Saturday, January 31, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Hatanzwe umucyo ku mpamvu ‘Rayon Day’ itakibereye muri Sitade Amahoro kandi yari yayemerewe

radiotv10by radiotv10
29/07/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Hatanzwe umucyo ku mpamvu ‘Rayon Day’ itakibereye muri Sitade Amahoro kandi yari yayemerewe
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’Ikipe ya Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele yasobanuye birambuye impamvu umunsi mukuru w’iyi kipe uzwi nka ‘Rayon Day’ utakibereye muri Sitade Amahoro kandi yari yayemerewe, anamara impungenge abavugaga ko yayimwe ku bwende, avuga ko impamvu basobanuriwe yumvikana.

Ikipe ya Rayon Sports buri mwaka uko hagiye gutangira umwaka w’imikino, ikora ibirori bizwi nka ‘Rayon Day’, aho ubuyobozi bw’iyi kipe bumurikiramo abakunzi bayo abakinnyi bashya, ndetse ikanakina umukino wa gicuti n’indi kipe.

No muri uyu mwaka, iyi kipe yateguye ibi birori byari kuzabera muri Sitade Amahoro iherutse gufungurwa ku mugaragaro nyuma yo kuvugururwa, ariko nyuma iyi kipe imenyeshwa ko bitashoboka ko ibi birori byayo byabera muri Sitade Amahoro ku matariki yari yatanze.

Perezida wa Rayon Sports, Uwayezu Jean Fidele mu kiganiro yagiranye n’abakunzi b’iyi kipe, yavuze ko impamvu iyi kipe yahakaniwe ari uko “hari igikorwa kiruta ikindi. Ntabwo byashobotse ko tuyikorera [Rayon Day] muri Sitade Amahoro.”

Uwayezu yakomeje agira ati “Twari twayemerewe ariko haza izindi mpamvu zumvikana, ntako twari kubigenza, ni impamvu twubaha, zifatika zumvikana.”

Yavuze ko bamenyeshejwe ko iyi sitade idashobora kuboneka mbere y’itariki 12 Kanama 2024, mu gihe bo bifuzaga ko Rayon Day iba mu matariki ya mbere kugira ngo itazagongana n’itangira ry’umwaka w’imikino.

Ati “Ndetse n’abayobozi ba Sitade nshya bifuza ko imikino ikomeye yajya ihabera nibura icyo gikorwa kikagira icyo kimara, ndetse hari n’imikino ya Shampiyona bifuza ko yahabera, cyane cyane nk’iyacu n’andi makipe.”

Yongeye ati “Reka mbitangire uko byatangiye, twatse Sitade, kuko na bo bifuzaga ko Rayon Sports ihakinira nk’igikorwa Leta yubatse, ni natwe babona ko dushobora kuhuzuza baranabyifuza, baradusubiza rwose banadutera imbaraga, ariko baravuze ngo hari ibintu tutarizera, hari igikorwa kizaba tutari sure, igikorwa nta nubwo ari ibanga, ni ukurahira kwa Perezida watsinze amatora.”

Yavuze ko nyuma abacunga Sitade Amahoro bamenyesheje ubuyobozi bwa Rayon ko igikorwa bababwiraga ko batazi igihe kizabera, noneho baje kukimenya, bakabasaba ko bazigiza inyuma itariki ikaza nyuma ya 12 Kanama 2024, ariko ko bitari gushoboka.

Uwayezu yavuze ko abakunzi b’iyi kipe badakwiye kugira ikindi babitekerezaho bumva ko yimwe iyi sitade ku bushake, ati “Ni igikorwa cya Leta twese twubaha duhuriyeho, ntabwo ari influence, oya oya…”

Uwayezu uvuga ko ibi bitari gutuma basubika ibi birori, yavuze ko ubuyobozi bw’iyi kipe bwahise bushaka ahandi hazakorerwa ibi birori, aho bizabera muri Kigali Pele Stadium.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six + 11 =

Previous Post

Volleyball: Uko imikino yafunguye ‘Petit Stade’ ivuguruye yagenze n’amakipe yegukanyemo ibikombe

Next Post

Venezuel: Hamenyekanye ibyavuye mu matora yari ahanganishije Perezida n’utavuga rumwe n’ubutegetsi

Related Posts

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

by radiotv10
30/01/2026
0

Nyuma yo guhanishwa na CAF imikino itanu no gucibwa amande angana n’amadolari ibihumbi 100 ($100,000), umutoza w’ikipe y’igihugu ya Senegal,...

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

Amakuru mpamo ku igurwa rya myugariro uhagaze neza mu Rwanda ryagizwe ubwiru n’ikipe ye

by radiotv10
29/01/2026
0

Nubwo Umuyobozi wa APR FC Brig Gen Deo Rusanganwa abihakana, amakuru ava imbere mu ikipe ya Al Hilal aremeza ko...

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

by radiotv10
29/01/2026
0

Impuzamashyihamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika CAF, yatangaje ibihano byafashwe ku mpande zombi kuri Maroc na Senegal, kubera imvururu zabaye ku...

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

by radiotv10
28/01/2026
0

Ikipe ya APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Ubutwari cya 2026 nyuma yo gutsinda As Kigali ibitego 3-0...

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

Amakuru meza muri Rayon yerecyeye umukinnyi uri mu b’ingenzi bayo Bassané

by radiotv10
28/01/2026
0

Nyuma y'iminsi ari mu biruhuko iwabo mu Gihugu cya Cameroun yagiyemo nyuma y'imvune, Aziz Bassané Koulagna yagarutse mu ikipe ye...

IZIHERUKA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye
IMIBEREHO MYIZA

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

by radiotv10
31/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

31/01/2026
RIB yataye muri yombi Perezida w’Urukiko ukurikiranyweho ishimishamubiri rishingiye ku gitsina

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

31/01/2026
Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

Ibigo 17 bya Leta byungutse abafite ubumenyi bwisumbuyeho mu ikusanyamibare ryifashisha AI

31/01/2026
The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

The Power of Storytelling: Podcast Culture Rising in Rwanda

31/01/2026
AMAKURU MASHYA: Hatanzwe iminsi ibiri y’ikuruhuko yikurikiranya mu Rwanda

Hatangajwe Konji rusange mu Rwanda

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Venezuel: Hamenyekanye ibyavuye mu matora yari ahanganishije Perezida n’utavuga rumwe n’ubutegetsi

Venezuel: Hamenyekanye ibyavuye mu matora yari ahanganishije Perezida n’utavuga rumwe n’ubutegetsi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Minisitiri w’Intebe yibibukije igisobanuro cy’Umuganda gikwiye gutuma buri wese yumva ko kuwusiba bidakwiye

Iby’umusore uba muri America ukurikiranyweho kwica agongeye mugenzi we i Kigali bigeze he

Umugabo ukiri muto ukekwaho kwica umugore babanaga yavuze ko yamuhoye kumutuka ‘imbwa’

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.