Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Hatanzwe umucyo ku kizakoreshwa amafaranga y’abantu bitanze ngo azafashe abagizweho ingaruka n’ibiza

radiotv10by radiotv10
02/06/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Hatanzwe umucyo ku kizakoreshwa amafaranga y’abantu bitanze ngo azafashe abagizweho ingaruka n’ibiza
Share on FacebookShare on Twitter
  • Amafaranga yo gutunga abacumbikiwe ku munsi ngo ni miliyoni 100 Frw
  • Kububakira byo bizatwara miliyari 30 Frw

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko muri gahunda yashyizweho yo gukusanya inkunga yo gufasha abagizweho ingaruka n’ibiza, hatanzwe miliyoni 800 Frw, yifashishwa mu kubatunga, dore ko ngo nibura ku munsi bisaba miliyoni 100 Frw.

Byatangajwe na Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Marie Solange Kayisire mu kiganiro cyahuje bamwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda n’itangazamakuru kuri uyu wa Kane tariki 01 Kamena 2023.

Ukwezi kuruzuye bamwe mu baturage bo mu Turere tumwe tw’Intara y’Iburengerazuba barara muri site bacumbikiwemo nyuma yo gusenyerwa n’ibiza byatewe n’imvura idasanzwe yaguye ku mu ijoro ryo ku ya 02 rishyira ku ya 03 Gicurasi 2023.

Abasigiwe ibikomere ku mubiri n’ibi biza bahawe ubuvuzi ku buntu, bamwe baracyize barataha ndetse hari icyizere ko n’abakiri kwa muganga bazakira.

Minisitiri Ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazo, Marie Solange Kayisire avuga ko hakiri gushakwa ubushobozi bwo kubakira iyi miryango yasenyewe n’ibi biza, ku buryo ubu ikiri gushyirwamo imbaraga cyane ari uburyo bwo kubitaho aho bacumbikiwe.

Nyuma yuko biriya biza biteye, Guverinoma y’u Rwanda yashyizeho uburyo abantu ku giti cyabo ndetse n’ibigo, bakwitanga, kugira ngo hakusanywe inkunga yo gufasha aba baturage, aho hatanzwe miliyoni 800 Frw.

Agaruka ku cyakoreshejwe aya mafaranga, Kayisire yagize ati “Ariya mafaranga abaturage n’ibigo by’ubucuruzi batanze, adufasha kwita ku mibereho ya buri munsi y’aba baturage. Icyo nababwira ni uko amafaranga yagenewe kubatunga atari macye, ni amafaranga arenze miliyoni ijana ku munsi, ku buryo ariya miliyoni magana inani ushobora gusanga ari nk’icyumweru kimwe, ahubwo akenewe ni menshi.”

Yakomeje agira ati “Urebye nk’ayo kubakira abaturage asaga miliyari mirongo itatu z’amafaranga y’u Rwanda, urumva ntabwo wayakura mu baturage. Ni yo mpamvu navuze ngo Leta izashaka ingengo y’imari nk’uko isanzwe iyishaka.”

Kayisire Marie Solange avuga ko aba baturage bakomeje kwitabwaho hashingiwe ku byiciro barimo, ndetse ngo n’isuku ikomeje kwitabwaho kugira ngo ibyorezo bitabasanga aho bacumbikiwe.

Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Jean Claude Musabyimana yagarutse ku gace kashegeshwe cyane na biriya biza nk’abaturiye umugezi wa Sebeya mu Karere ka Rubavu, avuga ko batazahasubira.

Yagize ati “Aho hantu twahashyize n’ikimenyetso kugira ngo hatazagira uvuga ko yayigiyemo atabizi, ibyo twarabikoze mu kibaya cya Sebeya no mu kibaya cya Mukungwa. Ubu muri Rubavu tuhafite amazu 1 059, mu Gihugu hose ni amazu 3 088 agomba kubakwa, ahandi hatari aho ari uyu munsi, gusa hari andi arenga ibihumbi bibiri azakurikiraho mu kindi gihe gitaha.”

Ibi biza bidasanzwe byabaye mu Rwanda bikibasira Intara y’Iburengerazuba, byahitanye ubuzima bw’abantu 131, bashenguye benshi, ndetse Ibihugu binyuranye n’imiryango mpuzamahanga, bakihanganisha u Rwanda ku bw’ibi byago byarugwiririye.

Bamwe mu bagize Guverimoma bagiranye ikiganiro n’itangazamakuru
Kayisire Mari Solange avuga ko hakenerwa miliyoni 100 Frw zo gutunga bariya baturage

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

one × four =

Previous Post

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye ubukwe bw’Igikomangoma cya Jordania

Next Post

Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze

Related Posts

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

Nyuma yo kugaragaza ibyari bibahangayikishije ku gikorwa remezo bafatanyije na Leta bagarukanye akanyamuneza

by radiotv10
19/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Murama mu Karere ka Ngoma bari baherutse kugaragaza ikibazo cy'inzu mberabyombi biyubakiye ku bufatanye n'Ubuyobozi...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye Museveni n’Abanya-Uganda nyuma yo kongera kumutora

by radiotv10
19/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni watorewe gukomeza kuyobora iki Gihugu, anamwifuriza we n’Abanya-Uganda ishya...

IZIHERUKA

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze
FOOTBALL

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

by radiotv10
19/01/2026
0

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze

Hahishuwe icyafashije Korali ikomeye mu Rwanda gushikamana igikundiro mu myaka 50 imaze

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hashyizwe hanze itangazo ku byakozwe n’abafana ba APR nyuma y’icyemezo kitabanyuze

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.