Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umucyo ku kizakoreshwa amafaranga y’abantu bitanze ngo azafashe abagizweho ingaruka n’ibiza

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku kizakoreshwa amafaranga y’abantu bitanze ngo azafashe abagizweho ingaruka n’ibiza
Share on FacebookShare on Twitter
  • Amafaranga yo gutunga abacumbikiwe ku munsi ngo ni miliyoni 100 Frw
  • Kububakira byo bizatwara miliyari 30 Frw

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko muri gahunda yashyizweho yo gukusanya inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’ibiza, hatanzwe miliyoni 800 Frw, yifashishwa mu kubatunga, dore ko ngo nibura ku munsi bisaba miliyoni 100 Frw.

Byatangajwe na Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Marie Solange Kayisire mu kiganiro cyahuje bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki 01 Kamena 2023.

Ukwezi kuruzuye bamwe mu baturage bo mu Turere tumwe tw’Intara y’Iburengerazuba barara muri site bacumbikiwemo nyuma yo gusenyerwa n’ibiza byatewe n’imvura idasanzwe yaguye ku mu ijoro ryo ku ya 02 rishyira ku ya 03 Gicurasi 2023.

Abasigiwe ibikomere ku mubiri n’ibi biza bahawe ubuvuzi ku buntu, bamwe baracyize barataha ndetse hari icyizere ko n’abakiri kwa muganga bazakira.

Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazo, Marie Solange Kayisire avuga ko hakiri gushakwa ubushobozi bwo kubakira iyi miryango yasenyewe n’ibi biza, ku buryo ubu ikiri gushyirwamo imbaraga cyane ari uburyo bwo kubitaho aho bacumbikiwe.

Nyuma yuko biriya biza biteye, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho uburyo abantu ku giti cyabo ndetse n’ibigo, bakwitanga, kugira ngo hakusanywe inkunga yo gufasha aba baturage, aho hatanzwe miliyoni 800 Frw.

Agaruka ku cyakoreshejwe aya mafaranga, Kayisire yagize ati “Ariya mafaranga abaturage n’ibigo by’ubucuruzi batanze, adufasha kwita ku mibereho ya buri munsi y’aba baturage. Icyo nababwira ni uko amafaranga yagenewe kubatunga atari macye, ni amafaranga arenze miliyoni ijana ku munsi, ku buryo ariya miliyoni magana inani ushobora gusanga ari nk’icyumweru kimwe, ahubwo akenewe ni menshi.”

Yakomeje agira ati “Urebye nk’ayo kubakira abaturage asaga miliyari mirongo itatu z’amafaranga y’u Rwanda, urumva ntabwo wayakura mu baturage. Ni yo mpamvu navuze ngo Leta izashaka ingengo y’imari nk’uko isanzwe iyishaka.”

Kayisire Marie Solange avuga ko aba baturage bakomeje kwitabwaho hashingiwe ku byiciro barimo, ndetse ngo n’isuku ikomeje kwitabwaho kugira ngo ibyorezo bitabasanga aho bacumbikiwe.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana yagarutse ku gace kashegeshwe cyane na biriya biza nk’abaturiye umugezi wa Sebeya mu Karere ka Rubavu, avuga ko batazahasubira.

Yagize ati “Aho hantu twahashyize n’ikimenyetso kugira ngo hatazagira uvuga ko yayigiyemo atabizi, ibyo twarabikoze mu kibaya cya Sebeya no mu kibaya cya Mukungwa. Ubu muri Rubavu tuhafite amazu 1 059, mu Gihugu hose ni amazu 3 088 agomba kubakwa, ahandi hatari aho ari uyu munsi, gusa hari andi arenga ibihumbi bibiri azakurikiraho mu kindi gihe gitaha.”

Ibi biza bidasanzwe byabaye mu Rwanda bikibasira Intara y’Iburengerazuba, byahitanye ubuzima bw’abantu 131, bashenguye benshi, ndetse Ibihugu binyuranye n’imiryango mpuzamahanga, bakihanganisha u Rwanda ku bw’ibi byago byarugwiririye.

Bamwe mu bagize Guverimoma bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru
Kayisire Mari Solange avuga ko hakenerwa miliyoni 100 Frw zo gutunga bariya baturage

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

3 × four =

Previous Post

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye ubukwe bw’Igikomangoma cya Jordania

Next Post

Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze

Related Posts

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

by radiotv10
24/12/2025
0

Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko ya Repubulika ya Mozambique, yasuye inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mocímboa da Praia,...

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

by radiotv10
23/12/2025
0

Umunyamakuru Gakuru Emmanuel wamenyekanye nka Muzehe Gakuru uri mu bamaze igihe bakora itangazamakuru mu Rwanda, yatawe muri yombi akurikiranyweho gutanga...

IZIHERUKA

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho
IMIBEREHO MYIZA

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

24/12/2025
Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

24/12/2025
Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

24/12/2025
Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Mozambique zongeye gushimirwa akazi k’indashyikirwa zakoze zigira n’icyo zisabwa

24/12/2025
Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

Umunyamakuru uri mu bamaze igihe mu intangazamakuru mu Rwanda yatawe muri yombi

23/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze

Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.