Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangajwe umubare mushya w’insengero zimaze gukorerwa igenzura mu Rwanda n’izagaragaye ko zizasenywa burundu

radiotv10by radiotv10
27/08/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatangajwe umubare mushya w’insengero zimaze gukorerwa igenzura mu Rwanda n’izagaragaye ko zizasenywa burundu
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ubugetegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana; yatangaje ko ubugenzuzi bumaze igihe bukorerwa insengero bumaze gukorerwa izirenga ibihumbi 14, zirimo izagaragaye ko zitujuje ibisabwa, nazo zikabamo izirenga 300 zo zizasenywa burundu kubera imiterere yazo n’aho ziherereye hadakwiye.

Minisitiri Musabyimana yabitangaje mu kiganiro cyatambutse kuri Televiziyo y’Igihugu, cyagarukaga ku ngingo imaze iminsi igarukwaho y’ubugenzuzi bumaze igihe bukorerwa insengero bwasize hari nyinshi zifunzwe kuko zitujuje ibisabwa.

Jean Claude Musabyimana yavuze ko ubundi ibikorwa by’amadini n’amatorero n’imiryango ishingiye ku myemerere, ari bigari, ariko ko ubugenzuzi bumaze iminsi bukorwa, bwibanze ku nsengero.

Yavuze ko kugeza ubu hamaze kugenzurwa insengero 14 094, aho ubugenzuzi bwasane hari insengero zitujuje ibisabwa ariko bishobora kuzuzwa, kimwe n’izindi byagaragaye ko zo zidashobora kongera gukorerwamo bitewe n’aho ziherereye, hashobora gushyira mu kaga ubuzima bw’abazijyamo.

Ati “Izo ni zo zigomba kuhava bitewe n’uko ahantu ziri ziri mu manegeka. Harimo izirengera 600, muri zo 306 ntabwo wakongera kuzikoreramo na banyirazo barazizi, muranavugana bakavuga ngo ndumva nazategereza nkubaka inzu nashyiramo abantu ijyanye n’icyerekezo.”

Nanone kandi hakorewe igenzura ahantu hasengerwa atari mu nsengero, aho abantu bakunze guhurira bagasengera nko mu misozi no mu buvumo, aho ho hose hazafungwa burundu.

Minisitiri Musabyimana ati “Tumaze kubona ahantu 110 mu Gihugu, twumvikanye ko aha hantu tuhafunga, kuko ntakintu na kimwe gishobora kurinda abantu gihari.”

Avuga ko ahantu nk’aha hashobora gushyira ubuzima mu kaga, kuko uretse kuba hashobora kubera impanuka kubera imiterere yaho, haba hanashobora kuza ibindi biza bitunguranye nk’inkuba zikaba zakwica abantu.

Ingingo y’ifungwa ry’izi nsengero yazamuye impaka mu bantu, kubera uburyo byakorewe rimwe, ndetse bamwe bakavuga ko ubugenzuzi bwatinze gukorwa.

Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu kandi yari iherutse gushyira hanze urutonde rw’imiryango 43 ishingiye ku myerere, yahagaritswe gukorera mu Rwanda kuko yakoraga idafite ubuzima gatozi.

Umunyamakuru Scovia Mutesi wari watumiwe muri iki kiganiro, yavuze ko aho izi nsengero zafunzwe ziri hasanzwe hari inzego za Leta zagombaga kuba zaragaragaje ibi bibazo mbere, zigafungwa bitarindiriye ko bikorerwa rimwe.

Ati “Hakwiye kuba haratangiye Gitifu w’Akagari atakamba, atanga raporo ku Karere, Akarere na ko kakabaza Minisitiri kati ‘tubikore gute?’ bakomeza bakomeza, ku buryo inzego zose zibifite, ariko byaje nk’icyorezo twese turikanga, nibidafite icyo bitwaye twabigize ikibazo.”

Abanyamadini na bo bemera ko harimo bagenzi babo bakora mu buryo butanoze, ku buryo koko aka kanyafu no guhwiturwa byari bikwiye kubaho kugira ngo bakomeze bubake roho z’abantu mu nzira zinoze koko.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + fourteen =

Previous Post

U Rwanda rwatanze inkunga ya Miliyari 1,5Frw yo kugoboka Ibihugu byahuye n’isanganya ridasanzwe

Next Post

Menya umukinnyi wabimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’Amavubi

Related Posts

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

Mugisha David Gakuba uba muri Leta Zunze Ubumwe za America ukurikiranyweho kwica mugenzi we amugongeye ku kabari ko mu Mujyi...

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

by radiotv10
31/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 21 y’amavuko wo mu Murenge wa Save mu Karere ka Gisaga, ukurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 20, yavuze...

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

by radiotv10
31/01/2026
0

Bamwe mu bakozi bo mu bigo bitandukanye byo mu Rwanda basoje amahugurwa ajyanye n’ikusanyamibare hakoreshejwe ikoranabuhanga, bavuze ko bungukiyemo ubumenyi...

AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo, yatangaje ko ku wa Mbere tariki 02 Gashyantare 2026 ari umunsi w’Ikiruhuko rusange, bitewe no...

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

IZIHERUKA

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa
MU RWANDA

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

by radiotv10
31/01/2026
0

RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Menya umukinnyi wabimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’Amavubi

Menya umukinnyi wabimburiye abandi bakina hanze kugera mu mwiherero w’Amavubi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.