Saturday, January 17, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hezbollah na yo yatangiye ibitero byo guhangana na Israel

radiotv10by radiotv10
24/09/2024
in AMAHANGA, UMUTEKANO
0
Hezbollah na yo yatangiye ibitero byo guhangana na Israel
Share on FacebookShare on Twitter

Umutwe w’iterabwoba wa Hezbollah watangaje ko wagabye ibitero muri Israel ku kibuga cy’indege cya Megiddo giherereye mu majyaruguru y’iki Gihugu.

Ibi bitero byatangiye mu gitondo cya kare kuri uyu wa Kabiri, Hezbollah yavuze ko yari igambiriye ingabo za Israel.

Ni nyuma y’aho Israel yari ihanganye na Hamas muri Gaza yimuriye intambara muri Liban, mu guhangana n’umutwe wa Hezbollah wivanze mu bya Israel na Hamas.

Ibikomeje gutuma abantu bacika ururondogoro, ni ibitero Israel yagabye ejo kuwa Mbere mu majyepfo ya Liban bigahitana abantu hafi 500 biganjemo abasivile, abandi hafi 1 700 barakomereka.

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres yatangaje ko Liban igiye kuba isibaniro ry’intambara nk’Intara ya Gaza. Loni yahaye gasopo Israel iyibuza kwica abasivile nk’uko imaze iminsi ibikora muri Gaza.

Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yavuze ko bateganya kongera ibitero mu majyepfo ya Liban batitaye ku bivugwa n’amahanga, ndetse aboneraho kongera gusaba abasivile bariyo guhunga bitaba ibyo bakahasiga ubuzima.

Ati “Nimuve ahantu hashobora kubashyira mu kaga nonaha. Hezbollah irimo kubakoresha, irabika ibisasu mu byumba byanyu, ikanabika ibisasu mu nzu zanyu. Mfite ubutumwa nshaka kugenera abaturage ba Liban. Intambara ya Israel ntabwo igamije kubarwanya, igamije kurimbura Hezbollah.”

Yakomeje agira ati “Ku batarabyumva neza, ndashaka kubabwira umurongo Israel igenderaho, ntabwo dutegereza ko abantu badutera ubwoba, twe dukoresha ibikorwa oha ari ho hose, igihe icyo ari cyo cyose, turimbura ibikomerezwa, turimbura ibyihebe tugakuraho ibisasu, n’ibitaraza bizaza, tugiye gukora ibirenzeho.”

Jordania yatangaje ko igiye gufasha Liban mu kurinda umutekano w’abasivile mu gihe Leta Zunze Ubumwe za America na yo iteganya kongera abasirikare bayo mu burasirazuba bwo hagati.

Iran na yo biravugwa ko yiteguye gusuka imiriro kuri Israel. Loni yasabye impande zose zirebwa n’iki kibazo kugishakira umuti.

Ibitaro byinshi muri Liban byatangiye kuzura kubera harimo kuvurirwa inkomere zakomerekejwe n’ibitero by’ejo.

Israel igiye kumara umwaka ihanganye n’umutwe wa Hamas muri Gaza ibintu byatumye umutwe wa Hezbollah nawo uhagurukira gutera ingabo mu bitugu abo barwanyi ba Hamas.

Olive YAMBABARIYE
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten − 8 =

Previous Post

Gatsibo: Inkoni yakubiswe akekwaho kwiba intoryi zamuviriyemo urupfu

Next Post

Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw

Related Posts

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

by radiotv10
16/01/2026
0

Ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Gihugu cy’u Burundi, riranengerwa kujandika abana b’abanyeshuri mu bya politiki, nyuma yuko ribakoresheje imyiyerekano...

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

by radiotv10
16/01/2026
0

Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ryongeye kugaragaza ko uruhande bahanganye mu mirwano, rukomeje kurenga ku...

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

RIB yataye muri yombi abantu bafite amadolari 10.000 y’Amerika y’amiganano

by radiotv10
15/01/2026
0

Munyemana Athanase 41 w’imyaka na Habimana Augustin w’imyaka 33 y’amavuko batawe muri yombi nyuma yo gufatanwa amadolari ya Amerika asaga...

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

Menya Ibihugu 75 America igiye guhagarika guha Visa abaturage b’abimukira babiturukamo

by radiotv10
15/01/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America, yatangaje ko igiye guhagarika gutanga no kwakira ubusabe Visa ku baturage b'abimukira bo...

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

Amakuru agezweho ku Bajenerali b’igisirikare cya Congo bafunze barimo uwahoze ari Umugaba Mukuru

by radiotv10
14/01/2026
0

Abajenerali mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, barimo Lieutenant-Général Christian Tshiwewe wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’iki Gihugu,...

IZIHERUKA

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru
FOOTBALL

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

by radiotv10
16/01/2026
0

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw

Rwamagana: Igikoresho babwirwaga ko ari inkunga y’ubuntu ntawagihawe atishyuye 1.000Frw

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Hatagize igihinduka abakinnyi batatu bafite amazina akomeye mu Rwanda bagiye kugaragara mu bururu n’umweru

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.