Friday, December 26, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Humvikanye amakuru mashya ku bafana bakekwaho ibishingiye ku bitutsi nyandagazi batutse Mukansanga

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’abafana ba Kiyovu batutse Mukansanga byageze ku rundi rwego, Guverinoma yabivuzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’icyumweru batawe muri yombi, abafana batandatu ba Kiyovu Sports bakurikiranyweho ibyaha birimo gutukana mu ruhame bishingiye ku bitutsi bikojeje isoni batutse umusifuzi Mukansanga Rhadia Salma, barekuwe by’agateganyo.

Aba bafana ba Kiyovu Sports batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku ya 26 Mutarama nyuma y’iminsi itandatu bakoze ibyo bakekwaho.

Bakekwaho ibyaha bibiri; icyo gutukana mu ruhame ndetse n’icyaha cy’ivangura, byombi bishingiye ku bitutsi batutse umusifuzi Mpuzamahanga Mukansanga ku ya 20 Mutarama ubwo ikipe yabo ya Kiyovu Sports yakinaga na Gasogi United, ntibanyurwe n’imisifurire.

Abari batawe muri yombi ni; Nishimwe Madina, Harerimana Aziz, Salima Jeanne, Ikitegetse Fatuma, Nsengimana Hamza na Birimana Abdulubasta.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwari rwabataye muri yombi, tariki 31 Mutarama 2023 rwari rwanashyikirije Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego cyabo.

Gusa kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gashyantare, hamenyekanye amakuru ko aba bafana batandatu barekuwe by’agateganyo nkuko byanemejwe na Visi Perezida wa Kiyovu Sports, Mbonyumuvunyi Abdul Karim, wagize ati “Yego ni byo barekuwe by’agateganyo.”

Aba bafana barekuwe by’agateganyo barakomeza gukorwaho iperereza n’Ubushinjacyaha nubwo bafunguwe.

Nyuma yuko havuzwe iby’ibitutsi batutse Mukansanga byumvikanyemo n’imvugo nyandagazi, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryabyinjiyemo, rinafatira ibihano ikipe ya Kiyovu Sports yahanishijwe gukina umukino umwe nta bafana bari muri stade.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwnada, Yolande Makolo kandi yanagize icyo avuga kuri iki kibazo, aho yashimiye FERWAFA kuba yinjiye muri iki kibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three + 2 =

Previous Post

Turkey&Syria: Imibare y’abahitanywe n’umutingito udasanzwe ikomeje kwiyongera bageze mu 4.000

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ibihugu bibiri byahuye n’isanganya

Related Posts

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

Umutoza mushya wa Rayon akigera i Kigali atanze ubutumwa bunyura Abakunzi b’iyi kipe

by radiotv10
19/12/2025
0

Umufaransa Bruno Ferry wageze mu Rwanda aje gutangira akazi ko gutoza ikipe ya Rayon Sports, yavuze ko yifuza gukorana amateka...

IZIHERUKA

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ibihugu bibiri byahuye n’isanganya

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ibihugu bibiri byahuye n’isanganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.