Monday, May 19, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatangiye gukorwa iperereza ku rupfu rw’umwe mu batoza ba APR rukiri urujijo

radiotv10by radiotv10
03/04/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatangiye gukorwa iperereza ku rupfu rw’umwe mu batoza ba APR rukiri urujijo
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa APR FC bwatangaje ko bubifashijwemo na Minisiteri y’Ingabo, buri gukorana n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha kugira ngo hamenyekane intandaro y’urupfu rw’Umunya-Tunisia wari umutoza wongerera imbaraga abakinnyi b’iyi kipe.

Dr Adel Zrane wari umutoza wongerera imbaraga abakinnyi mu ikipe y’Ingabo z’u Rwanda, APR FC, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Mata 2024, ndetse abakinnyi b’iyi kipe bakaba babimenye ubwo bajyaga mu myitozo, bakamenyeshwa iyi nkuru y’akababaro, bagasabwa guhita bataha.

Ubutumwa bwatanzwe n’Ubuyobozi bwa APR kuri uyu wa Kabiri, bwagiraga buti “N’akababaro kenshi, Ubuyobozi bwa APR FC buratangaza ko Umutoza wayo wari ushinzwe kongerera abakinnyi imbaraga Dr Adel Zirane yitabye Imana. Impamvu z’urupfu rwe ntiziramenyeka.”

Kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Mata 2024, ubuyobozi bwa APR FC bwashyize hanze irindi tangazo ry’akababaro bwatewe n’urupfu rwa nyakwigendera wari umuntu ukundwa na bose ndetse akaba yari afatiye runini umupira w’amaguru.

Iri tangazo rikomeza rigira riti “Hagati aho ubuyobozi bwa APR FC bubifashijwemo na Minisiteri y’Ingabo, bari gukorana n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) kugira ngo hamenyekane icyateye urupfu rwa Dr Adel.”

Nanone kandi ubuyobozi bwa APR bwatangaje ko buri gukorana n’umuryango wa nyakwigendera kugira ngo umubiri we ubashe kujyanwa muri Tunisia kugira ngo abe ari ho ashyingurwa.

Ubuyobozi bw’amakipe atandukanye mu Rwanda, bukomeje koherereza ubutumwa ubwa APR FC bubwihanganisha kuri ibi byago byo gupfusha umwe mu batoza b’iyi kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 12 =

Previous Post

Umunyamakuru Oswald yavuze akamuri ku mutima nyuma yo kuganira na Perezida Kagame kuri Radio

Next Post

Kigali: Herekanywe abiyita abavuzi gakondo n’ibirimo amahembe n’impu z’inyamaswa bakoreshaga mu gucucura abantu

Related Posts

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

by radiotv10
19/05/2025
0

Nyuma yuko umukino wahuzaga ikipe ya Rayon Sports na Bugesera FC muri Shampiyona y’u Rwanda uhagaze utarangiye kubera ikibazo cy’umutekano...

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

Bitunguranye Bugesera FC yahagaritse abatoza babiri mbere yo guhura na Rayon

by radiotv10
16/05/2025
0

Ikipe ya Bugesera FC yahagaritse Ndayishimiye Eric Bakame usanzwe ari umutoza w’Abanyezamu, ndetse na Peter Otema wongerera ingufu Abakinnyi, habura...

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

Sadate yahakanye inkuru y’incurano yavugaga ko agiye gukora ibyumvikana nk’ibidashoboka

by radiotv10
16/05/2025
0

Umunyemari Munyakazi Sadate wigeze kuyobora ikipe ya Rayon Sports, yahakanye inkuru yacuzwe n’umuntu utazwi, ivuga ko agiye kugura Sitade Amahoro,...

Dore ibikubiye mu ibaruwa yo gutakamba iturutse mu bakinnyi ba Rayon WFC

Dore ibikubiye mu ibaruwa yo gutakamba iturutse mu bakinnyi ba Rayon WFC

by radiotv10
16/05/2025
0

Abakinnyi b’Ikipe ya Rayon Sports WFC banditse ibaruwa yo ‘Gutakamba’ basaba ubuyobozi bw’iyi kipe kubahemba imishahara y’amezi butabishyuye no kubaha...

FC Barcelona yahiriwe n’umwaka w’imikino byarangiye ihagurukije mucyeba wayo ku ntebe y’icyubahiro

FC Barcelona yahiriwe n’umwaka w’imikino byarangiye ihagurukije mucyeba wayo ku ntebe y’icyubahiro

by radiotv10
16/05/2025
0

Ikipe ya FC Barcelone yegukanye ikikombe cya Shampiyona y’Umupira w’Amaguru muri Espagne mu mwaka w’imikino wa 2024-2025, igitwara mucyeba wayo...

IZIHERUKA

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo
FOOTBALL

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

by radiotv10
19/05/2025
0

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

19/05/2025
AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

19/05/2025
Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

19/05/2025
Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

Umwe mu bagize Guverinoma yagize icyo avuga kuri Album y’umuhanzi Nyarwanda

19/05/2025
Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

Huye: Ibyo abazi umugabo ukekwaho kwica mugenzi we amukubise inyundo bamuvugaho

17/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Kigali: Herekanywe abiyita abavuzi gakondo n’ibirimo amahembe n’impu z’inyamaswa bakoreshaga mu gucucura abantu

Kigali: Herekanywe abiyita abavuzi gakondo n’ibirimo amahembe n’impu z’inyamaswa bakoreshaga mu gucucura abantu

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Hamenyekanye igihe hafatirwa icyemezo ku mukino wahagaze utarangiye kubera imvururu zawubayemo

Iburengerazuba: Kiliziya yagaragaje igisobanuro cyihariye cyo koroza Inka abarokotse Jenoside batishoboye

AMAFOTO: Perezida Kagame na Madamu J.Kagame n’abuzukuru barebye umukino APR BBC yaboneyemo intsinzi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.