Friday, January 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hezbollah na yo yatangiye ibitero byo guhangana na Israel

radiotv10by radiotv10
24/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hezbollah na yo yatangiye ibitero byo guhangana na Israel
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe w’iterabwoba wa Hezbollah watangaje ko wagabye ibitero muri Israel ku kibuga cy’indege cya Megiddo giherereye mu majyaruguru y’iki Gihugu.

Ibi bitero byatangiye mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri, Hezbollah yavuze ko yari igambiriye ingabo za Israel.

Ni nyuma y’aho Israel yari ihanganye na Hamas muri Gaza yimuriye intambara muri Liban, mu guhangana n’umutwe wa Hezbollah wivanze mu bya Israel na Hamas.

Ibikomeje gutuma abantu bacika ururondogoro, ni ibitero Israel yagabye ejo kuwa Mbere mu majyepfo ya Liban bigahitana abantu hafi 500 biganjemo abasivile, abandi hafi 1 700 barakomereka.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres yatangaje ko Liban igiye kuba isibaniro ry’intambara nk’Intara ya Gaza. Loni yahaye gasopo Israel iyibuza kwica abasivile nk’uko imaze iminsi ibikora muri Gaza.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko bateganya kongera ibitero mu majyepfo ya Liban batitaye ku bivugwa n’amahanga, ndetse aboneraho kongera gusaba abasivile bariyo guhunga bitaba ibyo bakahasiga ubuzima.

Ati “Nimuve ahantu hashobora kubashyira mu kaga nonaha. Hezbollah irimo kubakoresha, irabika ibisasu mu byumba byanyu, ikanabika ibisasu mu nzu zanyu. Mfite ubutumwa nshaka kugenera abaturage ba Liban. Intambara ya Israel ntabwo igamije kubarwanya, igamije kurimbura Hezbollah.”

Yakomeje agira ati “Ku batarabyumva neza, ndashaka kubabwira umurongo Israel igenderaho, ntabwo dutegereza ko abantu badutera ubwoba, twe dukoresha ibikorwa oha ari ho hose, igihe icyo ari cyo cyose, turimbura ibikomerezwa, turimbura ibyihebe tugakuraho ibisasu, n’ibitaraza bizaza, tugiye gukora ibirenzeho.”

Jordania yatangaje ko igiye gufasha Liban mu kurinda umutekano w’abasivile mu gihe Leta Zunze Ubumwe za America na yo iteganya kongera abasirikare bayo mu burasirazuba bwo hagati.

Iran na yo biravugwa ko yiteguye gusuka imiriro kuri Israel. Loni yasabye impande zose zirebwa n’iki kibazo kugishakira umuti.

Ibitaro byinshi muri Liban byatangiye kuzura kubera harimo kuvurirwa inkomere zakomerekejwe n’ibitero by’ejo.

Israel igiye kumara umwaka ihanganye n’umutwe wa Hamas muri Gaza ibintu byatumye umutwe wa Hezbollah nawo uhagurukira gutera ingabo mu bitugu abo barwanyi ba Hamas.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 − seven =

Previous Post

Gatsibo: Inkoni yakubiswe akekwaho kwiba intoryi zamuviriyemo urupfu

Next Post

Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw

Related Posts

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

Amakuru agezweho ku mugabo wari waciye igikuba kubera ibyo yari yatangaje

by radiotv10
02/01/2026
0

Evans Eshun, uzwi ku izina rya Ebo Noah, wiyita umuhanuzi wo muri Ghana, yatawe muri yombi na Polisi y’iki Gihugu...

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

Ijambo rya Perezida w’u Burundi ryumvikanamo ko gushaka umuti w’ibibazo bufitanye n’u Rwanda bikigoye

by radiotv10
01/01/2026
0

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi, mu ijambo rye risoza umwaka, yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma ko rufite uruhare mu bibazo...

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

Ibihugu bibiri bya Afurika biyobowe n’Igisirikare bishobora gufatira America icyemezo nk’ibyo yabifatiye

by radiotv10
31/12/2025
0

Igihugu cya Mali n’icya Burkina Faso, byashyize hanze amatangazo y’ibyemezo bishobora gufata byo kwihimura kuri Leta Zunze Ubumwe za America...

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

Dore amafoto y’abayobozi bakuru ba AFC/M23 barindiwe umutekano bidasanzwe i Goma

by radiotv10
30/12/2025
0

Abayobozi bakuru b’Ihuriro AFC/M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Umugaba Mukuru w’Ingabo zaryo, Gen Sultani...

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

Umugaba Mukuru w’abarwanyi ba AFC/M23 Gen.Makenga yahaye ubutumwa abatekereza ko urugamba rwarangiye

by radiotv10
30/12/2025
0

Maj Gen Sultani Makenga, Umugaba Mukuru w’Ingabo za AFC/M23, yibukije abagize iri huriro ko batagomba kumva ko intambara yo kurandura...

IZIHERUKA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure
MU RWANDA

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

by radiotv10
02/01/2026
0

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

02/01/2026
Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

02/01/2026
Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

02/01/2026
Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

Umunyamideli uzwi mu Rwanda yahishuye ko we n’umugabo we w’Umunya-Israel benda kwibaruka

02/01/2026
Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

Impaka ziracyakomeje hagati y’abafana ba Bruce Melodie na The Ben: Noneho baravuga iki?

02/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw

Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impunzi z’Abanyekongo ziri mu Rwanda zageneye ubutumwa Gen.Ekenge wa FARDC uherutse gukoresha imvugo yamaganiwe kure

Eng.-Congolese Refugees in Rwanda Send a Message to FARDC Gen. Ekenge

Umunyamakuru umaze imyaka ine asezeye igitangazamakuru yakoreraga agiye kumvikana ku yindi radio mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.