Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi

radiotv10by radiotv10
13/01/2023
in MU RWANDA
0
Hatanzwe ubutumwa bukora ku mutima mu gusezera ku mwana washenguye benshi
Share on FacebookShare on Twitter

Umwana w’imyaka 11 wazize impanuka y’imodoka yari imujyanye we na bagenzi be ku ishuri bigaho ku munsi wa mbere w’igihembwe cya kabiri, yasezeweho bwa nyuma mu muhango wanitabiriwe n’abo biganaga, ahatangiwe ubutumwa bw’uburyo yarangwaga no gufasha bagenzi be mu masomo.

Uyu muhango wo gushyingura uyu mwana witwa Ken Irakoze Mugabo, wabaye nyuma y’iminsi itatu yitabye Imana kuko yatabarutse ku wa Mbere nyuma yo kujyanwa mu Bitaro Bikuru bya Kaminuza bya Kigali CHUK.

Ken Irakoze Mugabo yakomerekeye mu mpanuka y’iriya modoka hamwe na bagenzi be 24 bari muri iriya modoka yari ibajyanye ku Ishuri ryitwa Path to Succes Internation School.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 13 Mutarama 2023, nyakwigendera yashyinguwe mu irimbi rya Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali.

Umuhango wo kumusezeraho watangiriye mu rugo rw’ababyeyi be mu Murenge wa Kagarama mu Karere ka Kicukiro, nyuma banajya kumusabira mu rusengero rwa ADEPR-Remera.

Umuryango w’uyu mwana uvuga ko yari umuhanga kuko yari yabaye uwa gatanu mu gihembwe cya mbere, akaba yubahaga abarimu ndetse n’abandi bose, akaba yari na shefu w’ishuri yigagamo.

Gad Niyombugabo, Se wa nyakwigendera, yagize ati “Yahaga agaciro buri kimwe cyose yakoraga nk’umukoro wo mu rugo. Dukurikije umuhate twamubonanaga, twabonaga yarashoboraga kuzaba umuntu ukomeye.”

Umuyobozi w’ishuri rya Path to Success, Rev. Gaby Opare, yavuze ko nyakwigendera Ken yari umunyeshuri w’umuhanga wari mu nzira zo kugera ku ntego nk’uko izina ry’ishuri yigagamo ribivuga (path to success).

Yagize ati “Yari umwe mu banyeshuri ba mbere tugendeye ku manota ye ndetse akabanira neza bagenzi be bose.”
Uyu muyobozi w’ishuri ryigagaho nyakwigendera, yavuze ko azibukirwa ku buryo yabaniraga bagenzi be akabafasha mu masomo yabo kugira ngo na bo baze mu myanya myiza.

Yavuze ko urupfu rwe atari igihombo kuri iri shuri no ku muryango we gusa, ahubwo no ku Gihugu, kuko yari umujyambere wari kuzagirira akamaro u Rwanda.

Ababyeyi b’uyu mwana bashenguwe n’urupfu rwe
Habaye isengesho ryo kumusabira
Abanyeshuri biga ku kigo yigagaho baje kumuherekeza

Photos/The New Times

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − four =

Previous Post

DRC: Uko byagendekeye abanyeshuri bo muri kaminuza yagabwemo igitero n’abaje babamishamo amasasu

Next Post

RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye

Related Posts

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

Icyo Umuvugizi wa RIB yasubije uwamubajije niba kugurira agafanta Umugenzacyaha byemewe

by radiotv10
03/01/2026
0

Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yavuze ko umuntu wagira icyo agurira umukozi w’uru Rwego amushimira serivisi...

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

Ibyo wamenya ku ndwara yongewe mu zitangirwa urukingo ku bana bakivuka mu Rwanda

by radiotv10
03/01/2026
0

Inzego z’ubuzima mu Rwanda ziratangaza ko hatangijwe gahunda yo gutanga urukingo rw’indwara y’Umwijima wo mu bwoko bwa B rwiyongereye mu...

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

Let’s Talk About Abortion: A Simple Debate

by radiotv10
03/01/2026
0

Abortion is a topic that often makes people feel strongly, and it can be hard to talk about. Today, let’s...

IZIHERUKA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement
AMAHANGA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye

RDF yungutse abasirikare barenga 100 bazobereye mu bumenyi bwihariye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.