Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatewe indi ntambwe mu mubano w’u Rwanda na Singapore

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hatewe indi ntambwe mu mubano w’u Rwanda na Singapore
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yahuye na Minisitiri w’Intebe na Perezida ba Singapore, bagirana ibiganiro byagarutse ku ngingo zinyuranye, hanasinywa amasezerano yo kudasoresha inshuro ebyiri ibicuruzwa hagati y’Ibihugu byombi.

Nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, “Uyu munsi i Istana muri Singapore, Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wakiriwe n’Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe (Senior Minister) Lee Hsien Loong.”

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda ikomeza igira iti “Baganiriye ku ngingo zinyuranye zirimo imibanire mpuzamahanga, ndetse n’uruhare rw’ikoranabuhanga mu iterambere.”

Hanaganiriwe kandi ku mikoranire ibyara inyungu mu bukungu, ndetse n’umusaruro ufatika ku batuye Ibihugu byombi, u Rwanda na Singapore.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda kandi bivuga ko Perezida Kagame yanahuye na Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu akaba n’uw’u Bukungu, Lawrence Wong “bavugurura intego ziganisha ku mikoranire ikomeye, banungurana ibitekerezo ku ndangagaciro zihuriweho mu miyoborere myiza, n’imiyoborere igamije guhindura imibereho y’abaturage.”

Aba bayobozi bombi kandi banayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano yongeye kumvikanwaho yo guhagarika gusoresha kabiri ibicuruzwa, yitezweho kuzamura amahirwe y’ishoramari hagati y’Ibihugu byombi.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kandi yanahuye na Perezida wa Singapore, Tharman Shanmugaratnam, na we baganiriye ku ngingo zinyuranye zirimo imikoranire mu bucuruzi, ishoramari, ikoranabuhanga, ndetse no kongerera imbaraga urwego rw’abikorera.

Perezida Kagame yakiriwe ku meza n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Singapore, Lee Hsien Loong

Perezida Kagame kandi yanahuye na Perezida wa Singapore, Tharman Shanmugaratnam

Yanakiriwe na Minisirtiri w’Intebe akaba n’uw’Ubukungu, Lawrence Wong
Bayoboye n’isinywa ry’amasezerano y’Impande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

7 + fifteen =

Previous Post

Sierra Leone: Hafashwe ingamba zikarishye nyuma yuko igorofa iguye igahitana benshi

Next Post

Dr.Ngirente yagaragaje ubuhinzi nk’inkingi ya mwamba mu bizafasha kugera ku cyerekezo 2050

Related Posts

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye mugenzi we Mamadi Doumbouya watsinze amatora y’Umukuru w’Igihugu muri Guinea, amwizeza ko u Rwanda ruzakomeza gukorana...

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

by radiotv10
05/01/2026
0

Imodoka itwara abagenzi mu buryo bwa rusange ya Taxi Minibus yakoreye impanuka mu muhanda Muhanga-Kigali ubwo yari igeze ahazwi nko...

How to reset your life after the holidays without pressure

How to reset your life after the holidays without pressure

by radiotv10
05/01/2026
0

The holidays are beautiful. Late nights, good food, family time, travel, laughter, rest and a break from alarms and deadlines....

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

by radiotv10
05/01/2026
0

Abantu 15 bari bugamye imvura mu gishanga cyo mu Murenge wa Jarama mu Karere ka Ngoma, bakubiswe n’inkuba, icyenda muri...

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

How to Clean Your Earbuds and Keep Germs Away

by radiotv10
05/01/2026
0

Earbuds are amazing, they let us enjoy music, podcasts, and calls anywhere. But did you know they can be full...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yihanganishije General Doumbouya wa Guinea ku bw’ibyago byabaye mu Gihugu cye
MU RWANDA

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

by radiotv10
05/01/2026
0

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

05/01/2026
Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

05/01/2026
Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

Hamenyekanye umubare w’abasirikare u Burundi bumaze kohereza muri Congo mu myaka itatu

05/01/2026
Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

Perezida w’Agateganyo wa Venezuela yagize icyo asezeranya America nyuma yuko ifashe uwo yasimbuye

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dr.Ngirente yagaragaje ubuhinzi nk’inkingi ya mwamba mu bizafasha kugera ku cyerekezo 2050

Dr.Ngirente yagaragaje ubuhinzi nk'inkingi ya mwamba mu bizafasha kugera ku cyerekezo 2050

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yashimiye mugenzi we General Doumbouya watsinze amatora muri Guinea

Habaye impanuka y’imodoka itwara abagenzi mu Muhanda Kigali-Muhanga

Trump yagaragaje ibindi Bihugu bishobora gukurikiraho nyuma y’ibyo yakoreye Venezuela

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.