Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hemejwe amakuru avugwa ku rupfu rw’umuyobozi wa Hamas n’igishobora gukurikiraho

radiotv10by radiotv10
31/07/2024
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hemejwe amakuru avugwa ku rupfu rw’umuyobozi wa Hamas n’igishobora gukurikiraho
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Umutwe wa Hamas wo muri Palestine, bwemeje ko Ismail Haniyeh wari umuyobozi w’uyu mutwe yiciwe muri Iran, ndetse harikangwa ko intambara imaze igihe muri Gaza ishobora gukaza umurego.

Umuyobozi wa Hamas yishwe avuye mu muhango wo kurahira kwa Perezida mushya w’iki gihugu cya Iran, ndetse iperereza riracyakomeje ngo hamenyekane uwamwishe.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza Reuters, byatangaje ko kugeza ubu hari impungenge ko urupfu rw’umuyobozi wa Hamas, rushobora gutuma Intambara imaze iminsi hagati ya Israel n’umutwe wa Hamas ishobora gufata indi ntera nubwo kugeza ubu Israel ntacyo iravuga ku rupfu rwe.

Umuyobozi wa Hamas wungirije yashinje “Israel ko iri inyuma y’urupfu rw’umuyobozi wabo, ndetse ko iki Gihugu gikabije kubashotora ariko ko bitazabaca intege bazakomeza inzira batangiye, kandi ko bizeye intsinzi.”

Igihugu cya Iran cyahise gitangaza ko igisirikarare cyacyo kigiye guterana kugira ngo banzure icyo bagiye gukora ku rupfu rwa Haniyeh, wari inshuti y’akadasohoka ya Iran.

Perezida wa Palesitine, Mahmoud Abbas, yamaganye iyicwa ry’umuyobozi wa Haniyeh n’imitwe y’abarwanyi ba Palesitine bigaruriye agace ka West Bank, ikomeje gusaba ko habaho imyigaragambyo yamagana iki gikorwa.

Ubusanzwe Haniyeh wabarizwaga muri Qatar, yahigwaga cyane n’Igihugu cya Israel kuko ari we wari uyoboye ibitero Hamas yagabye kuri iki Gihugu tariki 07 Ukwakira 2023 cyahitanye abaturage basaga 200 ba Israel.

Uyu Haniyeh wari Umuyobozi wa Hamas akaba yishwe nyuma yaho abahungu be batatu na bo baguye mu gitero cy’indege cya Israel.

Shemsa UWIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 10 =

Previous Post

Hasobanuwe impamvu yatumye hafungwa insengero 185 zo mu Karere kamwe mu Rwanda

Next Post

Umuhanzi uzwiho umwihariko w’indirimbo zizamurira ibinezaneza abakundana afite agaseke agiye gupfundura

Related Posts

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko uruhande bahangane rugizwe n’abarimo igisirikare cya DRC (FARDC) rwagabye ibitero bibiri byikurikiranya, birimo icya grenade yatewe...

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

Niger irashyira mu majwi Ibihugu birimo icy’i Burayi ku gitero cyagabwe ku kigo cy’Igisirikare

by radiotv10
30/01/2026
0

Guverinoma ya Niger iyobowe n’igisirikare yatangaje ko ibihugu birimo u Bufaransa, Benin na Côte d’Ivoire bishinjwa kugira uruhare mu gutera...

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

Igisubizo Iran ihaye America nyuma y’ibyo yise ibikangisho ikomeje kuyishyiraho

by radiotv10
29/01/2026
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran yatangaje ko ingabo z’igihugu ziteguye kwihutira gusubiza mu buryo bukomeye igitero icyo ari cyo cyose...

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

Nta kindi gihe Congo yayobowe nabi nk’ubu-Umunyapolitiki wabaye mu nzego nkuru z’Igihugu

by radiotv10
29/01/2026
0

Yagaragaje impamvu muzi y’ibibazo byazonze DRC ihabanye n’ihora ivugwa n’ubutegetsi Umunyapolitiki Matata Ponyo Mapon wabaye mu nzego zo hejuru muri...

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

AFC/M23 yatanze ubufasha bwakiranywe ibyishimo n’abagizweho ingaruka n’inkongi idasanzwe

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubuyobozi bw’inzego z’ibanze muri Kivu ya Ruguru bwashyizweho n’Ihuriro AFC/M23, bwatanze ubufasha ku bagizweho ingaruka n’inkongi y’umuriro yabereye mu gace...

IZIHERUKA

Eng.-AFC/M23 releases distressing footage of atrocities committed by opposing forces
AMAHANGA

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

by radiotv10
30/01/2026
0

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

30/01/2026
Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

30/01/2026
Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

Hashyizwe hanze imibare igaragaza uko ruswa y’igitsina muri za kaminuza zo mu Rwanda ihagaze

30/01/2026
General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

30/01/2026
Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umuhanzi uzwiho umwihariko w’indirimbo zizamurira ibinezaneza abakundana afite agaseke agiye gupfundura

Umuhanzi uzwiho umwihariko w’indirimbo zizamurira ibinezaneza abakundana afite agaseke agiye gupfundura

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Itangazo ry’akababaro ka AFC/M23 ku bikorwa by’ubugome byakozwe n’uruhande bahanganye

Filimi mpuzamahanga igezweho muri iyi minsi igiye kwerekanwa i Kigali muri gahunda ikiri nshya

Umutoza wa Senegal nyuma yo gucibwa 100,000$ yageneye ubutumwa abari batangiye kuyamukusanyiriza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.