Tuesday, July 8, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe inkuru nziza y’undi mutungo kamere wihagazeho wavumbuwe mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
15/01/2025
in MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hatangajwe inkuru nziza y’undi mutungo kamere wihagazeho wavumbuwe mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli mu Rwanda (RMB) yatangarije Abadepite ko ubushakashatsi bwakozwe mu Kiyaga cya Kivu, bwagaragaje ko mu Rwanda hari uduce 13 turimo peteroli.

Kamanzi Francis uyobora RMB, yabitangaje kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Mutarama 2025 ubwo yaganiraga n’intumwa za Rubanda zigize Komisiyo y’Imiyoborere, Uburinganire n’Ubwuzuzanye bw’Abagabo n’Abagore.

Umuyobozi w’Ikigo gishinzwe Mine, Gaz na Peteroli mu Rwanda, Kamanzi yavuze ko ubu bushakashatsi bwakozwe mu Kiyaga cya Kivu ku gice cy’u Rwanda.

Yagize ati “Inkuru nziza ni ko dufite peteroli. Ubushakashatsi bw’ibanze bwakozwe hariya mu Kivu habonetsemo amariba cumi n’atatu (13) agaragaza ibimenyetso bya peteroli, kandi abize ibidukikije babyumva neza.”

Yavuze kandi ko uyu mutungo kamere ufitanye isano n’ubundi n’uwagaragaye mu Biihugu by’abaturanyi ka Uganda akaba ari na wo ukomereza kuri uyu uri mu Rwanda.

Ati “Uhereye hariya ruguru muri Uganda bayibonye hariya ruguru mu Kiyaga cya Albert kandi bivugwa ko ari ikibaya kimwe kimanuka mu Kivu kikagera mu kiyaga cya Tanganyika. Bavuga rwose ko hari peteroli.”

Yavuze kandi ko kubera uburebure bw’iki Kiyaga cya Kivu, hakekwa ko Peteroli iri mu Rwanda, ari nyinshi kurusha n’iyagaragaye mu Bihugu by’ibituranyi.

Ati “Ikivu cyacu cyo ni kirekire kurusha ziriya nyanja zindi, bakavuga ko rero dushobora kuba dufite na peteroli nyinshi kuruta n’ibindi bihugu bidukikije.”

Ibikorwa byo gushakisha uyu mutungo kamere wa Peteroli mu Rwanda, iri gukorwa n’ikigo Black Swan Energy cy’Abanya-Canada, ahamaze gukorwa ubushakashatsi bwa mbere.

Kamanzi ati “Hasigaye ubundi bwa kabiri, ubwo ni ukujya hasi [drilling], bagakurayo ibimenyetso hasi, bakajya muri laboratwari kureba ngo ese peteroli dufite ingana iki? ni bwoko ki? ese yacukurwa igacuruzwa ikavamo? Hari ubwo ushobora gusanga igishoro cyo kuyicukura kiruta n’icyavamo. Ni ugukora izo nyigo zose.”

Ubu bushakashatsi bwatangiye muri 2014 ariko bukaza guharagara, aho bwongeye gusubukurwa na kiriya Kigo cy’Abanya-Canada, bwatangiye gukorwa nyuma yuko mu Kiyaga cya Kivu habonetse Gaz Methane yanatangiye gucukurwa, aho byavugwaga ko ahagaragaye iyi Gaz haba hari na Peteroli.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 9 =

Previous Post

Ibivugwa nyuma yuko umugabo ateye ‘grenade’ mugenzi we amukekaho kumutwara umugore

Next Post

Kigali: Ababonye haba impanuka ikomeye yatwaye ubuzima bw’umuntu umwe bavuze icyo bakeka cyayiteye

Related Posts

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

by radiotv10
08/07/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe atangaza ko nubwo u Rwanda rufite icyizere ku Masezerano y’Amahoro ruherutse gusinyana na DRC...

Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

by radiotv10
08/07/2025
0

Abantu batanu barimo umugore umwe baregwa kwica umugabo bamukase ijosi bamusanze mu rugo iwe mu Murenge wa Ngoma mu Karere...

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

by radiotv10
08/07/2025
0

Urukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, rwasubitse urubanza ku ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo ruregwamo Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza uregwa ibyaha birimo kurema umutwe...

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

by radiotv10
08/07/2025
0

Mu rubanza rw’ubujurire ku cyemezo cyo gufungwa by’agateganyo cyafatiwe Habiyaremye Zacharie wamenyekanye nka Bishop Gafaranga, uruhande rw’uregwa, rwagaragaje ibimenyetso buheraho...

Eng.-Why is DRC bringing in more mercenaries, drones, and heavy weapons? Peace Deal raises concerns

Eng.-Why is DRC bringing in more mercenaries, drones, and heavy weapons? Peace Deal raises concerns

by radiotv10
08/07/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Olivier Nduhungirehe mentioned that even though Rwanda has a hope on the...

IZIHERUKA

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR
AMAHANGA

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

by radiotv10
08/07/2025
0

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

08/07/2025
Musanze: Urupfu rw’umucyecuru basanze yanatwikishijwe Acide rwatumye hafatwa barindwi barimo n’umuhungu we

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

08/07/2025
Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

Rwanda welcomes three internation women football players following the visit of other legends

08/07/2025
Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

Impamvu urubanza rwa Ingabire Victoire rwasubitswe ku munsi wa mbere

08/07/2025
Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

Ibyamenyekanye byavugiwe mu rubanza rwa ‘Bishop Gafaranga’ rwasohowemo umugore we bikamubabaza

08/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Ababonye haba impanuka ikomeye yatwaye ubuzima bw’umuntu umwe bavuze icyo bakeka cyayiteye

Kigali: Ababonye haba impanuka ikomeye yatwaye ubuzima bw’umuntu umwe bavuze icyo bakeka cyayiteye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

DRCongo: Hari akandi gace kagaragayemo abitwaje imbunda za rutura bivugwa ko ari FDLR

Kuki Congo yazanye abandi bacancuro inakomeje kuzana drones n’ibifaru?-Havutse impungenge ku masezerano

Batanu barimo umugore baregwa kwica umugabo bamukase ijosi babyisobanuyeho

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.