Monday, August 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangiye urundi rugendo rushobora kuzasendereza ibyishimo ku bacuruzi bakanabisaguriraho abaguzi

radiotv10by radiotv10
27/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hatangiye urundi rugendo rushobora kuzasendereza ibyishimo ku bacuruzi bakanabisaguriraho abaguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko mu mavugurura y’itegeko ry’imisoro, hifuzwa ko umusoro ku nyungu wagabanukaho 2%, ndetse n’ipatanti ikagabanuka n’amafaranga y’isuku akavaho ku bacuruzi bato binjira muri uwo mwuga.

Ni amavugurura asabirwa kwemezwa mu mushinga w’itegeko ry’imisoro mu Rwanda, ugamije kongera umubare w’abasora, kandi bakabikora mu buryo butabavunnye.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya leta Richard Tusabe; avuga ko uyu mushinga urimo ingingo isaba kugabanya imisiro itangwa n’abacuruzi bato mu nzego z’ibanze, agashakirwa mu bashoramari banini.

Ati “Ubundi umuturage watangiye ubucuruzi tumubwira ko yakwishyura ipatante, ndetse abagitangira ubucuruzi twabasoneye imyaka ibiri, ariko nabyo bakavuga ko bidahagije. Ngira ngo ipatante ya macye mu giturage ni ibihumbi miringo itatu (30 000 Frw) n’ibihumbi mirongo itandatu (60 000 Frw) mu mujyi, ariko akongeraho ay’isuku, na byo ni ibihumbi icumi (10 000 Frw) buri kwezi.

Icyo dusaba ni uko ibyo bintu tubihuza, ya mafaranga ibihumbi icumi umuturage yatangaga buri kwezi aveho, patante na yo turebe ukuntu twayigabanya, ariko noneho abafite ubushobozi banini turebe icyo bakongeraho.”

Ibyo kandi ngo bigomba kujyana n’amavugurura y’umuroso ku nyungu ugomba kuva kuri 30% ukagera kuri 28%, byose bigamije gucyemura ibibazo byari bihari.

Ati “Uyu munsi umuntu aguhaye umukoro wo kujya gushaka abashoramari mu Gihugu wenda cya Kazakhstan; ikintu cya mbere abanza ku kubaza aravuga ati ‘ubundi urugero rw’umusoro ku nyungu iwanyu ni kangahe?’ Utangira umubwira ya 30%, ibindi akazabimenya nyuma. Icyo gihe rero iyo utangiriye kuri 30%, ntabwo uba uri ku rwego rwo guhangana, cyane ko abandi bageze ku mpuzandego ya 21.8%. Twakoze inyigo na IFM twemeranya ko tugomba kugana kuri 20%. Iyi 28% twayihisemo twumva ko ari ahantu twatangirira heza. Ntakintu dutakaza kinini.”

Umuyobozi ushinzwe ubuvugizi n’isesengura rya gahunda za Leta muri Sosiyete Sivile ya Never Again, Emmanuel Kamasa; avuga ko hari icyihutirwa kurusha ibindi mu rwego rwo gufasha urubyiruko.

Yagize ati “Hari icyo mwakora kugira ngo urubyiruko murufashe kujya mu bucuruzi? Kuko iyo muganiriye bavuga ko ikibazo bafite gikomeye ari umusoro, ntabwo bajya mu bucuruzi kubera ko inzego z’ibanze zibaca umusoro uri hejuru.”

Dr Fidele Mutemberezi, umuhanga mu bukungu unigisha muri Kaminuza, ahuza izi ngingo zombi; akavuga ko zishobora kugira uruhare mu kugabanya ubukana bw’ikibazo cy’ubushomeri mu Rwanda.

Ati “Ni uko tuba mu Bihugu byacu biba bikennye. Hari abacuruzi bato batakabaye basora kugira go uzamure abantu, kuko ni na bo benshi bafite igishoro gitoya. Rero birafasha ku rugero uru n’uru. Erega ubucuruzi nabwo ntabwo aba ari ibintu byoroshye, kugira aho ukodesha, mu gihe ubucuruzi butaragira aho bugera imisoro ikaba iraje. Ni ukuvuga ngo bigera aho ugakora no mu gishoro. Ibyo rero hari ikintu bizafasha.”

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare iheruka, igaragaza ko ubushomeri mu Rwanda buri ku rugero rwa 17.2%, buvuye kuri 24.3% bwariho mu kwezi kwa 11/2022.

Iyi mibare yakusanyijwe muri Gashyantare 2023, yerekana ko nubwo ubushomeri bwagabanutseho 7.1%; iyo ugereranyije n’ukwezi kwa 2/2023 n’igihe nk’icyo cy’umwaka wa 2022, usanga ubushomeri bwariyongereyeho 0.7% kuko icyo gihe bwari kuri 16.5%.

Ubu bushomeri bwiganje mu rubyiruko; kuko bugeze kuri 20.4%, nyamara abarenze icyiciro cy’urubyiruko bashomereye bangana na 15.1%.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × 2 =

Previous Post

Impfu zitunguranye za babiri barimo uwishwe n’uwo bakoranaga amuhoye impamvu ibabaje

Next Post

DRCongo yongeye kubeshya amahanga izuba riva ikinyoma cyatumye u Rwanda rutungurwa

Related Posts

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

by radiotv10
04/08/2025
0

In the heart of Rwanda’s Kicukiro District, the people of Nyarugunga Sector are proving that when a community stands together,...

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

Umugabo wafatiye undi iwe asambana n’umugore we yagaragaje uruhare ubuyobozi bubifitemo

by radiotv10
04/08/2025
0

Umugabo wo mu Kagari ka Kamanu mu Murege wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, wasohowe mu nzu kubera amakimbirane n’umugore...

Undi Munyarwanda mu munani baburanishijwe kuri Jenoside boherejwe muri Niger yapfuye nyuma y’abandi babiri

Undi Munyarwanda mu munani baburanishijwe kuri Jenoside boherejwe muri Niger yapfuye nyuma y’abandi babiri

by radiotv10
04/08/2025
0

Protais Zigiranyirazo wabaye mu butegetsi bwateguye bukanakora Jenoside yakorewe Abatutsi, aho yabaye Perefe w’iyahoze ari Perefegitura ya Ruhengeri, yapfiriye muri...

Undi Munyarwanda mu munani baburanishijwe kuri Jenoside boherejwe muri Niger yapfuye nyuma y’abandi babiri

Eng.-Protais Zigiranyirazo, a brother-in-law of former President Habyarimana has died in Niger

by radiotv10
04/08/2025
0

Protais Zigiranyirazo, who served as the prefect of the former Ruhengeri prefecture in the government that planned and executed the...

Uko abagore babiri bisanze bafashwe mu mukwabu hamwe n’abagabo 13 bakekwaho ubujura

Uko abagore babiri bisanze bafashwe mu mukwabu hamwe n’abagabo 13 bakekwaho ubujura

by radiotv10
04/08/2025
0

Polisi ikorere mu Karere ka Muhanga yafashe abantu 15 barimo abagabo 13 n’abagore babiri bakekwaho ibikorwa by’ubugizi bwa nabi birimo...

IZIHERUKA

Ubutumwa bwa FERWAFA kuri ‘Mama Mukura’ wari umukunzi wa ruhago witabye Imana bitunguranye
FOOTBALL

Ubutumwa bwa FERWAFA kuri ‘Mama Mukura’ wari umukunzi wa ruhago witabye Imana bitunguranye

by radiotv10
04/08/2025
0

Eng.-The US has temporarily suspended the issuance of visas for all Burundian nationals

Eng.-The US has temporarily suspended the issuance of visas for all Burundian nationals

04/08/2025
How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

04/08/2025
Menya impamvu America yahagaritse Viza ku Barundi bose bashaka kujyayo

Menya impamvu America yahagaritse Viza ku Barundi bose bashaka kujyayo

04/08/2025
Uwakiniraga APR yazamuye impaka nyuma yo kuvuga uko abona umukino uzayihuza na Rayon uzagenda

Uwakiniraga APR yazamuye impaka nyuma yo kuvuga uko abona umukino uzayihuza na Rayon uzagenda

04/08/2025
Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango ‘Yantare’ urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

Amayobera ku ndwara yatumye umunyabigango ‘Yantare’ urinda The Ben ajyanwa kwa muganga

04/08/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo yongeye kubeshya amahanga izuba riva ikinyoma cyatumye u Rwanda rutungurwa

DRCongo yongeye kubeshya amahanga izuba riva ikinyoma cyatumye u Rwanda rutungurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ubutumwa bwa FERWAFA kuri ‘Mama Mukura’ wari umukunzi wa ruhago witabye Imana bitunguranye

Eng.-The US has temporarily suspended the issuance of visas for all Burundian nationals

How Nyarugunga residents built roads, a school, and a legacy of unity

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.