Thursday, December 11, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatangiye urundi rugendo rushobora kuzasendereza ibyishimo ku bacuruzi bakanabisaguriraho abaguzi

radiotv10by radiotv10
27/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA, UBUKUNGU
0
Hatangiye urundi rugendo rushobora kuzasendereza ibyishimo ku bacuruzi bakanabisaguriraho abaguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko mu mavugurura y’itegeko ry’imisoro, hifuzwa ko umusoro ku nyungu wagabanukaho 2%, ndetse n’ipatanti ikagabanuka n’amafaranga y’isuku akavaho ku bacuruzi bato binjira muri uwo mwuga.

Ni amavugurura asabirwa kwemezwa mu mushinga w’itegeko ry’imisoro mu Rwanda, ugamije kongera umubare w’abasora, kandi bakabikora mu buryo butabavunnye.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi ushinzwe Imari ya leta Richard Tusabe; avuga ko uyu mushinga urimo ingingo isaba kugabanya imisiro itangwa n’abacuruzi bato mu nzego z’ibanze, agashakirwa mu bashoramari banini.

Ati “Ubundi umuturage watangiye ubucuruzi tumubwira ko yakwishyura ipatante, ndetse abagitangira ubucuruzi twabasoneye imyaka ibiri, ariko nabyo bakavuga ko bidahagije. Ngira ngo ipatante ya macye mu giturage ni ibihumbi miringo itatu (30 000 Frw) n’ibihumbi mirongo itandatu (60 000 Frw) mu mujyi, ariko akongeraho ay’isuku, na byo ni ibihumbi icumi (10 000 Frw) buri kwezi.

Icyo dusaba ni uko ibyo bintu tubihuza, ya mafaranga ibihumbi icumi umuturage yatangaga buri kwezi aveho, patante na yo turebe ukuntu twayigabanya, ariko noneho abafite ubushobozi banini turebe icyo bakongeraho.”

Ibyo kandi ngo bigomba kujyana n’amavugurura y’umuroso ku nyungu ugomba kuva kuri 30% ukagera kuri 28%, byose bigamije gucyemura ibibazo byari bihari.

Ati “Uyu munsi umuntu aguhaye umukoro wo kujya gushaka abashoramari mu Gihugu wenda cya Kazakhstan; ikintu cya mbere abanza ku kubaza aravuga ati ‘ubundi urugero rw’umusoro ku nyungu iwanyu ni kangahe?’ Utangira umubwira ya 30%, ibindi akazabimenya nyuma. Icyo gihe rero iyo utangiriye kuri 30%, ntabwo uba uri ku rwego rwo guhangana, cyane ko abandi bageze ku mpuzandego ya 21.8%. Twakoze inyigo na IFM twemeranya ko tugomba kugana kuri 20%. Iyi 28% twayihisemo twumva ko ari ahantu twatangirira heza. Ntakintu dutakaza kinini.”

Umuyobozi ushinzwe ubuvugizi n’isesengura rya gahunda za Leta muri Sosiyete Sivile ya Never Again, Emmanuel Kamasa; avuga ko hari icyihutirwa kurusha ibindi mu rwego rwo gufasha urubyiruko.

Yagize ati “Hari icyo mwakora kugira ngo urubyiruko murufashe kujya mu bucuruzi? Kuko iyo muganiriye bavuga ko ikibazo bafite gikomeye ari umusoro, ntabwo bajya mu bucuruzi kubera ko inzego z’ibanze zibaca umusoro uri hejuru.”

Dr Fidele Mutemberezi, umuhanga mu bukungu unigisha muri Kaminuza, ahuza izi ngingo zombi; akavuga ko zishobora kugira uruhare mu kugabanya ubukana bw’ikibazo cy’ubushomeri mu Rwanda.

Ati “Ni uko tuba mu Bihugu byacu biba bikennye. Hari abacuruzi bato batakabaye basora kugira go uzamure abantu, kuko ni na bo benshi bafite igishoro gitoya. Rero birafasha ku rugero uru n’uru. Erega ubucuruzi nabwo ntabwo aba ari ibintu byoroshye, kugira aho ukodesha, mu gihe ubucuruzi butaragira aho bugera imisoro ikaba iraje. Ni ukuvuga ngo bigera aho ugakora no mu gishoro. Ibyo rero hari ikintu bizafasha.”

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare iheruka, igaragaza ko ubushomeri mu Rwanda buri ku rugero rwa 17.2%, buvuye kuri 24.3% bwariho mu kwezi kwa 11/2022.

Iyi mibare yakusanyijwe muri Gashyantare 2023, yerekana ko nubwo ubushomeri bwagabanutseho 7.1%; iyo ugereranyije n’ukwezi kwa 2/2023 n’igihe nk’icyo cy’umwaka wa 2022, usanga ubushomeri bwariyongereyeho 0.7% kuko icyo gihe bwari kuri 16.5%.

Ubu bushomeri bwiganje mu rubyiruko; kuko bugeze kuri 20.4%, nyamara abarenze icyiciro cy’urubyiruko bashomereye bangana na 15.1%.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 2 =

Previous Post

Impfu zitunguranye za babiri barimo uwishwe n’uwo bakoranaga amuhoye impamvu ibabaje

Next Post

DRCongo yongeye kubeshya amahanga izuba riva ikinyoma cyatumye u Rwanda rutungurwa

Related Posts

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

Abantu 15 barimo abaganga, n’abanyamuryango b’Ikigo cya Gisirikare cy’Ubwishingizi ku Ndwara (MMI), bakuriranyweho kunyereza amafaranga y’iki Kigo, aho batahuwe ubwo...

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

by radiotv10
11/12/2025
0

Umukozi ushinzwe imyirwarire y’abanyeshuri mu ishuri rya Saint Trinité de Ruhango riherereye mu Karere ka Ruhango, yatawe muri yombi n’Urwego...

Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

by radiotv10
11/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwerera, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko abazamuye ibirego by’ibinyoma bivuga ko hari ibisasu byarashwe muri Kamanyola biturutse...

Ibizamini bya Leta: Imitsindire muri ‘O Level’ yasubiye inyuma, muri ‘Primaire’ irazamuka

Hagaragajwe impamvu zituma amashuri y’i Kigali adatsindisha bishimishije mu bizamini bya Leta

by radiotv10
11/12/2025
0

Mu nama nyunguranabitekerezo yahurije hamwe inzego z’uburezi mu Mujyi wa Kigali, haganiriwe ku mpamvu zituma amashuri yo muri uyu Mujyi...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Hemejwe amakuru y’umupolisi w’u Rwanda warashe abantu babiri barimo DASSO nawe agahita yirasa

by radiotv10
10/12/2025
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko Umupolisi wo mu Murenge wa Boneza mu Karere ka Rutsiro, yarashe abantu babiri barimo Umu-DASSO...

IZIHERUKA

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda
MU RWANDA

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

by radiotv10
11/12/2025
0

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

11/12/2025
Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

11/12/2025
Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

Ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze kuri Animateri w’ishuri rimwe ukekwaho gusambanya abanyeshuri babiri baryigamo

11/12/2025
Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

Nyuma yuko abasirikare b’u Burundi butsinzwe na AFC/M23 muri Uvira Igihugu cyabo cyahise gifata icyemezo

11/12/2025
Min.Nduhungirehe yagaye Umunyekongo uzwi ku rwego mpuzamahanga wirengagije iby’ingenzi mu makuru yatangaje

Min.Nduhungirehe yavuze gihamya ibeshyuza ababeshye ko hari bombe zavuye Bugarama zarashwe Kamanyola

11/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
DRCongo yongeye kubeshya amahanga izuba riva ikinyoma cyatumye u Rwanda rutungurwa

DRCongo yongeye kubeshya amahanga izuba riva ikinyoma cyatumye u Rwanda rutungurwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni gute hatahuwe abakurikiranyweho kunyereza amafaranga y’Ikigo cya Gisirikare mu Rwanda

AFC/M23 yapfushije umwe mu bayobozi mu nzego nkuru zayo

Uko byagenze ubwo umuhanzi Lionel Sentore yahuraga n’umubyeyi we baherukanaga mu myaka 13 ishize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.