Monday, December 29, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home IMYIDAGADURO IBYAMAMARE

Havutse impaka nyuma yuko Minisitiri acyebuye abihebeye ‘Big Energy’ y’umuhanzi Yago itavugwaho rumwe

radiotv10by radiotv10
23/09/2024
in IBYAMAMARE, IMYIDAGADURO
0
Havutse impaka nyuma yuko Minisitiri acyebuye abihebeye ‘Big Energy’ y’umuhanzi Yago itavugwaho rumwe
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah asabye urubyiruko kwirinda gushyigikira ‘Big Energy’ bivugwa ko ari itsinda rishyigikiye umuhanzi akaba n’umunyamakuru Yogo Pon Dat, kuko ishobora kuzavamo agatsiko kabi, hazamutse impaka zanazamuwe n’uyu muhanzi wisobanuye.

Mu mpera z’icyumweru gishize, ku mbuga nkoranyambaga, hagaragaye amashusho ya Dr. Utumatwishima aha inama urubyiruko kwirinda kujya mu byatuma bazisanga mu dutsiko tw’ibyaha.

Minisitiri yagarutse ku itsinda ‘Big Energy’ rimaze igihe rigarukwaho, asaba urubyiruko kutijandika mu gushyigikira iri tsinda, kuko imiterere yayo ishobora gutera impungenge mu bihe bizaza.

Yagize ati “Buriya ibintu bitangira byitwa Big Energy, bigatangira mubona ari agatsiko gato, bikarangira bibaye nk’igitekerezo cy’impinduramatwara, bikarangira wabipfiriye, bikarangira mukoze ishyano.”

Umuhanzi Yago Pon Dat wifashishije amashusho yatangiwemo ubu butumwa, yahakanye ibyatangajwe ko ‘Big Energy’ atari agatsiko nk’uko gafatwa.

Muri ubu butumwa Yago avuga ko bugamije gukosora ibyatangajwe na Minisitiri, yagize ati “Bwana Mininitiri Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, Big Energy ni abakunzi b’ibikorwa byanjye (akazi nkora) ntabwo ari agatsiko nk’uko mubibwiye abo mubereye abayobozi ari bo rubyiruko!”

Yakomeje yandika ati “Ikibazo kiri muri Showbizz yo mu Rwanda cyarabananiye none ni njye uhindutse icyasha! isi irareba!”

Minisitiri Utumatwishima yasabye urubyiruko kwitondera ibya Big Energy

Minisitiri Dr. Utumatwishima na we wasubije ubutumwa bwa Yago, yagize ati “Ndagushimiye Yago. Gukosora kwawe kumvikanye. Niba hari abafana bawe bifuza ko twaganira nkababwira ibyo bakosora mu kugushyigikira, please DM tubipange [nyandikira mu butumwa bwite].”

Dr. Utumatwishima yakomeje yibutsa Yago ko na we ubwe yigeze kumushyigikira mu bikorwa bye, ariko ko atabura gukosora ibyo yaba yatandukiyemo.

Ati “Iyo abantu batangiye gutandukira, tujya inama, iyo batemeye inama barahanwa. Gufana umuhanzi, gufana umupira, …ni vibes zemewe tunashaka cyane. Gufana amafuti, kwibasira abo muhuje umwuga, kujya inzira y’amacakubiri ni kirazira. Naho showbiz yo, twese tuzafatanya, bizajya ku murongo kandi vuba.”

Bamwe mu batanze ibitekerezo kuri ibi byose, bagaragaje aho bahagaze, barimo abamagana imyitwarire y’abiyise aba ‘Big Energy’, ndetse n’ababashyigikiye.

Uwitwa Igifaru Kumurimo kuri X, yagize ati “Minisitiri rwose humura, wowe n’abandi ntimwumve ko hari uwo twakwemerera ko anyura muri uyu mutaka wa Big energy ngo akore amabi, u Rwanda rwatureze neza kandi ruduha Igihugu turabibona, ariko wibuke ko mutwigisha, kudatega agahanga mu gihe turenganywa.”

Uwitwa Migambi Jean na we yagize ati “Yago ni inshuti yanjye, gusa Big Energy byaje ari ibisanzwe ariko nyuma yo kubona Bruce Melody uburyo bamwibasiye ari Stage, rwose Big Energy muyitoze kuba Positive ntakwibasira abantu, Big Energy niba ishyigikira ibikorwa byiza Yago batoze kudasenya abakugiriye nabi!”

Uwo mu bashyigikiye Yago, yagize ati “Bwana Minisitiri, abakunzi ba

Louise Mushikiwabo, bitwa ABA CHOU, Abakunzi ba Bruce melody bitwa IBITANGAZA, Abakuzi ba Riderman bitwa IBISUMIZI, Abakunzi ba Tuff gung bitwa ABA TUFF, Abakunzi ba Yago bitwa Big energy Abakunzi ba Platin na TMS bitwaga INDATWA, ikibazo Ni Big energy?”

Yago yavuze ko Big Energy atari agatsiko

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

thirteen − five =

Previous Post

Basketball: Umunyamerika watanze ibyishimo muri BK Arena yanasekewe n’amahirwe

Next Post

Iby’intambara ya Israel na Hezbollah byafashe indi ntera

Related Posts

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

by radiotv10
26/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yavuze ko akurikije uko yabonye Israel Mbonyi yataramiye abantu, uyu muhanzi arenze kuba...

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

Icyo Minisitiri Nduhungirehe avuga ku guhanganisha no kugereranya abahanzi The Ben na Bruce Melodie

by radiotv10
24/12/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasabye urubyiruko ruhanganisha abahanzi The Ben na Bruce Melodie kubihagarika, yemeza ko kuri...

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

Umunyamakuru ‘Fatakumavuta’ ubura amezi abarirwa ku ntoki ngo arangize igifungo yatanze ubutumwa

by radiotv10
23/12/2025
0

Sengabo Jean Bosco uzwi nka ‘Fatakumavuta’ wakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka ibiri n’amezi atandatu, ubura amezi ane ngo akirangize, yasezeranyije...

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

Umwe mu bagize Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko azitabira igitaramo cyatangiye kuvugisha benshi

by radiotv10
22/12/2025
0

Minisitiri w’Urubyiruko n’Ubuhanzi, Dr. Utumatwishima Jean Nepo Abdallah; yatangaje ko azitabira igitaramo ‘The Nu-Year Groove’ kizaririmbamo The Ben na Bruce...

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

UPDATE: Hemejwe ifungwa ry’umwe mu ba-Dj bazwi mu Rwanda hanasobanurwa icyo yakoze

by radiotv10
21/12/2025
0

Arnold Ishimwe uzwi nka Dj Toxxyk, yatawe muri yombi nyuma yo kugonga umwe mu bapolisi bashinzwe umutekano wo mu muhanda...

IZIHERUKA

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?
FOOTBALL

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

28/12/2025
Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

27/12/2025
Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

28/12/2025
Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

Why Ginger Is More Than a Spice: Five Health Benefits You Should Know

27/12/2025
Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’intambara ya Israel na Hezbollah byafashe indi ntera

Iby’intambara ya Israel na Hezbollah byafashe indi ntera

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Hatangajwe icyagaragaye nyuma yuko hafashwe umugabo wagaragaye muri Kigali akora ibyateje impagarara

Rusizi: Umugore yabwiwe ko ataryoshye mu buriri agerageje kwiyahura  irondo ryari maso rirahagoboka

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.