Monday, January 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatanzwe umucyo ku mugambi Congo yitarukije wo kwakira Abanyarwanda bahamijwe Jenoside babuze Igihugu kibakira

radiotv10by radiotv10
18/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hatanzwe umucyo ku mugambi Congo yitarukije wo kwakira Abanyarwanda bahamijwe Jenoside babuze Igihugu kibakira
Share on FacebookShare on Twitter

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko bitangaje kuba inyandiko ya Perezidansi ya DRC igaruka ku mugambi wo kuba iki Gihugu gishaka kwakira Abanyarwanda batandatu barimo abahamijwe Jenoside bari muri Niger, yitarukijwe n’iki Gihugu.

Ni inyandiko bigaragara ko yanditswe tariki 26 Nyakanga 2024, yashyizweho umukono n’Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Antony Nkinzo Kamole.

Iyi baruwa, yavugaga ko ku bw’amabwiriza ya Perezida wa DRC, Felix Tshisekedi yahaye uburenganzira Ali Illiassou Dicko, kuvuganira Abanyarwanda batandatu bari muri Niger baburanishijwe ku byaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi barimo abarangije ibihano n’abagizwe abere, boherejwe muri iki Gihugu n’Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT).

Iyi nyandiko igaragaza inshingano z’uyu Ali Illiassou Dicko usanzwe afite ubwenegihugu bwa Repubulika ya Centrafrique, zirimo kuba bahabwa uburenganzira bakoherezwa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuhaba bidegembya.

Aba Banyarwanda batandatu birukanywe na Niger ariko bakaba barabuze Igihugu kibakira, ni; Sagahutu Innocent, Nzuwonemeye François Xavier, Mugiraneza Prosper, Nteziryayo Alphonse, Ntagerura André na Zigiranyirazo Protais.

Iyi nyandiko ikomeza igaragaza inshingano z’uyu wazihawe na Perezida Tshisekeri, ivuga ko agomba gukurikirana “inyandiko z’ingenzi zabafasha gukora ingendo ziberecyeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kugira ngo bazakirwe.”

Iyi nyandiko kandi yavugaga ko iki cyemezo gifite agaciro mu gihe cy’amezi atatu, uhereye igihe cyafatiwe.

Ubuyobozi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwigaramye iyi nyandiko yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga, buvuga ko ari impimbano.

Gusa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yamaganye ibi byo kuba DRC yihakanye iyi nyandiko kandi yaravuye mu nzego zibifitiye ububasha muri Congo.

Mu butumwa bwe, Amb. Nduhungirehe yagize ati “Natunguwe no kumva ko Perezidansi ya DRC yise amakuru y’impimbano inyandiko y’impamo.”

Minisitiri Nduhungirehe, avuga ko iyi nyandiko, yari uruhushya rw’Umuyobozi w’Ibiro bya Perezida wa DRC, ndetse ko inafite indi bifitanye isano y’inyandiko mvugo yoherejwe na IRMCT tariki 06 Nzeri 2024, ikohererezwa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Niger ndetse ko n’iy’u Rwanda ikaba ifite Kopi yohererejwe na IRMCT tariki 07 Nzeri 2024 saa 14:54’.

Ati “Niba Guverinoma ya Congo ishaka kwakira no guha kwidegembya no gukorera ingendo muri DRC Abahutu b’Abanyarwanda [ni ko byanditse mu nyandiko y’ubutegetsi bwa Congo] bahoze mu butegetsi bwakoze Jenoside mu 1994, barimo uwahoze ari Capitaine wakomeje kuba mu mitwe yitwaje intwaro, yakagombye kubikora atari mu bwiru.”

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byumwihariko Perezida w’iki Gihugu, Felix Tshisekedi avugwaho kuba amaze igihe akorana n’abarwanya ubutegetsi bw’u Rwanda, abizeza kubafasha mu migambi mibisha yabo yo kubukuraho, ndetse akaba yarigeze kubivuga yatuye ko ashaka gukuraho ubutegetsi bw’iki Gihugu cyuje umutekano n’ituze.

Guverinoma y’u Rwanda ndetse na Perezida Paul Kagame, batakunze gusubiza ku byabaga byatangajwe na Tshisekedi, bavuze ko u Rwanda ari Igihugu kirinzwi bihagije ku buryo uwo ari we wese wahirahira gushaka kugihungabanya, adashobora kubigeraho.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

twenty − 19 =

Previous Post

Kirehe: Bizejwe inkunga yo kwikura mu bukene none batahiye gusinya

Next Post

RIB yagize icyo ivuga kuri bombori bombori zimaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda

Related Posts

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

by radiotv10
19/01/2026
0

Abatuye mu isantere ya Ruguti iri mu kagari ka Kamanu mu murenge wa Nyakabuye bavuga ko bagiye bahubaka inzu babwirwa...

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

Updates on Rwanda’s new Digital ID, set to be issued this year

by radiotv10
19/01/2026
0

The government of Rwanda, through the National Identification Agency (NIDA), has started the mass rollout of the Digital ID (SDID)...

Umweyo wavugije ubuhuha mu Bayobozi n’Abakozi mu Karere ka Karongi uhereye kuri Mayor

Ibikekwa ku mugabo wicanye ubugome umugore bigeze kubana na we akageragezeza kwiyahura

by radiotv10
19/01/2026
0

Umugabo wo mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Karongi ukekwaho kwica akase ijosi umugore we na we akagerageza kwiyahura,...

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

Rubavu: Hari aho umukobwa agera ku myaka 20 bagatangira kumubaza impamvu yagumiwe

by radiotv10
19/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko umukobwa ugejeje ku myaka 20 atarashakwa...

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

Rusizi: Kubura udukingirizo bituma bamwe bishyira mu kaga bagakorera aho

by radiotv10
19/01/2026
0

Mu gihe urubyiruko rukangurirwa kumenya gukoresha agakingirizo neza hagamijwe guhangana n’ubwandu bushya bwiganje muri icyo cyiciro, hari bamwe bo mu...

IZIHERUKA

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo
FOOTBALL

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

by radiotv10
19/01/2026
0

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

19/01/2026
Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

19/01/2026
Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

Rusizi: Amakuru bahawe nyuma yo kwiyubakira isantere bakayiteza imbere yababereye urucantege

19/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Amakuru mashya: Igitaramo cyasize impaka cya The Ben na Bruce Melodie kigiye gukurikirwa n’ibyo bazazengurukamo Igihugu

19/01/2026
Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

Aba-Rayon turababaye ariko dore uko mbibona- Ubutumwa bw’Umu-Rayon w’ukuri

19/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
BREAKING: Herekanywe abakekwaho ubujura buhambaye bw’imodoka zirimo izihenze

RIB yagize icyo ivuga kuri bombori bombori zimaze iminsi ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rayon yagize ibindi byago nyuma y’iminsi micye ipfushije uwari Umuganga wayo

AMAFOTO: Perezida Kagame yari muri Stade mu mukino wasize amateka muri Afurika

Abarwanyi ba AFC/M23 bakimara kuva muri Uvira byuzuye ibintu byahise bidogera

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.