zifite abakunzi benshi mu Rwanda

Next Post

AMAFOTO: Abakinnyi b’Amavubi banakoze imyitozo iturisha ibyiyumviro n’amarangamutima

Related Posts

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

Nigeriya: Abana n’abarimu bari barashimuswe bakorewe ibirori byo kubakira nyuma yo kurekurwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Guverineri wa Leta ya Niger muri Nigeria yayoboye umuhango wo kwakira abana 130 n’abarimu bari barashimuswe n’abitwaje intwaro, nyuma yo...

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

AMAFOTO: Uko Abapolisi ba AFC/M23 bari kwitwara i Goma nyuma yuko hadutse imyigaragambyo

by radiotv10
22/12/2025
0

Abapolisi b’igipolisi cy’Ihuriro AFC/M23 cyagaragaye mu Mujyi wa Goma muri Kivu ya Ruguru, bari guhosha imyigaragambyo y’abaturage basaba ko iri...

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

by radiotv10
22/12/2025
0

Mu Mujyi wa Goma mu Ntara ya Kivu ya Ruguru, haramukiye imyigaragambyo yitabiriwe n’Abanyekongo benshi, bamagana MONUSCO yongerewe igihe, ndetse...

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

Amakuru agezweho ku banyeshuri barenga 100 bari bamaze ukwezi barashimuswe muri Nigeria

by radiotv10
22/12/2025
0

Abanyeshuri 130 bo muri Nigeria bari barashimuswe mu Ntara ya Niger barekuwe, nyuma y’ukwezi kumwe bafashwe bugwate, nk’uko byatangajwe n’Ibiro...

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

Eng.-Major protests erupt in Goma, Eastern DRC

by radiotv10
22/12/2025
0

Residents of Goma in North Kivu province woke up on Monday to widespread protests, as large numbers of Congolese citizens...

IZIHERUKA

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa
MU RWANDA

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

23/12/2025
Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

23/12/2025
Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

Ibivugwa n’ababonye impanuka ikomeye yabaye mu Mujyi wa Kigali

23/12/2025
Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

Abasirikare b’u Rwanda barangije amahugurwa yo hejuru bagaragaje imwe mu myitozo ihambaye bahawe

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
AMAFOTO: Abakinnyi b’Amavubi banakoze imyitozo iturisha ibyiyumviro n’amarangamutima

AMAFOTO: Abakinnyi b’Amavubi banakoze imyitozo iturisha ibyiyumviro n’amarangamutima

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Imyaka ibaye ibiri bagaragaje ikibazo cy’umugezi utuma bahorana impungenge ariko umuti warabuze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.