Nyuma yuko hari amakuru atangajwe ko abasirikare b’u Bufaransa bagaragaye i Kisangani havugwaho kuba hari ikigo gikomeye cya FARDC iteguriramo ibitero bigabwa kuri AFC/M23, Ambasade y’u Bufaransa yasobanuye ko bariya basirikare bari muri Congo mu bufatanye mu bya gisirikare busanzwe hagati y’iki Gihugu na DRC.
Amafoto amaze iminsi agaragara ku mbuga nkoranyambaga, yerekana abasirikare b’u Bufaransa, bari mu mujyi rwagati mu baturage, aho bamwe mu bagize icyo bayavugaho, bavugaga ko bagiye i Kisangani kandi havugwaho gutegurirwa ibitero FARDC igaba kuri AFC/M23.
Umunyamakuru Steve Wembi ukora inkuru zicukumbuye zibanda ku bijyanye n’iby’intamba n’igisirikare, mu butumwa buherekeje aya mafoto yanyujije ku rubuga nkoranyambaga rwa X, yavuze ko hari hihamya ko abo basirikare b’Abafaransa bari i Kisangani.
Ambasade y’u Bufaransa yashyize hanze itangazo, ivuga ko kuba bariya basirikare bagaragaye hariya ntaho bihuriye n’imikoranire yabo na FARDC mu rugamba ihanganyemo na AFC/M23.
Mu butumwa iyi Ambasade yatanze, yavuze ko “amashusho yasakajwe” ntaho ahuriye n’ibyavuzwe kuri bariya basirikare. Iti “Kuba hariya, ni igisubizo cy’ubusabe bw’ubuyobozi bwa Congo.”
Ambasaderi w’u Bufaransa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Rémi Maréchaux yavuze ko Congo isanzwe ifitanye imirakoranire mu bya gisirikare n’Ibihugu bitatu; kandi yose ituma hari “abasirikare baza bagatanga amabwiriza cyangwa amahugurwa mu bijyanye na tekiniki, bikorerwa ku butaka bwa Congo.”
Yavuze ko ibyo Bihugu birimo u Bufaransa, u Bubiligi ndetse n’u Bushinwa. Ati “Rero u Bufaransa bufite abasirikare bo hejuru umunani bakora mu bijyanye no gutanga imyitozo muri Congo.”
Yavuze ko abo basirikare batanga amahugurwa mu mashuri ya gisirikare anyuranye arimo Ecole de guerre de Kinshasa, Ecole d’Etat Major ndetse no mu buyobozi bw’amashuri yihariye ya gisirikare.
Avuga ko abo basirikare bakora mu bijyanye n’imyitozo ihabwa abasirikare ba FARDC. Ati “Biri mu buryo bubiri, hari abofisiye bajya guhabwa amahugurwa mu Bufaransa ndetse vuba aha hari Umunyekongo uherutse kurangiza imyitozo muri Saint-Cyr wagarutse muri Congo, hakaba n’uburyo dutanga amahugurwa muri Congo muri Ecole de guerre de Kinshasa ahogishirizwa Abakoroneri benda kuba abajenenerali.”
Ambasaderi w’u Bufaransa i Kinshasa, Rémi Maréchaux yavuze ko u Bufaransa busanzwe bufitanye imikorane na Minisiteri y’Ingabo ya DRC
RADIOTV10









