Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe imibare mishya itanga icyizere ku biciro ku masoko mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/11/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hatangajwe imibare mishya itanga icyizere ku biciro ku masoko mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) igaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cya 2023, umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku masoko wagabanutseho 2,5%; kuko wavuye kuri 15,2% ugera kuri 12,7%, kandi hakaba hari icyizere ko uzakomeza kugabanuka kugera mu mpera z’uyu mwaka ndetse no mu mwaka utaha.

Byagaragajwe mu mibare yashyizwe hanze n’Ubuyobozi bwa Banki Nkuru y’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 23 Ugushyingo 2023, nyuma y’uko Komite ishinzwe Politiki y’Ifaranga muri iyi Banki iteranye kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Ugushyingo 2023.

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko iri gabanuka ry’umuvuduko w’izamuka ry’igipimo rusange cy’ihindagurika ry’ibiciro, ryabayeho “Biturutse ku igabanuka ry’umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro by’ibicuruzwa bibikika na serivisi, iby’ibiribwa byangirika vuba n’iby’ibikomoka ku ngufu.”

Ikomeza ivuga ko nanone igabanuka ry’umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro mu bicuruzwa bibikika na serivisi, ryatewe n’uko ibiciro byabyo byari hejuru cyane mu gihembwe cya gatatu cy’umwaka ushize.

Naho ku biciro by’ibiribwa byangirika vuba, igabanuka ryatewe no kwiyongera k’umusaruro w’imboga n’imbuto mu gihembwe cya gatatu cy’uyu mwaka ugereranyije n’icy’umwaka ushize.

BNR ikomeza igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ukomeje kumanuka kuko nubwo wari ukiri hejuru ya 11,2% mu kwezi k’Ukwakira uyu mwaka wa 2023, byitezwe ko uzagabanuka ukagera ku bipimo bigenderwaho na BNR biri hagati ya 2% n’ 8 % mu mpera z’uyu mwaka, ndetse ukazagera hafi ya 6% mu buryo bw’impuzandengo muri 2024.

Iri gabanuka ry’umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro, ryitezweho kugerwaho kubera ingamba za politiki y’ifaranga n’iza Leta zigamije gukumira izamuka rikabije ry’ibiciro, ndetse n’igabanuka ry’ibiciro by’ibicuruzwa fatizo ku isoko mpuzamahanga.

 

Ubukungu bw’u Rwanda bwarazamutse

BNR ikomeza ivuga ko nubwo umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro wagabanutse, ubukungu bw’u Rwanda bukomeje kwiyongera, kuko umusaruro mbumbe w’imbere mu Gihugu wiyongereyeho 6,3% mu gihembwe cya kabiri cya 2023.

Banki Nkuru y’u Rwanda ikomeza igira iyi “ariko byitezwe ko uyu muvuduko uzagabanukaho gato mu gihembwe cya gatatu cya 2023, nk’uko bigaragazwa n’igikomatanyo cy’ibipimo by’ubukungu biboneka ku buryo bwihuse.”

Ibi kandi hiyongeraho kuba umusaruro w’ubuhinzi uzakomeza kuba mucye, ndetse n’uruhare rw’ubukungu bw’Isi rukazaba ruto, mu gihe mu rwego rwa serivisi n’urw’inganda, hazaboneka umusaruro mwiza, uzagira uruhare runini mu izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + 12 =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu w’ibigango wamanuwe na Rayon witezweho gutitiza amakipe

Next Post

Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere

Related Posts

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

by radiotv10
13/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasezeye Eric William Kneedler urangije inshingano ze zo guhagararira Leta Zunze Ubumwe za...

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

NAME CHANGE REQUEST

NAME CHANGE REQUEST

by radiotv10
13/01/2026
0

IZIHERUKA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23
AMAHANGA

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

by radiotv10
13/01/2026
0

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

13/01/2026
Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere

Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Icyateye Perezida wa Angola guha Tshisekedi igisubizo kinyuranye n’ibyo yari yamusabye mu guhangana na AFC/M23

Ambasaderi wa America mu Rwanda yasezeweho na Minisitiri Nduhungirehe

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.