Friday, April 10, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Impfu zitunguranye za babiri barimo uwishwe n’uwo bakoranaga amuhoye impamvu ibabaje

radiotv10by radiotv10
26/06/2023
in MU RWANDA
0
Impfu zitunguranye za babiri barimo uwishwe n’uwo bakoranaga amuhoye impamvu ibabaje
Share on FacebookShare on Twitter

Mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu, haravugwa impfu z’abantu babiri barimo uw’imyaka 50 wishwe na mugenzi we bakoranaga akazi k’izamu amuhoye kumubaza niba yibye igitoki yamusanganye, na we akaza kuraswa na Polisi.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Bushengo mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Rubavu, aho mu ijoro ryacyeye ahagana saa tanu, umusore w’imyaka 26 yivuganye umusaza w’imyaka 50 bakoranaga akazi ko kurarira urutoki rwo muri aka gace.

Bamwe mu bahaye amakuru RADIOTV10, bavuga ko uyu musore yivuganye uyu musaza w’imyaka 50, ubwo yari avuye mu rugo gufata ifunguro, ahageze asanga hari igitoki batemye, amubaza aho cyavuye kuko yakekaga ko ari icyo bibye, undi aho kumusubiza, amukubita ifuni mu mutwe, ahita yitaba Imana.

Haje kwitabazwa inzego z’umutekano, zaje gufata uyu musore, mu masaaha akuze y’ijoro ryambukiranyaga rashyiraga kuri uyu wa Mbere, ariko Polisi ihageze ashaka kwiruka, ihita imurasa na we agwa aho.

Aya makuru yaje kuba kimomo mu baturage, bazindukiye muri uru rutoki rwiciwemo nyakwigendera, wakubiswe ifuni n’uwo bakoranaga, ndetse n’aharasiwe uyu wamwivuganye, baje kureba ibyabaye.

Ubwo twandikaga iyi nkuru, umurambo w’uyu musaza, wari wajyanywe n’umuryango we ngo uwushyingure, mu gihe uw’uyu musore warashwe na Polisi, wo wajyanywe ku Bitaro bya Gisenyi kugira ngo ukorerwe isuzuma.

Abaturage bari mu gahinda ka mugenzi wabo wishwe na mugenzi we

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − 8 =

Previous Post

Uko byagenze ngo hafatwe umuganga ukekwaho ibidasanzwe byakorewe umubyeyi waje kubyara

Next Post

Hatangiye urundi rugendo rushobora kuzasendereza ibyishimo ku bacuruzi bakanabisaguriraho abaguzi

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

by radiotv10
09/04/2026
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yazamuye mu ntera abofisiye muri Polisi y’u Rwanda, barimo batanu bahawe ipeti rya Commissioner of...

Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

by radiotv10
09/04/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, baturanye n’ishuri ry'Urwunge rw'Amashuri (GS) Sovu, bavuga ko babangamiwe n’umwanda...

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

by radiotv10
09/04/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda n’iya Chad zashyize umukono ku masezerano ashyiraho Komisiyo Ihuriweho ishinzwe imikoranire hagati y’Ibihugu byombi, yitezweho gutuma haterwa...

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

by radiotv10
09/04/2026
0

Tariki ya 9 Mata 1994, nibwo icyo Abafaransa bise «Operation Turquoise» yatangiye mu Rwanda kugera 12 Mata. Igisobanuro cy’iyo operasiyo...

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

IZIHERUKA

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe
IBYAMAMARE

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

by radiotv10
09/04/2026
0

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

09/04/2026
Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hatangiye urundi rugendo rushobora kuzasendereza ibyishimo ku bacuruzi bakanabisaguriraho abaguzi

Hatangiye urundi rugendo rushobora kuzasendereza ibyishimo ku bacuruzi bakanabisaguriraho abaguzi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuhanzi wakanyujijeho mu Rwanda Neg G yasuwe n’uwo bivugwa ko nawe ari umuhanzi apfira iwe

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.