Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko hari undi munyeshuri wa Kaminuza i Huye wakuyemo inda

radiotv10by radiotv10
06/12/2023
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku byavugwaga ko hari undi munyeshuri wa Kaminuza i Huye wakuyemo inda
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’uko bivuzwe ko muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, hari undi mukobwa wakuyemo inda akurikiye undi wayikuyemo mu minsi micye ishize, iyi kaminuza yabihakanye, isobanura icyatumye bikekwa.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Ukuboza 2023, muri iri shami rya Kaminuza y’u Rwanda rya Huye, habaye igikorwa mu nyubako izwi nka KOICA, cyatumye hakekwa ko hari undi mukobwa wakuyemo inda.

Ibyo bikorwa, birimo gusohora mu buryo butunguranye abanyeshuri b’abahungu barimo bigira muri iyi nyubako, ku mpamvu batasobanuriwe, bamara umwanya ntawemerewe kuhinjira, ubundi hakurikiraho igikorwa cyo kuhakora amasuku.

Ibi byatumye hakekwa ko hari undi mukobwa wakuyemo inda, nyuma y’iminsi micye hari undi uyikuyemo, wabikoze mu cyumweru gishize akajugunya uruhinja mu gakangara kamwe gashyirwamo imyanda mu macumbi y’abakobwa y’inzu izwi nka Benghazi.

Kuri iyi nshuro bwo, ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda bwahakanye aya makuru yavugaga ko hari undi wakuyemo inda, buvuga ko ntawundi wakuyemo inda, bunasobanura ibyabaye.

Kabagambe Ignatius, Umuvugizi w’iyi Kaminuza yabwiye Ikinyamakuru Igihe ati “Yari arwaye mu nda gusa. Ni uko byari byavuzwe, nyuma basanga ari uburwayi bwo mu nda.”

Ni mu gihe bamwe mu bari ahabereye iki gikorwa, bo bavuga ko hari undi mukobwa wakuyemo inda, gusa bakavuga ko ubuyobozi bw’iyi Kaminuza, ndetse n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, babigize ubwiru cyane.

Umwe wavugaga ko byakozwe n’umwana w’umukobwa wakuyemo inda “akabiroha mu bwiherero. Njye nabonye amaraso ava imbere y’ubwiherero.”

Ubwo abanyeshuri b’abahungu basohorwaga muri iyo nyubako mu buryo bw’igitaraganya, hari umwe wahise ahamagara itangazamakuru, arisaba kuza kubikurikirana, gusa abanyamakuru bahageze, bose babanje kwimwa amakuru y’impamo y’ibyari bimaze kuba.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 11 =

Previous Post

Perezida w’Ikipe yo mu Rwanda yatawe muri yombi akurikiranyweho ibivugwamo miliyoni 160Frw

Next Post

Inkuru itanga icyizere muri Rayon igarutse mu kibuga imwenyura

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Inkuru itanga icyizere muri Rayon igarutse mu kibuga imwenyura

Inkuru itanga icyizere muri Rayon igarutse mu kibuga imwenyura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.