Friday, October 31, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Humvikanye amakuru mashya ku bafana bakekwaho ibishingiye ku bitutsi nyandagazi batutse Mukansanga

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’abafana ba Kiyovu batutse Mukansanga byageze ku rundi rwego, Guverinoma yabivuzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’icyumweru batawe muri yombi, abafana batandatu ba Kiyovu Sports bakurikiranyweho ibyaha birimo gutukana mu ruhame bishingiye ku bitutsi bikojeje isoni batutse umusifuzi Mukansanga Rhadia Salma, barekuwe by’agateganyo.

Aba bafana ba Kiyovu Sports batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku ya 26 Mutarama nyuma y’iminsi itandatu bakoze ibyo bakekwaho.

Bakekwaho ibyaha bibiri; icyo gutukana mu ruhame ndetse n’icyaha cy’ivangura, byombi bishingiye ku bitutsi batutse umusifuzi Mpuzamahanga Mukansanga ku ya 20 Mutarama ubwo ikipe yabo ya Kiyovu Sports yakinaga na Gasogi United, ntibanyurwe n’imisifurire.

Abari batawe muri yombi ni; Nishimwe Madina, Harerimana Aziz, Salima Jeanne, Ikitegetse Fatuma, Nsengimana Hamza na Birimana Abdulubasta.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwari rwabataye muri yombi, tariki 31 Mutarama 2023 rwari rwanashyikirije Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego cyabo.

Gusa kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gashyantare, hamenyekanye amakuru ko aba bafana batandatu barekuwe by’agateganyo nkuko byanemejwe na Visi Perezida wa Kiyovu Sports, Mbonyumuvunyi Abdul Karim, wagize ati “Yego ni byo barekuwe by’agateganyo.”

Aba bafana barekuwe by’agateganyo barakomeza gukorwaho iperereza n’Ubushinjacyaha nubwo bafunguwe.

Nyuma yuko havuzwe iby’ibitutsi batutse Mukansanga byumvikanyemo n’imvugo nyandagazi, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryabyinjiyemo, rinafatira ibihano ikipe ya Kiyovu Sports yahanishijwe gukina umukino umwe nta bafana bari muri stade.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwnada, Yolande Makolo kandi yanagize icyo avuga kuri iki kibazo, aho yashimiye FERWAFA kuba yinjiye muri iki kibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × one =

Previous Post

Turkey&Syria: Imibare y’abahitanywe n’umutingito udasanzwe ikomeje kwiyongera bageze mu 4.000

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ibihugu bibiri byahuye n’isanganya

Related Posts

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ikipe ya El Hilal iri mu ziherutse kwemererwa kuzakina Shampiyona y’Umupira w’Amaguru mu Rwanda, yafashe urugendo iza muri iki Gihugu,...

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ko ikipe ya El Ahli S.C Wad Madani yo muri Sudani, yari iherutse...

Haravugwa icyatumye umutoza wifuzwaga na Rayon ashobora kuba yayiteye umugongo

Haravugwa icyatumye umutoza wifuzwaga na Rayon ashobora kuba yayiteye umugongo

by radiotv10
29/10/2025
0

Rayon Sports ishobora kubura umutoza w’umunya-Senegal, Serigne Saliou Dia bari bumvikanye, nyuma yuko aje ku rutonde rw’abashobora guhabwa akazi mu...

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

Ntibirajya mu murongo neza-Brig.Gen Deo wa APR yavuze birambuye ku mitoreze y’umutoza mushya

by radiotv10
28/10/2025
0

Chairman wa APR FC, Brig Gen Deo Rusanganwa yavuze ko ubuyobozi bw’iyi kipe bugifitiye icyizere umutoza mushya wayo, Taleb Abderrahim...

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

Eng.-VAR technology coming to Rwandan football

by radiotv10
28/10/2025
0

The Rwanda Football Federation (FERWAFA) has announced that the Video Assistant Referee (VAR) technology, which helps improve refereeing decisions, will...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ibihugu bibiri byahuye n’isanganya

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ibihugu bibiri byahuye n’isanganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.