Wednesday, January 14, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatewe indi ntambwe mu mubano w’u Rwanda na Singapore

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hatewe indi ntambwe mu mubano w’u Rwanda na Singapore
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yahuye na Minisitiri w’Intebe na Perezida ba Singapore, bagirana ibiganiro byagarutse ku ngingo zinyuranye, hanasinywa amasezerano yo kudasoresha inshuro ebyiri ibicuruzwa hagati y’Ibihugu byombi.

Nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, “Uyu munsi i Istana muri Singapore, Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wakiriwe n’Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe (Senior Minister) Lee Hsien Loong.”

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda ikomeza igira iti “Baganiriye ku ngingo zinyuranye zirimo imibanire mpuzamahanga, ndetse n’uruhare rw’ikoranabuhanga mu iterambere.”

Hanaganiriwe kandi ku mikoranire ibyara inyungu mu bukungu, ndetse n’umusaruro ufatika ku batuye Ibihugu byombi, u Rwanda na Singapore.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda kandi bivuga ko Perezida Kagame yanahuye na Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu akaba n’uw’u Bukungu, Lawrence Wong “bavugurura intego ziganisha ku mikoranire ikomeye, banungurana ibitekerezo ku ndangagaciro zihuriweho mu miyoborere myiza, n’imiyoborere igamije guhindura imibereho y’abaturage.”

Aba bayobozi bombi kandi banayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano yongeye kumvikanwaho yo guhagarika gusoresha kabiri ibicuruzwa, yitezweho kuzamura amahirwe y’ishoramari hagati y’Ibihugu byombi.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kandi yanahuye na Perezida wa Singapore, Tharman Shanmugaratnam, na we baganiriye ku ngingo zinyuranye zirimo imikoranire mu bucuruzi, ishoramari, ikoranabuhanga, ndetse no kongerera imbaraga urwego rw’abikorera.

Perezida Kagame yakiriwe ku meza n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Singapore, Lee Hsien Loong

Perezida Kagame kandi yanahuye na Perezida wa Singapore, Tharman Shanmugaratnam

Yanakiriwe na Minisirtiri w’Intebe akaba n’uw’Ubukungu, Lawrence Wong
Bayoboye n’isinywa ry’amasezerano y’Impande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fourteen + 9 =

Previous Post

Sierra Leone: Hafashwe ingamba zikarishye nyuma yuko igorofa iguye igahitana benshi

Next Post

Dr.Ngirente yagaragaje ubuhinzi nk’inkingi ya mwamba mu bizafasha kugera ku cyerekezo 2050

Related Posts

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

U Rwanda rwohereje abasirikare bo mu itsinda ry’ubwubatsi mu Gihugu cya Jamaica gufasha iki Gihugu mu bikorwa byo kongera kubaka...

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugore wafashwe n’umugabo we aryamanye n’undi muri Lodge yo mu Mujyi wa Kigali, bivugwa ko yari yavuye iwe abwiye umugabo...

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
14/01/2026
0

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko wo mu Murenge wa Nyagihanga mu Karere ka Gatsibo, aritegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri...

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

Inkuru iryoshye y’ubutembere bw’Abambasaderi babiri b’u Rwanda i Burayi baherutse kugira

by radiotv10
14/01/2026
0

Ambasaderi w’u Rwanda mu Bwongereza, Johnston Busingye yavuze ko we na mugenzi we uhagarariye u Rwanda mu Bufaransa, baherutse gutembera...

How Personal Hygiene Affects Confidence

How Personal Hygiene Affects Confidence

by radiotv10
14/01/2026
0

Personal hygiene may seem like a small part of daily life, but it has a big impact on how we...

IZIHERUKA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica
MU RWANDA

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

by radiotv10
14/01/2026
0

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

14/01/2026
Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

14/01/2026
Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

Uko byagenze ngo umugabo afatire umugore we aryamanye n’undi muri Logde i Kigali n’icyo yari yamubeshye

14/01/2026
Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

Inzozi z’umugabo w’imyaka 42 ukiri ku ntebe y’ishuri wiga mu yisumbuye mu Rwanda

14/01/2026
Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

Iby’ingenzi byavugiwe mu rubanza rwa DJ Toxxyk ukurikiranyweho ibirimo kugonga Umupolisi agapfa

14/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dr.Ngirente yagaragaje ubuhinzi nk’inkingi ya mwamba mu bizafasha kugera ku cyerekezo 2050

Dr.Ngirente yagaragaje ubuhinzi nk'inkingi ya mwamba mu bizafasha kugera ku cyerekezo 2050

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AMAKURU MASHYA: U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Umukinnyi wa filimi uzwi mu Rwanda ‘Ndimbati’ ari mu gahinda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.