Monday, March 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

radiotv10by radiotv10
16/03/2026
in MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Equity Bank Rwanda, bwatangaje ko bwamenye amakuru y’ibikorwa by’uburiganya bwageragejwe gukorwa muri sisitemu y’iyi banki ubwo habagaho ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga, ariko ko hahise hafatwa ingamba zihuse, ndetse hakaba hatangiye iperereza.

Bikubiye mu itangazo ryashyizwe hanze n’ubuyobozi bwa Equity Bank Rwanda, bwagize buti “Sisitemu zacu zo kugenzura ibikorwa zabonye ibikorwa by’ihererekanya ry’amafaranga bidasanzwe, maze hahita hatangizwa ingamba z’umutekano n’uburyo bwo gukemura ibibazo hakurikijwe amabwiriza y’imikorere n’imicungire.”

Bukomeza buvuga ko nyuma yuko ibi bigaragaye, hafashwe ingamba zihuse zo guhagarika icyo kibazo, banki igakorana bya hafi n’inzego zibishinzwe, kugira ngo zibikurikirane.

Buti “Binyuze muri izi gamba, igice kinini cy’amafaranga yari yibasiwe cyashoboye kugaruzwa mu gihe kitarenze amasaha 24 kuva icyo gikorwa kibaye. Iperereza riracyakomeje, aho riri gukorwa ku bufatanye n’inzego z’umutekano n’inzego zigenzura imikorere y’inzego z’imari, zirimo na Banki Nkuru yu Rwanda.”

Iyi banki kandi yaboneyeho guhumuriza abakiliya n’abafatanyabikorwa bayo ivuga ko amafaranga y’abakiriya, n’amakonti yabo bikomeje kurindwa neza, kandi ibikorwa bya banki bikomeje nk’ibisanzwe.

Ubuyobozi bwayo buti “Nta mafaranga y’abakiriya yigeze abura. Equity Bank Rwanda ifite ihame ryo kutihanganira na gato ibyaha by’imari, kandi ikomeje gushimangira ibikorwa by’umutekano mu ikoranabuhanga, kubaka sisitemu zo gukurikirana hererekanya ry’amafaranga, ndetse n’ubugenzuzi bw’imbere mu rwego rwo kurinda umutungo w abakiriya no gukomeza kubahiriza amahame yo hejuru mu mutekano w’imari.”

Hari amakuru avuga kandi ko abantu 35 batawe muri yombi bakurikiranyweho uburiganya bw’amafaranga arenga miliyarli 85 Frw yibwe iyi Banki ya Equity hakoreshejwe ikoranabuhanga ryo kohererezanya kuri telefone.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 × 2 =

Previous Post

Emery Bayisenge na Mugisha Didier ba Rayon ntibazagaragara mu mikino ya Al-Merriekh na Police FC

Related Posts

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

by radiotv10
14/03/2026
0

Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango, bavuga ko bamaze imyaka myinshi bategereje ibyangombwa by’ubutaka...

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

by radiotv10
14/03/2026
0

Bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri bavuga ko gahunda yo kugaburira abana ku ishuri ari ingirakamaro cyane kuko yagize uruhare rukomeye...

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

Parents, Don’t Wait: Talk to Your Children About Body Changes

by radiotv10
14/03/2026
0

As children grow, their bodies naturally go through many changes. These changes can sometimes confuse or even scare them if...

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

RCS yavuze ku mugororwa washatse gutoroka abanje kujya mu bwiherero bw’Urukiko i Kigali

by radiotv10
13/03/2026
0

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Igorora RCS, rwemeje ko umugororwa wari wajyanywe ku Rukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge ruherereye i Nyamirambo, yashatse gutoroka...

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

Abarundi batahutse bavuye mu Rwanda bari bamazemo imyaka 10 barusigiye ubutumwa bwo kurushimira

by radiotv10
13/03/2026
0

Abarundi batahutse mu Gihugu cyabo bavuye mu Rwanda bahungiyemo mu myaka irenga 10 ishize, bavuga ko iki Gihugu cyabakiriye neza,...

IZIHERUKA

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity
MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

by radiotv10
16/03/2026
0

Emery Bayisenge na Mugisha Didier ba Rayon ntibazagaragara mu mikino ya Al-Merriekh na Police FC

Emery Bayisenge na Mugisha Didier ba Rayon ntibazagaragara mu mikino ya Al-Merriekh na Police FC

15/03/2026
Volleyball: Ibyo wamenya ku mikino ya kamarampaka yatangiranye ugutungurana

Volleyball: Ibyo wamenya ku mikino ya kamarampaka yatangiranye ugutungurana

15/03/2026
Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

Bamaze igihe mu gihirahiro ku byangombwa bemerewe cyera ariko imyaka igashira indi igataha

14/03/2026
Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

Umukinnyi mpuzamahanga Tchouaméni yatanze umucyo ku byavugwaga ko umukunzi we yamuteye agahinda

14/03/2026
Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

Amajyepfo: Gahunda yo kugaburira abana ku ishuri bose barayivuga imyato ariko bakavuga ibitaranoga

14/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatanzwe umucyo ku ihererekanya ridasanzwe ry’amafaranga ryagaragaye muri sisitemu ya Banki ya Equity

Emery Bayisenge na Mugisha Didier ba Rayon ntibazagaragara mu mikino ya Al-Merriekh na Police FC

Volleyball: Ibyo wamenya ku mikino ya kamarampaka yatangiranye ugutungurana

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.