Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi

radiotv10by radiotv10
13/01/2023
in MU RWANDA
0
Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka 11 wazize impanuka y’imodoka yari imujyanye we na bagenzi be ku ishuri bigaho ku munsi wa mbere w’igihembwe cya kabiri, yasezeweho bwa nyuma mu muhango wanitabiriwe n’abo biganaga, ahatangiwe ubutumwa bw’uburyo yarangwaga no gufasha bagenzi be mu masomo.

Uyu muhango wo gushyingura uyu mwana witwa Ken Irakoze Mugabo, wabaye nyuma y’iminsi itatu yitabye Imana kuko yatabarutse ku wa Mbere nyuma yo kujyanwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK.

Ken Irakoze Mugabo yakomerekeye mu mpanuka y’iriya modoka hamwe na bagenzi be 24 bari muri iriya modoka yari ibajyanye ku Ishuri ryitwa Path to Succes Internation School.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Mutarama 2023, nyakwigendera yashyinguwe mu irimbi rya Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Umuhango wo kumusezeraho watangiriye mu rugo rw’ababyeyi be mu Murenge wa Kagarama mu Karere ka Kicukiro, nyuma banajya kumusabira mu rusengero rwa ADEPR-Remera.

Umuryango w’uyu mwana uvuga ko yari umuhanga kuko yari yabaye uwa gatanu mu gihembwe cya mbere, akaba yubahaga abarimu ndetse n’abandi bose, akaba yari na shefu w’ishuri yigagamo.

Gad Niyombugabo, Se wa nyakwigendera, yagize ati “Yahaga agaciro buri kimwe cyose yakoraga nk’umukoro wo mu rugo. Dukurikije umuhate twamubonanaga, twabonaga yarashoboraga kuzaba umuntu ukomeye.”

Umuyobozi w’ishuri rya Path to Success, Rev. Gaby Opare, yavuze ko nyakwigendera Ken yari umunyeshuri w’umuhanga wari mu nzira zo kugera ku ntego nk’uko izina ry’ishuri yigagamo ribivuga (path to success).

Yagize ati “Yari umwe mu banyeshuri ba mbere tugendeye ku manota ye ndetse akabanira neza bagenzi be bose.”
Uyu muyobozi w’ishuri ryigagaho nyakwigendera, yavuze ko azibukirwa ku buryo yabaniraga bagenzi be akabafasha mu masomo yabo kugira ngo na bo baze mu myanya myiza.

Yavuze ko urupfu rwe atari igihombo kuri iri shuri no ku muryango we gusa, ahubwo no ku Gihugu, kuko yari umujyambere wari kuzagirira akamaro u Rwanda.

Ababyeyi b’uyu mwana bashenguwe n’urupfu rwe
Habaye isengesho ryo kumusabira
Abanyeshuri biga ku kigo yigagaho baje kumuherekeza

Photos/The New Times

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − two =

Previous Post

DRC: Uko byagendekeye abanyeshuri bo muri kaminuza yagabwemo igitero n’abaje babamishamo amasasu

Next Post

RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye

Related Posts

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame; na we yageze i Washington D.C. muri Leta Zunze Ubumwe za America, yitabiriye isinywa ry'amasezerano...

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

by radiotv10
03/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko mbere yuko akorana na General (Rtd) James Kabarebe hari byinshi byiza...

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

by radiotv10
03/12/2025
0

Abapolisi 74 ba Polisi y'u Rwanda barimo babiri bafite ipeti rya ACP, nka ACP Sam Rumanzi na ACP Francis Muheto...

Hatanzwe umucyo ku cyateye ibura ry’amashanyarazi ryageze hafi mu Rwanda hose

Hategujwe ibura ry’umuriro mu bice bimwe byo muri Kigali mu gihe cy’amasaha atatu

by radiotv10
03/12/2025
0

Sosiyete y'u Rwanda ishinzwe Ingufu (REG), yatangaje ko mu bice bimwe by'Imirenge ya Kacyiru na Kinyinya mu Karere ka Gasabo,...

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

Hatangajwe amagambo y’ingengabitekerezo yavuzwe n’uyikurikiranyweho wanigeze kuvuga andi nkayo mu cyunamo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, ari mu maboko ya RIB akurikiranyweho ingengabitekerezo ya...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

by radiotv10
03/12/2025
0

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

03/12/2025
ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

03/12/2025
Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

Kurasana hagati y’igisirikare cya Congo n’icya Uganda kwasize uruhande rumwe rupfushije abasirikare bamwe

03/12/2025
Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

Min.Nduhungirehe yavuze ibyo yamenye kuri Gen.(Rtd) Kabarebe atari amuziho mbere yuko bakorana

03/12/2025
Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

Amakuru mashya: Abapolisi b’u Rwanda 74 barimo babiri bo ku rwego rwo hejuru bashyizwe mu kiruhuko

03/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye

RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame na we yageze muri America gusinya amasezerano hagati y’u Rwanda na Congo

Umuhanzi Yampano umaze iminsi agarukwaho biravugwa ko atari kubarizwa mu Rwanda

ADEPR yashyize hanze umucyo ku byavugwaga ko yanze gusezeranya umuririmbyi Vestine

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.