Monday, November 10, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi

radiotv10by radiotv10
04/11/2025
in AMAHANGA, IMIBEREHO, POLITIKI
0
Hongeye gutangwa impuruza ku kibazo kibereye ingutu abatuye Isi
Share on FacebookShare on Twitter

Umuryango w’Abibumbye watabarije abatuye Isi bugarijwe n’ubukene ndetse ababarirwa muri miliyari enye, bakaba batabasha kugerwaho na serivisi zibakuru mu bukene butuma batabasha kubona ibyo kurya.

Ibi byatangajwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres mu nama yiga ku iterambere ry’imibereho iri kubera i Doha muri Qatar ahateraniye Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma, biga ku ngingo zinyuranye zirimo kurwanya ubukene, guhanga imirimo igezweho ndetse no kwita ku bantu bose, hatagize n’umwe uheezwa muri ibyo bikorwa.

Si ubwa mbere abayobozi baturutse mu Bihugu binyuranye baganiriye kuri izi ngingo, dore ko zari zanaganiriweho mu nama ya mbere yabereye Copenhagen, muri Denmark mu mwaka wa 1995. Icyo gihe bemeje ko bagomba kubishyira mu bikorwa hagamijwe kugera ku ntego z’umwaka wa 2030.

António Manuel de Oliveira Guterres, Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, yavuze ko hakiri umubare munini w’abaturage bakiri mu bukene bukabije.

Yagize ati “Birababaje kuba abaturage bagera kuri miliyoni 700 bakiri mu bukene bukabije, mu gihe 1% by’abaherwe bihariye kimwe cya kabiri cy’ubukungu bw’isi. Ntibyumvikana ukuntu miliyoni nyinshi zikigendana inzara, abandi bakaba bakicwa n’indwara zashoboraga kwirindwa.

Ntabwo byihanganirwa kuba miliyari enye z’abaturage batagerwaho na serivisi zo kubakura mu bukene. Guverinoma n’abikorera bagomba gufatanya guhanga imirimo igezweho, kandi iyo mirimo igomba no kugera ku bagore.

Tugomba gushyiraho amategeko ajyanye n’umurimo kugira ngo inyungu zitabangamira uburenganzira bw’abakozi.”

Perezida Paul Kagame yavuze ko ibi bibazo bisanzwe bizwi, ariko imiyoborere idahwitse ari yo ituma bikomeza kubangamira iterambere ry’abaturage.

Yagize ati “Ibi bibazo ntabwo ari bishya, ariko imiyoborere yacu ntijyana na gahunda zo kubikemura. Guteza imbere imibereho y’abaturage ni urugendo rukomeza, ariko bisaba kujyana n’igihe.

Igikenewe uyu munsi ni ugushyiraho impinduka zitanga umusaruro, kandi tukubakira ku byagezweho. Umusaruro uzaterwa n’ibintu byinshi, ariko icy’ingenzi ni ukuzamura ubushobozi bw’abaturage.”

Umukuru w’igihugu kandi yavuze ko igisubizo cy’ibyo bibazo kitagomba gushakirwa ahandi, asaba bagenzi be kwigira ku Rwanda. Yanasabye ko abashyiraho ingamba zo kubikemura bagomba kuva mu magambo, ahubwo bagashyira mu bikorwa bitanga umusaruro ufatika.

Yagize ati “Kugira ngo iterambere rirambe, ntabwo ushobora gutegereza ko rizava hanze. Ubu buryo ni bwo bwagize uruhare mu iterambere ry’u Rwanda. Gahunda zo guteza imbere imibereho y’abaturage, guha abaturage ijambo mu bibakorerwa, no kubazwa inshingano ni ryo shingiro ry’imiyoborere yacu.

Buri cyemezo dufata kiba kigamije guteza imbere imibereho y’abaturage. Tugomba no kwagura imikoranire, ariko ubufatanye bw’isi ntabwo butanga inyungu zingana. Tugomba kureka uburyo bwa kera kuko buheza igice kinini.

Kugira ngo ubwo bufatanye bugere ku rwego, bugomba kuba bugamije umusaruro ufatika, bikava mu magambo.”

Perezida wa Zimbabwe, Emerson Dambudzo Mnangagwa, yavuze ko yagerageje guhangana n’ibi bibazo ariko agatsikamirwa n’ibyemezo by’amahanga.

Yagize ati “Iterambere rikomeje kubangamirwa n’ibyemezo bidakwiye, birimo n’ibihano Igihugu cyacu cyashyiriweho.

Imihindagurikire y’ikirere na yo ikeneye amafaranga. Zimbabwe irasaba amavugurura mu mikorere y’inzego mpuzamahanga zishinzwe imari. Bagomba kutusonera inguzanyo kandi bakiyemeza gutanga inguzanyo zishyigikira iterambere.”

Imibare ya Banki y’Isi igaragaza ko muri 2025, miliyoni 808 z’abatuye isi ziba mu bukene bukabije, zingana na 9.9% by’abatuye isi bose. Aba baturage ntibabasha kubona amadolari 3 yo kubatunga ku munsi umwe.

Iyi mibare kandi igaragaza ko miliyari 1.1 z’abaturage bugarijwe n’ubukene budashingiye ku byo binjiza ku munsi, mu gihe kugeza ubu, abaherwe ku isi bangana na 5% by’abatuye isi, ariko bihariye 69% by’ubutunzi bw’isi yose.

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

6 − 5 =

Previous Post

Naomie yahishuye ingorane yagize mu kwandika igitabo zatumye agera n’aho arira n’amashimwe afite ubu

Next Post

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Related Posts

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

by radiotv10
10/11/2025
0

Pariki yo mu Kibaya cya N’Sele izwi cyane i Kinshasa muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, isanzwe ari iya Joseph...

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

by radiotv10
10/11/2025
0

Leta ya Tanzania yagejeje mu nkiko abantu amagana ibarega icyaha cya gucura umugambi wo kugambanira Igihugu, nyuma y’imyigaragambyo yabaye mu...

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

by radiotv10
10/11/2025
0

Colonel Fureko usanzwe akomoka mu Banyamulenge ukorana n’Umutwe wa Wazalendo na FARDC guhangana na AFC/M23, yatawe muri yombi anakorerwa iyicarubozo...

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

Umusirikare mu gisirikare cya Congo yishwe nyuma yo gushaka kwivugana komanda we

by radiotv10
10/11/2025
0

Umusirikare mu gisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) bivugwa ko yari yasinze, yishwe nyuma yo gushaka kwivugana umukuriye,...

Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo

Imyitwarire y’Igisirikare cy’u Burundi ikomeje guteza impungenge ku Banyamulenge muri Congo

by radiotv10
10/11/2025
0

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kohereza abandi basirikare muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo byumwihariko muri Kivu y’Epfo, aho bivugwa ko...

IZIHERUKA

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?
SIPORO

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

by radiotv10
10/11/2025
0

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

10/11/2025
Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

10/11/2025
Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

Ibyo twamenye ku isakara ry’amashusho agaragaramo umuhanzi Nyarwanda akomeje kurikoroza

10/11/2025
Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

Umukoloneri uri mu bafasha ubutegetsi bwa Congo kurwanya M23 ari mu mazi abira

10/11/2025
Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

Umusaza wakoraga akazi ko gucukura imva bamusanze yapfuye

10/11/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Igisubizo kirimo urwenya Obama yahaye umugore wamubwiriye mu ruhame ko amukunda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Wari uzi ko siporo yatuma uzigama abarirwa mu miliyoni ku mwaka?

Kimwe mu bikorwa by’ishoramari rya Kabila wabaye Perezida wa Congo kizwi cyane cyafunze imiryango

Abari mu myigaragambyo muri Tanzania akabo kashobotse

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.