Monday, January 5, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Humvikanye amakuru mashya ku bafana bakekwaho ibishingiye ku bitutsi nyandagazi batutse Mukansanga

radiotv10by radiotv10
07/02/2023
in FOOTBALL, SIPORO
0
Iby’abafana ba Kiyovu batutse Mukansanga byageze ku rundi rwego, Guverinoma yabivuzeho
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma y’icyumweru batawe muri yombi, abafana batandatu ba Kiyovu Sports bakurikiranyweho ibyaha birimo gutukana mu ruhame bishingiye ku bitutsi bikojeje isoni batutse umusifuzi Mukansanga Rhadia Salma, barekuwe by’agateganyo.

Aba bafana ba Kiyovu Sports batawe muri yombi n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ku ya 26 Mutarama nyuma y’iminsi itandatu bakoze ibyo bakekwaho.

Bakekwaho ibyaha bibiri; icyo gutukana mu ruhame ndetse n’icyaha cy’ivangura, byombi bishingiye ku bitutsi batutse umusifuzi Mpuzamahanga Mukansanga ku ya 20 Mutarama ubwo ikipe yabo ya Kiyovu Sports yakinaga na Gasogi United, ntibanyurwe n’imisifurire.

Abari batawe muri yombi ni; Nishimwe Madina, Harerimana Aziz, Salima Jeanne, Ikitegetse Fatuma, Nsengimana Hamza na Birimana Abdulubasta.

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha rwari rwabataye muri yombi, tariki 31 Mutarama 2023 rwari rwanashyikirije Ubushinjacyaha dosiye ikubiyemo ikirego cyabo.

Gusa kuri uyu wa Mbere tariki 06 Gashyantare, hamenyekanye amakuru ko aba bafana batandatu barekuwe by’agateganyo nkuko byanemejwe na Visi Perezida wa Kiyovu Sports, Mbonyumuvunyi Abdul Karim, wagize ati “Yego ni byo barekuwe by’agateganyo.”

Aba bafana barekuwe by’agateganyo barakomeza gukorwaho iperereza n’Ubushinjacyaha nubwo bafunguwe.

Nyuma yuko havuzwe iby’ibitutsi batutse Mukansanga byumvikanyemo n’imvugo nyandagazi, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryabyinjiyemo, rinafatira ibihano ikipe ya Kiyovu Sports yahanishijwe gukina umukino umwe nta bafana bari muri stade.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwnada, Yolande Makolo kandi yanagize icyo avuga kuri iki kibazo, aho yashimiye FERWAFA kuba yinjiye muri iki kibazo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nine − 1 =

Previous Post

Turkey&Syria: Imibare y’abahitanywe n’umutingito udasanzwe ikomeje kwiyongera bageze mu 4.000

Next Post

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ibihugu bibiri byahuye n’isanganya

Related Posts

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

Ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu cy’Afurika yafatiwe icyemezo cy’agateganyo Kapiteni wayo afatirwa icya burundu

by radiotv10
02/01/2026
0

Guverinoma ya Gabon yahagaritse by’agateganyo ikipe y’Igihugu iherutse gusezererwa mu Gikombe cya Afurika (AFCON) itarenze umutaru, inahagarika burundu rutahizamu Pierre-Emerick...

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

Ukwezi mu nshingano, Murenzi yaba ari mu nzira yo gukemura ibibazo bya Rayon cyangwa ni hahandi?

by radiotv10
28/12/2025
0

Tariki 25 Ugushyingo 2025, Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) rwasheshe inzego zose za Rayon Sports maze rushyiraho Komite y’inzibacyuho iyobowe na...

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

Isi ya ruhago mu gahinda ko kubura uyifitemo ibigwi washenguye abafite amazina akomeye

by radiotv10
28/12/2025
0

Isi ya ruhago ikomeje kunamira uwari umutoza Jean-Louis Gasset witabye Imana ku myaka 72 y’amavuko, aho bamwe mu bafite amazina...

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

IZIHERUKA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement
AMAHANGA

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

by radiotv10
05/01/2026
0

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

05/01/2026
Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

05/01/2026
Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

Afurika yagize icyo ivuga ku byakozwe na America yagiye gufatira Perezida w’ikindi Gihugu iwe

05/01/2026
Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

Inkuba ifite imbaraga yakubise abantu 15 mu Rwanda benshi muri bo bahasiga ubuzima

05/01/2026
Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

Eng.-AU statement addressing the capture of Venezuela’s president by the US

05/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ibihugu bibiri byahuye n’isanganya

Perezida Kagame yageneye ubutumwa Ibihugu bibiri byahuye n’isanganya

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-Qatar Government reacts to Burundi President’s clarifications on Foreign Minister’s controversial statement

Yampano yahishuye ibyago bikomeye byamubayeho benshi batamenye byamukomerekeje umutima nyuma ya Video

Icyakurikiye ubutumwa butavugwaho rumwe bwa Minisitiri wo mu Burundi kuri Qatar yazanyemo n’u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.