• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatangajwe umuhanda umwe muri Kigali uzamara amasaha abiri ufunze n’impamvu

radiotv10by radiotv10
03/09/2025
in MU RWANDA
0
Hatangajwe umuhanda umwe muri Kigali uzamara amasaha abiri ufunze n’impamvu
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko hari igice cy’umuhanda umwe mu gace k’i Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge uzamara amasaha abiri ufunze kuko uzaba uri gukorerwamo imyitozo yo kwitegura isiganwa ry’amagare ku Isi riteganyijwe mu Rwanda.

Uyu muhanda uzaba ufunze, ni uwo kuri Onatracom-kuri 40 nanone ukava kuri Onatracom gusubira kuri 40, aho uzaba ufunze ejo ku wa Kane tariki 04 Nzeri guhera saa tatu (09:00’) kugeza saa tanu (11:00’) za mu gitondo.

Itangazo ryashyizwe hanze na Polisi y’u Rwanda ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu, rivuga ko uyu muhanda “Uzaba ukorerwamo imyitozo yo kwitegura irushanwa ryo gusiganwa ku magare ku isi rizabera mu Rwanda.”

Polisi y’u Rwanda ikomeza ivuga ko gufungwa k’uyu muhanda muri ariya masaha “bizatuma urujya n’uruza rudakomeza nk’uko byari bisanzwe.” Ariko ko hazaba hari abapolisi kugira ngo bayobore abakoresha imihanda yo muri biriya bice.

Iyi myitozo ibaye habura ibyumweru bibiri ngo u Rwanda rwakire iri siganwa rya Shampiyona y’Isi y’umukino wo gusiganwa ku Magare, iteganyijwe kuva tariki 21 kugeza ku ya 28 Nzeri 2025, rizaba ribereye ku Mugabane wa Afurika ku nshuro yaryo ya mbere.

Mu rwego rwo koroshya imigendekere myiza y’iri siganwa, Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo ko muri icyo cyumweru kizabamo iri siganwa, amashuri yose yo mu Mujyi wa Kigali, azaba afunze ndetse n’abakozi ba Leta bakaba barasabwe ko bazakorera mu rugo ku bo bishobokera.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine + fourteen =

Previous Post

CECAFA KagameCup: APR ihagarariye u Rwanda yatangiye neza mu mukino wayihuje n’iyo mu Burundi

Next Post

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

Uwa mbere mu basitari bitabiriye ibirori byo KwitaIzina yageze mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.