Constant Mutamba wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ubu ukurikiranyweho kunyereza Miliyoni 19 USD (agera muri miliyari 27 Frw) yasabiwe igihano cy’imyaka 10 mu mirimo y’agahato.
Ni igihano cyasabwe n’Ubushinjacyaha bw’Urukiko Rusesa Imanza muri DRC kuri uyu wa Gatatu tariki 13 Kanama 2025.
Constant Mutamba yasabiwe iyi myaka 10 y’igifungo anakora imirimo y’agahato ndetse no kumara iyi myaka atemerewe gufungurwa by’agateganyo ndetse no kutemererwa kugira uburenganzira bw’imirimo muri Leta.
Mu gutanga umwanzuro w’Ubushinjacyaha, Umushinjacyaha Mukuru w’uru Rukiko Rusesa Imanza, Sylvain Kalwila yasabye Urukiko guhamya Mutamba icyaha cyo kunyereza ziriya Miliyoni 19 USD zari zigenewe kubaga Gereza ya Kisangani mu Ntara ya Tshopo.
Uregwa we yaburanye ahakana ibyaha, avuga ko bishingiye ku mpamvu za Politiki, ko bigamije kumuca intege mu migambi myiza yari afitiye Igihugu.
Ubushinjacyaha kandi bwasabye ko uregwa ategekwa gusubiza ariya mafaranga mu isanduku ya Leta, kuko atagomba guhera.
Ni mu gihe abunganira uregwa, bo bavuze ko umukiliya wabo ari umwere, kandi ko ngo “biteye isoni ku kuba abakiri bato mu mategeko” basabira ibihano nka biriya uyu wahoze ari Minisitiri w’Ubutabera ngo “urengana.”
Bavuga kandi ko amafaranga aregwa kunyereza akigaragara kuri konti, bityo ko kumushinja kuyanyereza ari ukumwambika urubwa.
Bavuze kandi ko ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha nk’ibishinja uregwa, bidahagije, basaba ko agirwa umwere nta mananiza abayeho.
RADIOTV10