• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe imibare mishya itanga icyizere ku biciro ku masoko mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
23/11/2023
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hatangajwe imibare mishya itanga icyizere ku biciro ku masoko mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR) igaragaza ko mu gihembwe cya kabiri cya 2023, umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ku masoko wagabanutseho 2,5%; kuko wavuye kuri 15,2% ugera kuri 12,7%, kandi hakaba hari icyizere ko uzakomeza kugabanuka kugera mu mpera z’uyu mwaka ndetse no mu mwaka utaha.

Byagaragajwe mu mibare yashyizwe hanze n’Ubuyobozi bwa Banki Nkuru y’u Rwanda kuri uyu wa Kane tariki 23 Ugushyingo 2023, nyuma y’uko Komite ishinzwe Politiki y’Ifaranga muri iyi Banki iteranye kuri uyu wa Gatatu tariki 22 Ugushyingo 2023.

Banki Nkuru y’u Rwanda ivuga ko iri gabanuka ry’umuvuduko w’izamuka ry’igipimo rusange cy’ihindagurika ry’ibiciro, ryabayeho “Biturutse ku igabanuka ry’umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro by’ibicuruzwa bibikika na serivisi, iby’ibiribwa byangirika vuba n’iby’ibikomoka ku ngufu.”

Ikomeza ivuga ko nanone igabanuka ry’umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro mu bicuruzwa bibikika na serivisi, ryatewe n’uko ibiciro byabyo byari hejuru cyane mu gihembwe cya gatatu cy’umwaka ushize.

Naho ku biciro by’ibiribwa byangirika vuba, igabanuka ryatewe no kwiyongera k’umusaruro w’imboga n’imbuto mu gihembwe cya gatatu cy’uyu mwaka ugereranyije n’icy’umwaka ushize.

BNR ikomeza igaragaza ko umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro ukomeje kumanuka kuko nubwo wari ukiri hejuru ya 11,2% mu kwezi k’Ukwakira uyu mwaka wa 2023, byitezwe ko uzagabanuka ukagera ku bipimo bigenderwaho na BNR biri hagati ya 2% n’ 8 % mu mpera z’uyu mwaka, ndetse ukazagera hafi ya 6% mu buryo bw’impuzandengo muri 2024.

Iri gabanuka ry’umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro, ryitezweho kugerwaho kubera ingamba za politiki y’ifaranga n’iza Leta zigamije gukumira izamuka rikabije ry’ibiciro, ndetse n’igabanuka ry’ibiciro by’ibicuruzwa fatizo ku isoko mpuzamahanga.

 

Ubukungu bw’u Rwanda bwarazamutse

BNR ikomeza ivuga ko nubwo umuvuduko w’izamuka ry’ibiciro wagabanutse, ubukungu bw’u Rwanda bukomeje kwiyongera, kuko umusaruro mbumbe w’imbere mu Gihugu wiyongereyeho 6,3% mu gihembwe cya kabiri cya 2023.

Banki Nkuru y’u Rwanda ikomeza igira iyi “ariko byitezwe ko uyu muvuduko uzagabanukaho gato mu gihembwe cya gatatu cya 2023, nk’uko bigaragazwa n’igikomatanyo cy’ibipimo by’ubukungu biboneka ku buryo bwihuse.”

Ibi kandi hiyongeraho kuba umusaruro w’ubuhinzi uzakomeza kuba mucye, ndetse n’uruhare rw’ubukungu bw’Isi rukazaba ruto, mu gihe mu rwego rwa serivisi n’urw’inganda, hazaboneka umusaruro mwiza, uzagira uruhare runini mu izamuka ry’ubukungu bw’u Rwanda.

RADIOTV10

 

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 5 =

Previous Post

Iby’ingenzi wamenya kuri rutahizamu w’ibigango wamanuwe na Rayon witezweho gutitiza amakipe

Next Post

Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere

Israel&Hamas: Iby’ingenzi biteganyijwe mu bwumvikane bukomeye bwagezweho bwa mbere

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.