Monday, May 19, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

UPDATE: Hatanzwe umucyo ku ntandaro y’ibibazo bya Interinete ikomeje kugora bamwe

radiotv10by radiotv10
13/05/2024
in MU RWANDA
0
UPDATE: Hatanzwe umucyo ku ntandaro y’ibibazo bya Interinete ikomeje kugora bamwe
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), rwatangaje ko ibibazo bikomeje gutuma interinete igenda buhoro, byatewe n’iyangirika ry’intsinda zinyura mu nyanja.

Kuva kuri iki Cyumweru tariki 12 Gicurasi 2024, abakoresha internet bahuye n’ibibazo byo kuba igenda icikagurika, ndetse ikanyuzamo igahagarara.

Ni ikibazo kandi gihuriweho n’abo mu bindi Bihugu byo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba, nka Kenya, Uganda, Tanzania n’u Burundi.

Sosiyete y’Itumanaho mu Rwanda, MTN Rwanda, kuri iki Cyumweru, yari yagize icyo ivuga kuri iki kibazo, nyuma y’uko hari abari bakomeje kwijujutira uburyo internet yagendaga.

Mu butumwa yari yanyujije ku mbuga nkoranyambaga, MTN Rwanda, yagize iyi “Bakiriya Bacu, turabamenyesha ko hari ikibazo cya tekiniki ku muyoboro wa interineti muri Afurika y’Iburasirazuba.”

MTN Rwanda, yagaragazaga ko intandaro y’iki kibazo atari iyi sosiyete, yari yavuze ko iri gukorana n’ababishinzwe kugira ngo iki kibazo gikemuke vuba, ndetse iboneraho kwisegura ku bakiliya bayo bahuye n’iki kibazo.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, ubuyobozi bwa MTN Rwanda, bwongeye kumenyesha abakiliya bayo ko “ikibazo cya tekiniki ku muyoboro wa interineti muri Afurika y’Iburasirazuba kitaracyemuka. Turacyari kubikurikirana kugira ngo muhabwe serivisi za interineti nk’uko bisanzwe.”

Zimwe muri Sosiyete z’Itumanaho mu Bihugu byo mu karere, na zo ziseguye ku balikiya bazo ku bw’iki kibazo cya internet itari kugenda neza.

Amakuru atangwa n’inzobere, avuga ko iki kibazo cyatewe n’ibibazo byabaye ku migozi y’ikoranabuhanga rya Internet ica mu nyanja isanzwe ihuza iri koranabuhanga ryo mu karere ka Afurika y’iburasirazuba ndetse n’iry’Isi yose.

Impuguke Ben Roberts yatangarije ikinyamakuru BBC ko iyi migozi inyura mu nyanja hasi, ica muri Afurika y’Epfo, ari yo yagize ibibazo byatumye Internet igenda buhoro.

Iyi nzobere isanzwe ikora mu Kigo cy’ikoranabuhanga cya vuga ko Liquid Intelligent Technologies, yatangaje ko umwe muri iyo migozi wacitse mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, ucikira mu Bilometero 45 uvuye mu mujyi wa Durban muri Afurika y’Epfo.

Ni mu gihe hari abari batangiye gukeka ko ibi bibazo byaba bifitanye isano n’ubugizi bwa nabi, mu gihe Ben Roberts abihakana, akavuga ko uretse uyu mugozi wacitse, hari n’undi wagize ikibazo, ku buryo ari byo biri gutera ibibazo.

Gusa avuga ko nubwo iyi migozi yacitse, ariko hari ikiri mizima, ndetse ko ari na yo mpamvu internet itabuze burundu, kuko iri gucikagurika, ariko ikanyuzamo ikagenda.

 

RURA yabitanzeho umucyo

Mu masaha y’igicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere, Urwego Ngenzuramikorere RURA, rwashyize hanze itangaro rivuga imiterere y’iki kibazo cya Internet ikomeje kugenda buhoro.

Mu butumwa bwatambutse ku rubuga nkoranyambaga rwa X, Ubuyobozi bwa RURA bwagize buti “Turamenyesha abakoresha interinete ko intsinga zinyura mu nyanja zangiritse, bikaba byatumye interinete igira ikibazo.”

RURA ikomeza igira iti “Abakoresha interinete bari guhura n’ikibazo cyo kugenda buhoro k’umuvuduko wayo. Hari gukorwa ibishoboka byose kugira ngo interinete ibashe kongera gukora neza.”

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

Ibyo wamenya ku ndwara y’amaso yandura byihuse yadutse mu Rwanda n’ibyo abantu basabwa

Next Post

Perezida Kagame yageze muri Guinea ahita anagirana ibiganiro na General Doumbouya

Related Posts

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame yasuye ibikoresho biri kumurikirwa mu Imurika ry’Inama Mpuzamahanga ku Mutekano muri Afurika (ISCA) birimo intwaro zigezweho za...

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

by radiotv10
19/05/2025
0

Perezida Paul Kagame avuga ko mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano byo ku Mugabane wa Afurika, hagiye hahangwa amaso ku mahanga,...

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

by radiotv10
19/05/2025
0

Uwasabye Polisi y’u Rwanda ko yazaha amafaranga Umupolisi yo kugura Fanta nk’agashimwe k’imikorere myiza, yamusubije ko atari ngomwa, kuko ishimwe...

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

by radiotv10
19/05/2025
0

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda 796 babaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, nyuma y’umunsi umwe rwakiriye abandi bakabakaba 400....

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

Impamvu nyamukuru yatumye amasengesho yo kwa ‘Yezu Nyirimpuhwe’ mu Ruhango yabaye ahagaritswe

by radiotv10
19/05/2025
0

Amasengeso abera ahazwi nko kwa Yezu Nyirimpuwe mu Karere ka Ruhango, yahagaritswe by’agateganyo n’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) ruvuga ko iki...

IZIHERUKA

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho
MU RWANDA

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

by radiotv10
19/05/2025
0

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

19/05/2025
Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

19/05/2025
Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

Igisubizo Polisi y’u Rwanda yahaye uwavuze ko yifuza kuzaha Umupolisi amafaranga yo kugura agafanta

19/05/2025
Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

Icyo abaganga bavuga kuri Kanseri yo hejuru yasanganywe Joe Biden wayoboye America

19/05/2025
U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

U Rwanda rwakiriye abandi Banyarwanda babaga muri Congo bahita barenga 1.000 baje mu minsi itatu

19/05/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageze muri Guinea ahita anagirana ibiganiro na General Doumbouya

Perezida Kagame yageze muri Guinea ahita anagirana ibiganiro na General Doumbouya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

AMAFOTO: Perezida Kagame yasuye imurika ry’ibikoresho bya gisirikare birimo intwaro zigezweho

Uko byifashe mu gace kiriwe urugamba rwambikanye hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

Perezida Kagame yagaragaje inenge yabayeho mu gushaka umuti w’ibibazo by’umutekano muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.