Sunday, December 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi

radiotv10by radiotv10
13/01/2023
in MU RWANDA
0
Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka 11 wazize impanuka y’imodoka yari imujyanye we na bagenzi be ku ishuri bigaho ku munsi wa mbere w’igihembwe cya kabiri, yasezeweho bwa nyuma mu muhango wanitabiriwe n’abo biganaga, ahatangiwe ubutumwa bw’uburyo yarangwaga no gufasha bagenzi be mu masomo.

Uyu muhango wo gushyingura uyu mwana witwa Ken Irakoze Mugabo, wabaye nyuma y’iminsi itatu yitabye Imana kuko yatabarutse ku wa Mbere nyuma yo kujyanwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK.

Ken Irakoze Mugabo yakomerekeye mu mpanuka y’iriya modoka hamwe na bagenzi be 24 bari muri iriya modoka yari ibajyanye ku Ishuri ryitwa Path to Succes Internation School.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Mutarama 2023, nyakwigendera yashyinguwe mu irimbi rya Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Umuhango wo kumusezeraho watangiriye mu rugo rw’ababyeyi be mu Murenge wa Kagarama mu Karere ka Kicukiro, nyuma banajya kumusabira mu rusengero rwa ADEPR-Remera.

Umuryango w’uyu mwana uvuga ko yari umuhanga kuko yari yabaye uwa gatanu mu gihembwe cya mbere, akaba yubahaga abarimu ndetse n’abandi bose, akaba yari na shefu w’ishuri yigagamo.

Gad Niyombugabo, Se wa nyakwigendera, yagize ati “Yahaga agaciro buri kimwe cyose yakoraga nk’umukoro wo mu rugo. Dukurikije umuhate twamubonanaga, twabonaga yarashoboraga kuzaba umuntu ukomeye.”

Umuyobozi w’ishuri rya Path to Success, Rev. Gaby Opare, yavuze ko nyakwigendera Ken yari umunyeshuri w’umuhanga wari mu nzira zo kugera ku ntego nk’uko izina ry’ishuri yigagamo ribivuga (path to success).

Yagize ati “Yari umwe mu banyeshuri ba mbere tugendeye ku manota ye ndetse akabanira neza bagenzi be bose.”
Uyu muyobozi w’ishuri ryigagaho nyakwigendera, yavuze ko azibukirwa ku buryo yabaniraga bagenzi be akabafasha mu masomo yabo kugira ngo na bo baze mu myanya myiza.

Yavuze ko urupfu rwe atari igihombo kuri iri shuri no ku muryango we gusa, ahubwo no ku Gihugu, kuko yari umujyambere wari kuzagirira akamaro u Rwanda.

Ababyeyi b’uyu mwana bashenguwe n’urupfu rwe
Habaye isengesho ryo kumusabira
Abanyeshuri biga ku kigo yigagaho baje kumuherekeza

Photos/The New Times

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 + thirteen =

Previous Post

DRC: Uko byagendekeye abanyeshuri bo muri kaminuza yagabwemo igitero n’abaje babamishamo amasasu

Next Post

RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye

Related Posts

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

by radiotv10
20/12/2025
0

Bamwe mu barema isoko ry’amatungo magufi ryo mu Murenge wa Kabarondo, bavuga ko babangamirwa n’uko ritazitiye, bigatuma amatungo yangiza ubusitani...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

by radiotv10
20/12/2025
0

Rwanda’s Minister of Foreign Affairs and International Cooperation, Amb. Olivier Nduhungirehe, held talks with his Russian counterpart, Sergey Lavrov, focusing...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
20/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
20/12/2025
1

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 decides to withdraw from Uvira City after holding it for a few days
AMAHANGA

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

by radiotv10
20/12/2025
0

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

20/12/2025
Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

20/12/2025
Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Eng.-Rwanda and Russia review growing Bilateral Cooperation, discuss Eastern DRC peace efforts

20/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

20/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

20/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye

RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yavuze ikiyiteye impungenge gifitanye isano n’icyemezo cy’u Burundi

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Imiterere y’isoko ry’amatungo ryegereye ahakorera inzego za Leta zirimo urw’umutekano ikomeje kubashyira mu bibazo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.