Wednesday, December 3, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hezbollah na yo yatangiye ibitero byo guhangana na Israel

radiotv10by radiotv10
24/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hezbollah na yo yatangiye ibitero byo guhangana na Israel
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe w’iterabwoba wa Hezbollah watangaje ko wagabye ibitero muri Israel ku kibuga cy’indege cya Megiddo giherereye mu majyaruguru y’iki Gihugu.

Ibi bitero byatangiye mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri, Hezbollah yavuze ko yari igambiriye ingabo za Israel.

Ni nyuma y’aho Israel yari ihanganye na Hamas muri Gaza yimuriye intambara muri Liban, mu guhangana n’umutwe wa Hezbollah wivanze mu bya Israel na Hamas.

Ibikomeje gutuma abantu bacika ururondogoro, ni ibitero Israel yagabye ejo kuwa Mbere mu majyepfo ya Liban bigahitana abantu hafi 500 biganjemo abasivile, abandi hafi 1 700 barakomereka.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres yatangaje ko Liban igiye kuba isibaniro ry’intambara nk’Intara ya Gaza. Loni yahaye gasopo Israel iyibuza kwica abasivile nk’uko imaze iminsi ibikora muri Gaza.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko bateganya kongera ibitero mu majyepfo ya Liban batitaye ku bivugwa n’amahanga, ndetse aboneraho kongera gusaba abasivile bariyo guhunga bitaba ibyo bakahasiga ubuzima.

Ati “Nimuve ahantu hashobora kubashyira mu kaga nonaha. Hezbollah irimo kubakoresha, irabika ibisasu mu byumba byanyu, ikanabika ibisasu mu nzu zanyu. Mfite ubutumwa nshaka kugenera abaturage ba Liban. Intambara ya Israel ntabwo igamije kubarwanya, igamije kurimbura Hezbollah.”

Yakomeje agira ati “Ku batarabyumva neza, ndashaka kubabwira umurongo Israel igenderaho, ntabwo dutegereza ko abantu badutera ubwoba, twe dukoresha ibikorwa oha ari ho hose, igihe icyo ari cyo cyose, turimbura ibikomerezwa, turimbura ibyihebe tugakuraho ibisasu, n’ibitaraza bizaza, tugiye gukora ibirenzeho.”

Jordania yatangaje ko igiye gufasha Liban mu kurinda umutekano w’abasivile mu gihe Leta Zunze Ubumwe za America na yo iteganya kongera abasirikare bayo mu burasirazuba bwo hagati.

Iran na yo biravugwa ko yiteguye gusuka imiriro kuri Israel. Loni yasabye impande zose zirebwa n’iki kibazo kugishakira umuti.

Ibitaro byinshi muri Liban byatangiye kuzura kubera harimo kuvurirwa inkomere zakomerekejwe n’ibitero by’ejo.

Israel igiye kumara umwaka ihanganye n’umutwe wa Hamas muri Gaza ibintu byatumye umutwe wa Hezbollah nawo uhagurukira gutera ingabo mu bitugu abo barwanyi ba Hamas.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

sixteen + five =

Previous Post

Gatsibo: Inkoni yakubiswe akekwaho kwiba intoryi zamuviriyemo urupfu

Next Post

Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw

Related Posts

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

by radiotv10
02/12/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riratangaza ko uruhande bahanganye rw’abarwana ku ruhande rw’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, baramutse bagaba ibitero simusiga...

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

by radiotv10
02/12/2025
0

Minisitiri w’Ingabo muri Nigeria, yeguye avuga ko ari ku mpamvu z’ubuzima, mu gihe iki Gihugu kimaze iminsi gifite ikibazo cy’abashimutwa...

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

AMAKURU MASHYA: Ndayishimiye yahagurutse i Burundi agiye mu muhango uzahuza Perezida Kagame na Tshisekedi

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, yamaze guhaguruka mu Gihugu cye yerecyeje i Washington DC muri Leta Zunze Ubumwe za America,...

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

Perezida Trump yongeye kuvuga ku mugambi uzatuma abo mu Bihugu bikennye badakandagira muri America

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yongeye gushimangira umugambi we wo guhagarika no kugabanya cyane abimukira baturuka...

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

Eng.-Nigeria’s Defence Minister resigns, citing health reasons

by radiotv10
02/12/2025
0

Nigeria’s Minister of Defence has resigned, citing health reasons, even as the country continues to face a surge in kidnappings...

IZIHERUKA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera
MU RWANDA

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

by radiotv10
02/12/2025
0

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

02/12/2025
Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

02/12/2025
Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

Abijanditse mu gikunze kuvugwaho kwica ruhago Nyarwanda bategujwe ikibategereje bidatinze

02/12/2025
Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

Minisitiri w’Ingabo mu Gihugu kimwe muri Afurika yeguye hatangazwa impamvu inyuranye n’ikekwa

02/12/2025
Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

Kigali: Uwacunze umumotari agiye kugura icyo kurya akamwiba moto ntiyarenze umutaru

02/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw

Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibirambuye ku mpanuka ikomeye yabereye muri Kigali igahitana abari mu kazi n’igikekwaho kuyitera

Perezidansi ya America yavuze ku masezerano ategerejwe gusinywa na Perezida Kagame na Tshisekedi

Agezweho ku mirwano yo muri Congo ihagaze n’aho AFC/M23 ibona ibintu byerecyeza

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.