Friday, August 1, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Havutse impaka nyuma yuko Minisitiri acyebuye abihebeye ‘Big Energy’ y’umuhanzi Yago itavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
23/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Havutse impaka nyuma yuko Minisitiri acyebuye abihebeye ‘Big Energy’ y’umuhanzi Yago itavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah asabye urubyiruko kwirinda gushyigikira ‘Big Energy’ bivugwa ko ari itsinda rishyigikiye umuhanzi akaba n’umunyamakuru Yogo Pon Dat, kuko ishobora kuzavamo agatsiko kabi, hazamutse impaka zanazamuwe n’uyu muhanzi wisobanuye.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga, hagaragaye amashusho ya Dr. Utumatwishima aha inama urubyiruko kwirinda kujya mu byatuma bazisanga mu dutsiko tw’ibyaha.

Minisitiri yagarutse ku itsinda ‘Big Energy’ rimaze igihe rigarukwaho, asaba urubyiruko kutijandika mu gushyigikira iri tsinda, kuko imiterere yayo ishobora gutera impungenge mu bihe bizaza.

Yagize ati “Buriya ibintu bitangira byitwa Big Energy, bigatangira mubona ari agatsiko gato, bikarangira bibaye nk’igitekerezo cy’impinduramatwara, bikarangira wabipfiriye, bikarangira mukoze ishyano.”

Umuhanzi Yago Pon Dat wifashishije amashusho yatangiwemo ubu butumwa, yahakanye ibyatangajwe ko ‘Big Energy’ atari agatsiko nk’uko gafatwa.

Muri ubu butumwa Yago avuga ko bugamije gukosora ibyatangajwe na Minisitiri, yagize ati “Bwana Mininitiri Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, Big Energy ni abakunzi b’ibikorwa byanjye (akazi nkora) ntabwo ari agatsiko nk’uko mubibwiye abo mubereye abayobozi ari bo rubyiruko!”

Yakomeje yandika ati “Ikibazo kiri muri Showbizz yo mu Rwanda cyarabananiye none ni njye uhindutse icyasha! isi irareba!”

Minisitiri Utumatwishima yasabye urubyiruko kwitondera ibya Big Energy

Minisitiri Dr. Utumatwishima na we wasubije ubutumwa bwa Yago, yagize ati “Ndagushimiye Yago. Gukosora kwawe kumvikanye. Niba hari abafana bawe bifuza ko twaganira nkababwira ibyo bakosora mu kugushyigikira, please DM tubipange [nyandikira mu butumwa bwite].”

Dr. Utumatwishima yakomeje yibutsa Yago ko na we ubwe yigeze kumushyigikira mu bikorwa bye, ariko ko atabura gukosora ibyo yaba yatandukiyemo.

Ati “Iyo abantu batangiye gutandukira, tujya inama, iyo batemeye inama barahanwa. Gufana umuhanzi, gufana umupira, …ni vibes zemewe tunashaka cyane. Gufana amafuti, kwibasira abo muhuje umwuga, kujya inzira y’amacakubiri ni kirazira. Naho showbiz yo, twese tuzafatanya, bizajya ku murongo kandi vuba.”

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri ibi byose, bagaragaje aho bahagaze, barimo abamagana imyitwarire y’abiyise aba ‘Big Energy’, ndetse n’ababashyigikiye.

Uwitwa Igifaru Kumurimo kuri X, yagize ati “Minisitiri rwose humura, wowe n’abandi ntimwumve ko hari uwo twakwemerera ko anyura muri uyu mutaka wa Big energy ngo akore amabi, u Rwanda rwatureze neza kandi ruduha Igihugu turabibona, ariko wibuke ko mutwigisha, kudatega agahanga mu gihe turenganywa.”

Uwitwa Migambi Jean na we yagize ati “Yago ni inshuti yanjye, gusa Big Energy byaje ari ibisanzwe ariko nyuma yo kubona Bruce Melody uburyo bamwibasiye ari Stage, rwose Big Energy muyitoze kuba Positive ntakwibasira abantu, Big Energy niba ishyigikira ibikorwa byiza Yago batoze kudasenya abakugiriye nabi!”

Uwo mu bashyigikiye Yago, yagize ati “Bwana Minisitiri, abakunzi ba

Louise Mushikiwabo, bitwa ABA CHOU, Abakunzi ba Bruce melody bitwa IBITANGAZA, Abakuzi ba Riderman bitwa IBISUMIZI, Abakunzi ba Tuff gung bitwa ABA TUFF, Abakunzi ba Yago bitwa Big energy Abakunzi ba Platin na TMS bitwaga INDATWA, ikibazo Ni Big energy?”

Yago yavuze ko Big Energy atari agatsiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

10 − five =

Previous Post

Basketball: Umunyamerika watanze ibyishimo muri BK Arena yanasekewe n’amahirwe

Next Post

Iby’intambara ya Israel na Hezbollah byafashe indi ntera

Related Posts

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

by radiotv10
01/08/2025
0

Umunyamakuru Mike Karangwa wamenyenaye ku bitangazamakuru bitandukanye mu Rwanda byumwihariko mu biganiro by’imyidagaduro, yapfushije umwana we w’ubuheta. Umwana wa Mike...

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

Byemejwe abanyamakuru babiri ba siporo bimukiye kuri radio nshya mu Rwanda

by radiotv10
31/07/2025
1

Abanyamakuru Nduwayezu Ndibyariye Jean de Dieu wamamaye nka Jado Max na Kwikiriza William uzwi nka William Kadu bazwi mu biganiro...

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

Umwihariko w’igitaramo kigiye kuba bwa mbere Rwanda

by radiotv10
30/07/2025
0

Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hagiye kubera igitaramo cyihariye cy’umwihariko w’umuziki w’injyana yo mu bwoko bwa Country, aho kukinjiramo...

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

Uwitabiriye Miss Rwanda agiye gutangira kumvikana kuri Radio nk’umunyamakuru

by radiotv10
29/07/2025
0

Umukundwa Clemence uzwi nka Cadette witabiriye irushanwa rya Miss Rwanda rya 2019, agiye gutangira kumvikana nk’umunyamakuru kuri radio nshya mu...

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

Inama Madamu wa Perezida w’u Burundi yagiriye abitabiriye irushanwa ry’ubwiza-Miss Burundi

by radiotv10
28/07/2025
0

Angeline Ndayishimiye Ndayubaha, Madamu wa Perezida w’u Burundi, yasabye abitabiriye irushanwa rya Miss Burundi, kutazarangazwa n'ubwiza ngo bazahore babumurika bibagirwe...

IZIHERUKA

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports
FOOTBALL

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports

by radiotv10
01/08/2025
0

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

01/08/2025
Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

01/08/2025
Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

Umunyamakuru wamenyekanye mu Rwanda Mike Karangwa yagize ibyago byo gupfusha umwana

01/08/2025
Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

Hagaragajwe igituma kwimurira abarimu aho bifuza bikunze kugorana

01/08/2025
Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

Umunyamakuru uzwi mu biganiro bya siporo mu Rwanda yasezeranye n’umukunzi we

31/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’intambara ya Israel na Hezbollah byafashe indi ntera

Iby’intambara ya Israel na Hezbollah byafashe indi ntera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Police FC igiye kwipima na APR iyisimbuje Rayon Sports

Nyamirambo: Harumvikana kutavuga rumwe ku mafaranga yaciwe abafite inzu mu ‘Marangi’

Menya ibyavuye mu nama ya mbere ku ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’u Rwanda na DRC

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.