Monday, December 22, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku bitwikiriye amatora azaba mu Rwanda bagashishikariza abantu gusaba akazi

radiotv10by radiotv10
04/06/2024
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku bitwikiriye amatora azaba mu Rwanda bagashishikariza abantu gusaba akazi
Share on FacebookShare on Twitter

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora yanyomoje amakuru yavugaga ko hari urubuga ruri kwifashishwa mu kwinjiza abantu mu kazi bazakoreshwa mu matora ya Perezida wa Repubulika n’ay’Abadepite azaba mu kwezi gutaha.

Ubutumwa bwatanzwe na Komisiyo y’Igihugu y’Amatora mu gitondo cyo kuru uyu wa Kabiri tariki 04 Kamena 2024, bwamagana uru rubuga rwitiriwe iyi Komisiyo.

Komisiyo y’Igihugu y’amatora, ivuga ko “iburira Abanyarwanda ko hari ubutumwa bw’ikinyoma burimo gukwirakwizwa ku mbuga nkoranyambaga buvuga ko hafunguwe portal isaba kwinjiza abakozi ba Ad hoc mu matora ateganijwe 2024. Ntimusure urwo rubuga. Ni ikinyoma.”

Abakoze uru rubuga, barugaragaje nk’urwa Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, ndetse bakoresha n’amazina yayo, aho barwise nec.gov.rw, bavuga ko ari rwo abantu banyuraho biyandikisha kugira ngo bazahabwe akazi ko kuba bamwe mu bakozi bazifashishwa muri aya matora ateganyijwe mu kwezi gutaha.

Ubu buriganya buje nyuma y’uko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora irangije igikorwa cyo kwakira abifuza kuzaba abakandida bazahatana mu matora y’Umukuru w’Igihugu ndetse n’abazahatanira imyanya mu Nteko Ishinga Amategeko.

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora, iherutse gutangaza ko kuri iyi nshuryo ari bwo hakiriwe abantu benshi bifuza kuba Abakandida, aho ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, hakiriwe kandidatire icyenda, zirimo z’abakandida bigenga barindwi ndetse na babiri batanzwe n’Imitwe ya Politiki, irimo Umuryango RPF-Inkotanyi watanze Perezida Paul Kagame nk’umukandida.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 4 =

Previous Post

Afurika y’Epfo: Hatangajwe umubare w’abahitanywe n’imyuzure yari ifite ubukana

Next Post

Amakuru arambuye ku mugabo n’umugore we b’Abanyarwanda batawe muri yombi muri Uganda

Related Posts

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

Hari gushakishwa abasore babiri muri batatu biraye mu ishuri ryo mu Murenge wa Gikundamvura mu Karere ka Rusizi, bahengereye abanyeshuri...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

by radiotv10
22/12/2025
0

Umuhungu w’imyaka 28 usanzwe ari umukozi wo mu rugo ruherereyeye mu Murenge wa Gahanga mu Karere ka Kicukiro, ari gushakishwa...

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

by radiotv10
22/12/2025
0

Kwizera Elias w’imyaka 25 wabarizwaga mu kagari ka Kingwa ko mu murenge wa Gitambi yasanzwe mu mazi y’amashyuza mu kagari...

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

How young Rwandans build modern careers while staying connected to culture and community

by radiotv10
22/12/2025
0

In today’s Rwanda, a new generation is quietly redefining success. Young people are dreaming bigger than ever, building careers in...

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

Habaye ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burusiya

by radiotv10
20/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yagiranye ibiganiro na mugenzi we w’u Burusiya, Sergey Lavrov, byibanze ku guteza imbere...

IZIHERUKA

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri
MU RWANDA

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

by radiotv10
22/12/2025
0

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

22/12/2025
Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

22/12/2025
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Hari urujijo ku mukozi wo mu rugo w’umuhungu ukekwaho kwica uw’umukobwa bakoranaga muri Kigali

22/12/2025
Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

Rusizi: Uwavuye mu rugo agiye kugura inyama yasanzwe mu mashyuza yapfuye

22/12/2025
Hashyizwe hanze umubare w’abasirikare b’u Burundi bapfiriye muri Congo mu mezi abiri gusa

AFC/M23 yashyize hanze ubuhamya bw’Abanyekongo bari guhohoterwa bikabije n’Igisirikare cy’u Burundi

22/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Amakuru mashya ku bayobozi bakomeye ba Nyanza na Gisagara bari baherutse gufungurwa

Amakuru arambuye ku mugabo n’umugore we b’Abanyarwanda batawe muri yombi muri Uganda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hari gushakishwa abasore bateye ishuri bagenzwa no kwiba ibiryo by’abanyeshuri

I Goma muri Congo haramukiye imyigaragambyo ikomeye

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.