Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umucyo ku kizakoreshwa amafaranga y’abantu bitanze ngo azafashe abagizweho ingaruka n’ibiza

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku kizakoreshwa amafaranga y’abantu bitanze ngo azafashe abagizweho ingaruka n’ibiza
Share on FacebookShare on Twitter
  • Amafaranga yo gutunga abacumbikiwe ku munsi ngo ni miliyoni 100 Frw
  • Kububakira byo bizatwara miliyari 30 Frw

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko muri gahunda yashyizweho yo gukusanya inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’ibiza, hatanzwe miliyoni 800 Frw, yifashishwa mu kubatunga, dore ko ngo nibura ku munsi bisaba miliyoni 100 Frw.

Byatangajwe na Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Marie Solange Kayisire mu kiganiro cyahuje bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki 01 Kamena 2023.

Ukwezi kuruzuye bamwe mu baturage bo mu Turere tumwe tw’Intara y’Iburengerazuba barara muri site bacumbikiwemo nyuma yo gusenyerwa n’ibiza byatewe n’imvura idasanzwe yaguye ku mu ijoro ryo ku ya 02 rishyira ku ya 03 Gicurasi 2023.

Abasigiwe ibikomere ku mubiri n’ibi biza bahawe ubuvuzi ku buntu, bamwe baracyize barataha ndetse hari icyizere ko n’abakiri kwa muganga bazakira.

Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazo, Marie Solange Kayisire avuga ko hakiri gushakwa ubushobozi bwo kubakira iyi miryango yasenyewe n’ibi biza, ku buryo ubu ikiri gushyirwamo imbaraga cyane ari uburyo bwo kubitaho aho bacumbikiwe.

Nyuma yuko biriya biza biteye, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho uburyo abantu ku giti cyabo ndetse n’ibigo, bakwitanga, kugira ngo hakusanywe inkunga yo gufasha aba baturage, aho hatanzwe miliyoni 800 Frw.

Agaruka ku cyakoreshejwe aya mafaranga, Kayisire yagize ati “Ariya mafaranga abaturage n’ibigo by’ubucuruzi batanze, adufasha kwita ku mibereho ya buri munsi y’aba baturage. Icyo nababwira ni uko amafaranga yagenewe kubatunga atari macye, ni amafaranga arenze miliyoni ijana ku munsi, ku buryo ariya miliyoni magana inani ushobora gusanga ari nk’icyumweru kimwe, ahubwo akenewe ni menshi.”

Yakomeje agira ati “Urebye nk’ayo kubakira abaturage asaga miliyari mirongo itatu z’amafaranga y’u Rwanda, urumva ntabwo wayakura mu baturage. Ni yo mpamvu navuze ngo Leta izashaka ingengo y’imari nk’uko isanzwe iyishaka.”

Kayisire Marie Solange avuga ko aba baturage bakomeje kwitabwaho hashingiwe ku byiciro barimo, ndetse ngo n’isuku ikomeje kwitabwaho kugira ngo ibyorezo bitabasanga aho bacumbikiwe.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana yagarutse ku gace kashegeshwe cyane na biriya biza nk’abaturiye umugezi wa Sebeya mu Karere ka Rubavu, avuga ko batazahasubira.

Yagize ati “Aho hantu twahashyize n’ikimenyetso kugira ngo hatazagira uvuga ko yayigiyemo atabizi, ibyo twarabikoze mu kibaya cya Sebeya no mu kibaya cya Mukungwa. Ubu muri Rubavu tuhafite amazu 1 059, mu Gihugu hose ni amazu 3 088 agomba kubakwa, ahandi hatari aho ari uyu munsi, gusa hari andi arenga ibihumbi bibiri azakurikiraho mu kindi gihe gitaha.”

Ibi biza bidasanzwe byabaye mu Rwanda bikibasira Intara y’Iburengerazuba, byahitanye ubuzima bw’abantu 131, bashenguye benshi, ndetse Ibihugu binyuranye n’imiryango mpuzamahanga, bakihanganisha u Rwanda ku bw’ibi byago byarugwiririye.

Bamwe mu bagize Guverimoma bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru
Kayisire Mari Solange avuga ko hakenerwa miliyoni 100 Frw zo gutunga bariya baturage

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × 4 =

Previous Post

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye ubukwe bw’Igikomangoma cya Jordania

Next Post

Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze

Related Posts

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

by radiotv10
28/12/2025
0

Umugabo wagaragaye mu Mujyi wa Kigali afite umuhoro ashaka gutema abantu anamenagura imodoka yasangaga ziparitse, yafashwe, ndetse iperereza rigaragaza ko...

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

by radiotv10
27/12/2025
0

Umugore wari umaze ukwezi ashatse mu murenge wa Muganza yagerageje kwiyahura akoresheje igitenge ubwo umugabo yari amaze kumubwirira mu buriri...

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

by radiotv10
27/12/2025
0

Ginger is a common spice found in many kitchens. In Rwanda and across the world, people use it in tea,...

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Mu busabane bwa Noheli Gianni Infantino, Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Isi (FIFA) yagiranye n’abakiri bato bafite impano muri uyu...

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze

Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.