Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe imibare mishya itanga icyizere ku biciro ku masoko mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/11/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hatangajwe imibare mishya itanga icyizere ku biciro ku masoko mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) igaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cya 2023, umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku masoko wagabanutseho 2,5%; kuko wavuye kuri 15,2% ugera kuri 12,7%, kandi hakaba hari icyizere ko uzakomeza kugabanuka kugera mu mpera z’uyu mwaka ndetse no mu mwaka utaha.

Byagaragajwe mu mibare yashyizwe hanze n’Ubuyobozi bwa Banki Nkuru y’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 23 Ugushyingo 2023, nyuma y’uko Komite ishinzwe Politiki y’Ifaranga muri iyi Banki iteranye kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Ugushyingo 2023.

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko iri gabanuka ry’umuvuduko w’izamuka ry’igipimo rusange cy’ihindagurika ry’ibiciro, ryabayeho “Biturutse ku igabanuka ry’umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro by’ibicuruzwa bibikika na serivisi, iby’ibiribwa byangirika vuba n’iby’ibikomoka ku ngufu.”

Ikomeza ivuga ko nanone igabanuka ry’umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro mu bicuruzwa bibikika na serivisi, ryatewe n’uko ibiciro byabyo byari hejuru cyane mu gihembwe cya gatatu cy’umwaka ushize.

Naho ku biciro by’ibiribwa byangirika vuba, igabanuka ryatewe no kwiyongera k’umusaruro w’imboga n’imbuto mu gihembwe cya gatatu cy’uyu mwaka ugereranyije n’icy’umwaka ushize.

BNR ikomeza igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ukomeje kumanuka kuko nubwo wari ukiri hejuru ya 11,2% mu kwezi k’Ukwakira uyu mwaka wa 2023, byitezwe ko uzagabanuka ukagera ku bipimo bigenderwaho na BNR biri hagati ya 2% n’ 8 % mu mpera z’uyu mwaka, ndetse ukazagera hafi ya 6% mu buryo bw’impuzandengo muri 2024.

Iri gabanuka ry’umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro, ryitezweho kugerwaho kubera ingamba za politiki y’ifaranga n’iza Leta zigamije gukumira izamuka rikabije ry’ibiciro, ndetse n’igabanuka ry’ibiciro by’ibicuruzwa fatizo ku isoko mpuzamahanga.

 

Ubukungu bw’u Rwanda bwarazamutse

BNR ikomeza ivuga ko nubwo umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro wagabanutse, ubukungu bw’u Rwanda bukomeje kwiyongera, kuko umusaruro mbumbe w’imbere mu Gihugu wiyongereyeho 6,3% mu gihembwe cya kabiri cya 2023.

Banki Nkuru y’u Rwanda ikomeza igira iyi “ariko byitezwe ko uyu muvuduko uzagabanukaho gato mu gihembwe cya gatatu cya 2023, nk’uko bigaragazwa n’igikomatanyo cy’ibipimo by’ubukungu biboneka ku buryo bwihuse.”

Ibi kandi hiyongeraho kuba umusaruro w’ubuhinzi uzakomeza kuba mucye, ndetse n’uruhare rw’ubukungu bw’Isi rukazaba ruto, mu gihe mu rwego rwa serivisi n’urw’inganda, hazaboneka umusaruro mwiza, uzagira uruhare runini mu izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + five =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu w’ibigango wamanuwe na Rayon witezweho gutitiza amakipe

Next Post

Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere

Related Posts

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Minister Olivier Nduhungirehe has reacted after the European Parliament once again involved itself in the case of politician Victoire Ingabire,...

IZIHERUKA

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi
MU RWANDA

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

Uwashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwumvikanyemo ubwishongozi yazanye ubundi asubiza ababutanzeho ibitekerezo

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere

Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.