Monday, January 26, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Hatewe indi ntambwe mu mubano w’u Rwanda na Singapore

radiotv10by radiotv10
20/09/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Hatewe indi ntambwe mu mubano w’u Rwanda na Singapore
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida Paul Kagame yahuye na Minisitiri w’Intebe na Perezida ba Singapore, bagirana ibiganiro byagarutse ku ngingo zinyuranye, hanasinywa amasezerano yo kudasoresha inshuro ebyiri ibicuruzwa hagati y’Ibihugu byombi.

Nk’uko tubikesha Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda, “Uyu munsi i Istana muri Singapore, Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wakiriwe n’Uwahoze ari Minisitiri w’Intebe (Senior Minister) Lee Hsien Loong.”

Perezidansi ya Repubulika y’u Rwanda ikomeza igira iti “Baganiriye ku ngingo zinyuranye zirimo imibanire mpuzamahanga, ndetse n’uruhare rw’ikoranabuhanga mu iterambere.”

Hanaganiriwe kandi ku mikoranire ibyara inyungu mu bukungu, ndetse n’umusaruro ufatika ku batuye Ibihugu byombi, u Rwanda na Singapore.

Ibiro by’Umukuru w’u Rwanda kandi bivuga ko Perezida Kagame yanahuye na Minisitiri w’Intebe w’iki Gihugu akaba n’uw’u Bukungu, Lawrence Wong “bavugurura intego ziganisha ku mikoranire ikomeye, banungurana ibitekerezo ku ndangagaciro zihuriweho mu miyoborere myiza, n’imiyoborere igamije guhindura imibereho y’abaturage.”

Aba bayobozi bombi kandi banayoboye umuhango w’isinywa ry’amasezerano yongeye kumvikanwaho yo guhagarika gusoresha kabiri ibicuruzwa, yitezweho kuzamura amahirwe y’ishoramari hagati y’Ibihugu byombi.

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame kandi yanahuye na Perezida wa Singapore, Tharman Shanmugaratnam, na we baganiriye ku ngingo zinyuranye zirimo imikoranire mu bucuruzi, ishoramari, ikoranabuhanga, ndetse no kongerera imbaraga urwego rw’abikorera.

Perezida Kagame yakiriwe ku meza n’uwahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Singapore, Lee Hsien Loong

Perezida Kagame kandi yanahuye na Perezida wa Singapore, Tharman Shanmugaratnam

Yanakiriwe na Minisirtiri w’Intebe akaba n’uw’Ubukungu, Lawrence Wong
Bayoboye n’isinywa ry’amasezerano y’Impande zombi

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + 15 =

Previous Post

Sierra Leone: Hafashwe ingamba zikarishye nyuma yuko igorofa iguye igahitana benshi

Next Post

Dr.Ngirente yagaragaje ubuhinzi nk’inkingi ya mwamba mu bizafasha kugera ku cyerekezo 2050

Related Posts

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Nyuma yuko abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi bo mu Ntara y’Iburasirazuba bagaragaje ikibazo cy'ibyapa by'imodoka by'ahazwi nka Ntunga byari byakuweho batabizi,...

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

by radiotv10
25/01/2026
0

Umusore witwa Mugisha Gakuba David uba muri Leta Zunze Ubumwe za America, ari mu maboko y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) akurikiranyweho...

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

by radiotv10
25/01/2026
0

Umugabo witwa Sindayiheba Jean de Dieu wo mu kagari ka Mataba mu murenge wa Nkungu, arahigishwa uruhindu nyuma yo gukubita...

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

by radiotv10
25/01/2026
0

Perezida Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yahaye inshingano abasirikare babiri barimo Brig Gen Godfrey Gasana, wagizwe Umupilote...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

IZIHERUKA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda
MU RWANDA

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

by radiotv10
26/01/2026
0

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

25/01/2026
Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

25/01/2026
Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

Perezida Kagame yahaye inshingano Abasirikare bakuru babiri barimo uwagizwe Umupilote we

25/01/2026
Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

Igikombe cya Afurika muri Handball: U Rwanda rwatangiye neza muri ‘President Cup’

25/01/2026
Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Dr.Ngirente yagaragaje ubuhinzi nk’inkingi ya mwamba mu bizafasha kugera ku cyerekezo 2050

Dr.Ngirente yagaragaje ubuhinzi nk'inkingi ya mwamba mu bizafasha kugera ku cyerekezo 2050

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru mashya ku byapa by’imodoka bituma abashoferi bijundika Polisi y’u Rwanda

Ibivugwa ku biri kugarukwaho cyane by’umusore uba muri America wagongeye mugenzi we muri Kigali agapfa

Rusizi: Umugabo yishe umugore we amuziza gutiza isuka iwabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.