• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda

radiotv10by radiotv10
29/12/2025
in MU RWANDA
0
Havuzwe ibyatumye hirukanwa abayobozi b’Ibigo by’amashuri bakabakaba 900 mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB, rwatangaje ko abayobozi b’ibigo by’amashuri mu cyiciro cy’ayisumbuye n’abanza 890 bambuwe inshingano zo kuyobora, nyuma yo gukorerwa isuzuma rikabatsinda, ririmo n’iryo bakorewe ku rurimi rw’icyongereza ryasanze bamwe bataruzi neza.

Ibi byatangajwe n’Umuyobozi Mukuru Wungirije wa REB, Dr Flora Mutezigaju, wavuze ko aba bantu 890 batazakomeza inshingano zo kuba abayobozi b’ibigo by’amashuri guhera mu gihembwe cya kabiri cy’uyu mwaka w’amashuri wa 2025-2026, gusa bakazakomeza kwigisha.

Muri abo bantu, barimo 541 bari abayobozi b’ibigo by’amashuri mu yisumbuye, mu gihe abandi 349 bari ab’ibigo by’amashuri abanza.

Iri suzuma ryahereye ku ryo ku rwego rw’Uturere, rikomereza ku ry’Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Uburezi bw’Ibanze REB.

Yagize ati “Habanje isuzuma ry’Akarere ryibandaga ku bintu bibiri birimo imyitwarire y’umuyobozi muri rusange n’uburyo akunze akazi ke. Byose bigahabwa amanota ku gipimo cya 100.”

Abantu 5 277 bari basuzumwe ku rwego rw’Uturere, bakomereje ku rwego rwa REB, aho abangana na 16% ari bo bariya 890, batsinzwe ririya suzuma, kuko bagize amanota ari munsi ya 70%.

Dr Flora Mutezigaju ati “Mu batsinzwe, benshi bagaragaje amanota macye mu myitwarire, uko bafata abarimu n’abanyeshuri, uko bakemura ibibazo, ndetse n’uburyo bafatanya n’ababyeyi.”

Nanone kandi hagaragaye ibindi bibazo birimo imicungire mibi y’umutungo w’ibigo by’amashuri, aho hamwe hagaragaye inyerezwa ry’amafunguro agenewe abanyeshuri.

Hari kandi n’ibibazo byo kuba bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri badahora ku kazi ngo bakurikirane imibereho y’ibigo bayobora, ndetse hakaba haranagaragaye ikibazo cy’abadafite ubumenyi buhagije mu rurimi rw’Icyongereza kinakoreshwa mu myigishirize.

Muri bariya batsinzwe isuzuma, abenshi ni abafite impamyabumenyi y’icyiciro cy’amashuri yisumbuye A2, ndetse abenshi bakaba ari abakuze.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + four =

Previous Post

Hakomeje kwamaganirwa kure amagambo rutwitsi y’Umuvugizi w’Igisirikare cya Congo

Next Post

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y’amagambo yanenzwe na benshi

BREAKING: Umuvugizi wa FARDC yahise afatirwa icyemezo nyuma y'amagambo yanenzwe na benshi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.