Friday, November 21, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatanzwe umucyo ku mpamvu ‘Rayon Day’ itakibereye muri Sitade Amahoro kandi yari yayemerewe

radiotv10by radiotv10
29/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatanzwe umucyo ku mpamvu ‘Rayon Day’ itakibereye muri Sitade Amahoro kandi yari yayemerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Ikipe ya Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yasobanuye birambuye impamvu umunsi mukuru w’iyi kipe uzwi nka ‘Rayon Day’ utakibereye muri Sitade Amahoro kandi yari yayemerewe, anamara impungenge abavugaga ko yayimwe ku bwende, avuga ko impamvu basobanuriwe yumvikana.

Ikipe ya Rayon Sports buri mwaka uko hagiye gutangira umwaka w’imikino, ikora ibirori bizwi nka ‘Rayon Day’, aho ubuyobozi bw’iyi kipe bumurikiramo abakunzi bayo abakinnyi bashya, ndetse ikanakina umukino wa gicuti n’indi kipe.

No muri uyu mwaka, iyi kipe yateguye ibi birori byari kuzabera muri Sitade Amahoro iherutse gufungurwa ku mugaragaro nyuma yo kuvugururwa, ariko nyuma iyi kipe imenyeshwa ko bitashoboka ko ibi birori byayo byabera muri Sitade Amahoro ku matariki yari yatanze.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele mu kiganiro yagiranye n’abakunzi b’iyi kipe, yavuze ko impamvu iyi kipe yahakaniwe ari uko “hari igikorwa kiruta ikindi. Ntabwo byashobotse ko tuyikorera [Rayon Day] muri Sitade Amahoro.”

Uwayezu yakomeje agira ati “Twari twayemerewe ariko haza izindi mpamvu zumvikana, ntako twari kubigenza, ni impamvu twubaha, zifatika zumvikana.”

Yavuze ko bamenyeshejwe ko iyi sitade idashobora kuboneka mbere y’itariki 12 Kanama 2024, mu gihe bo bifuzaga ko Rayon Day iba mu matariki ya mbere kugira ngo itazagongana n’itangira ry’umwaka w’imikino.

Ati “Ndetse n’abayobozi ba Sitade nshya bifuza ko imikino ikomeye yajya ihabera nibura icyo gikorwa kikagira icyo kimara, ndetse hari n’imikino ya Shampiyona bifuza ko yahabera, cyane cyane nk’iyacu n’andi makipe.”

Yongeye ati “Reka mbitangire uko byatangiye, twatse Sitade, kuko na bo bifuzaga ko Rayon Sports ihakinira nk’igikorwa Leta yubatse, ni natwe babona ko dushobora kuhuzuza baranabyifuza, baradusubiza rwose banadutera imbaraga, ariko baravuze ngo hari ibintu tutarizera, hari igikorwa kizaba tutari sure, igikorwa nta nubwo ari ibanga, ni ukurahira kwa Perezida watsinze amatora.”

Yavuze ko nyuma abacunga Sitade Amahoro bamenyesheje ubuyobozi bwa Rayon ko igikorwa bababwiraga ko batazi igihe kizabera, noneho baje kukimenya, bakabasaba ko bazigiza inyuma itariki ikaza nyuma ya 12 Kanama 2024, ariko ko bitari gushoboka.

Uwayezu yavuze ko abakunzi b’iyi kipe badakwiye kugira ikindi babitekerezaho bumva ko yimwe iyi sitade ku bushake, ati “Ni igikorwa cya Leta twese twubaha duhuriyeho, ntabwo ari influence, oya oya…”

Uwayezu uvuga ko ibi bitari gutuma basubika ibi birori, yavuze ko ubuyobozi bw’iyi kipe bwahise bushaka ahandi hazakorerwa ibi birori, aho bizabera muri Kigali Pele Stadium.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five + fourteen =

Previous Post

Volleyball: Uko imikino yafunguye ‘Petit Stade’ ivuguruye yagenze n’amakipe yegukanyemo ibikombe

Next Post

Venezuel: Hamenyekanye ibyavuye mu matora yari ahanganishije Perezida n’utavuga rumwe n’ubutegetsi

Related Posts

Kwinjiza abafana ku buntu ni inyungu ku Mavubi cyangwa ni ukubamenyereza nabi?

Menya umwanya Amavubi yajeho ku Isi ku rutonde ngarukakwezi

by radiotv10
20/11/2025
0

Ikipe y'Igihugu y'u Rwanda mu mupira w'amaguru, Amavubi yagumye ku mwanya wa 131 ku rutonde ngarukakwezi rw'Impuzamashyirahamwe y'Umupira w'Amaguru ku...

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

Iby’ingenzi byaranze itangwa ry’ibihembo by’abahize abandi mu mupira w’amaguru muri Afurika

by radiotv10
20/11/2025
0

Ibihembo by'abahize abandi mu mupira w'Amaguru ku Mugabane wa Afurika (CAF Awards 2025) byaranze n'ubwiganze bw’Abanya-Morocco bigukanyemo byinshi dore ko...

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

23 bahagarariye u Rwanda baratangira gukina Shampiyona Nyafurika y’Amagare

by radiotv10
20/11/2025
0

Mu gihugu cya Kenya haratangira Shampiyona Nyafurika y’umukino w’amagare, aho u Rwanda ruhagarariwe n’abakinnyi 23 bari mu byiciro umunani. Abakinnyi...

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

Abanyamakuru b’ibiganiro bya siporo mu Rwanda bongeye guhabwa umuburo

by radiotv10
18/11/2025
0

Urwego rw’Abanyamakuru Bigenzura RMC rwongeye kwibutsa abanamakuru bakora ibiganiro bya siporo ko ibitangazamakuru bakorera atari imiyoboro yo gutambukirizamo ubutumwa bwo...

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

Bitunguranye inama idasanzwe yari yatumijwe muri Rayon yasubitswe ku mpamvu itazwi

by radiotv10
17/11/2025
0

Umuyobozi w’Urwego rw'Ikirego rw’Umuryango wa Rayon Sports, Paul Muvunyi yatangaje ko Inama y’Inteko Rusange yari yatumije, isubitswe, ikazaba igihe kizatangazwa....

IZIHERUKA

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium
IMYIDAGADURO

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

by radiotv10
21/11/2025
0

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

21/11/2025
Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

21/11/2025
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yakiriye Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar ugendereye u Rwanda

20/11/2025
Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

Eng.-Rwanda National Police begins probe into foreigners seen involved in violence in Kigali

20/11/2025
Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

Icyo polisi y’u Rwanda ivuga ku bandi banyamahanga bagaragaye mu rugomo muri Kigali

20/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Venezuel: Hamenyekanye ibyavuye mu matora yari ahanganishije Perezida n’utavuga rumwe n’ubutegetsi

Venezuel: Hamenyekanye ibyavuye mu matora yari ahanganishije Perezida n’utavuga rumwe n’ubutegetsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho ku mukobwa ufite inkomoko mu Rwanda uri guhatana muri Miss Belgium

Amafoto: Perezida Kagame yagabiye Inka z’Inyambo Umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar wishimiye gusura urwuri rwe

Umwe mu mihanda ihuza Intara ebyiri mu Rwanda uramara amasaha arindwi utari nyabagendwa n’ibinyabiziga

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.