Wednesday, April 22, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban

radiotv10by radiotv10
22/04/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron yatangaje urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’iki Gihugu wazize ibikomere yasigiwe n’igitero kimwe n’igiherutse kwivugana undi wacyo muri Liban.

Undi musirikare wapfuye, ni Caporal-Chef Anicet Girardin wari wakomerekeye mu gitero kimwe na Warrant Officer Florian Montorio we cyasize gihitanye.

Mu butumwa yanyujije kuri X, Emmanuel Macron yagize ati “Caporal-Chef Anicet Girardin wo muri Rejima ya 132 yaCanine Infantry i Suippes, wari wacyuwe ejo avuye muri Libaniaho yari yakomerekejwe bikomeye n’abarwanyi ba Hezbollah, yapfuye muri iki gitondo azize ibikomere.”

Emmanuel Macron yongeyeho ko Anicet Girardin ari intwari “yapfiriye u Bbufaransa.”

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Bufaransa, General Fabien Mandon, na we yashimiye uyu musirikare watabarutse agaragaza agahinda ke gakomeye. Yavuze mu butumwa bwe kuri Twitter ko “ubwitange bwe n’inshingano ze bigomba guhabwa icyubahiro.

Hari hategerejwe umuhango wo guha icyubahiro undi musirikare Warrant Officer Florian Montorio uzaba kuri uyu wa Kane, tariki ya 23 Mata, i Montauban.

Igitero cyahitanye ubuzima bw’aba basirikare babiri b’Abafaransa cyabaye ku wa Gatandatu. Abategetsi b’u Bufaransa bavuga ko icyo gitero cyatewe na Hezbollah.

Ni mu gihe uyu mutwe w’abayisilamu, ufatanyije na Iran, urahakana ko nta ruhare na ruto wagize muri iki gitero cy’abagizi ba nabi cyahitanye bariya basirikare.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight − five =

Previous Post

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

Related Posts

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

by radiotv10
22/04/2026
0

Inzobere mu by'ubuzima ziravuga ko ubwoko bushya bwa COVID-19 bwiswe ‘Cicada’ bwagaragaye i California muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

Urubanza rw’Umujenerali wa FARDC ushinjwa kugambanira Igihugu rwapfundikiwe habuze ibimenyetso by’ingenzi

by radiotv10
22/04/2026
0

Urukiko Rukuru rwa Gisirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, rwapfundikiye urubanza ruregwamo Lieutenant-Général Philémon Yav Irung uregwa ibyaha by’ubugambanyi,...

Uruganda rwa mbere ku Isi rw’udukingirizo rushobora kuzamura igiciro cyatwo kubera intambara yo muri Iran

Uruganda rwa mbere ku Isi rw’udukingirizo rushobora kuzamura igiciro cyatwo kubera intambara yo muri Iran

by radiotv10
22/04/2026
0

Nyiri uruganda rwa Karex rwa mbere ku Isi rukora udukingirizo, yatangaje ko rushobora kuzamura ibiciro byatwo kugeza kuri 30% cyangwa...

Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal

by radiotv10
21/04/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Madamu Louise Mushikiwabo yakiriwe na Perezida wa Senegal Bassirou Diomaye Faye, baganira ku...

Sosiyete ya ‘Ethiopian Airlines’ yavuze impamvu yaguze izindi ndege nini esheshatu

Sosiyete ya ‘Ethiopian Airlines’ yavuze impamvu yaguze izindi ndege nini esheshatu

by radiotv10
21/04/2026
0

Sosiyete y’ingendo z’Indege ya mbere muri Afurika, Ethiopian Airlines yatangaje ko igiye kugura izindi ndege esheshatu zo mu bwoko bwa...

IZIHERUKA

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban
AMAHANGA

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban

by radiotv10
22/04/2026
0

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

22/04/2026
Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

22/04/2026
Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura

Ibigo bya Leta mu Rwanda byategetswe umubare w’imodoka z’amashanyari ugomba kuba mu zo bigura

22/04/2026
Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

Ubwoko bushya bwa COVID buri kuzamura impungenge

22/04/2026
Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

Havuzwe icyavuye mu iperereza ku rupfu rw’umukozi wo mu Butabera wasanzwe mu muferege yapfuye

22/04/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hemejwe urupfu rw’umusirikare wa kabiri w’u Bufaransa wapfuye nyuma y’igitero cyo muri Liban

Mu mafoto irebere ubwiza bw’inzu y’akataraboneka Miss Jolly yujuje mu Mujyi wa Kigali

Umusore wakoreraga WASAC wari ugiye kumara icyumweru yarabuze yasanzwe mu nzu yarapfuye

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.