Thursday, December 4, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Abasigajwe n’amateka barashaka gutera umugongo kubumba bakayoboka ubuhinzi

radiotv10by radiotv10
27/10/2022
in MU RWANDA
0
Huye: Abasigajwe n’amateka barashaka gutera umugongo kubumba bakayoboka ubuhinzi
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bo amateka agaragaza ko basigaye inyuma bo mu Karere ka Huye, bavuga ko umwuga wo kubumba utakibasha kubatunga, none barashaka kujya mu buhinzi ariko ikibazo kikaba kutagira ubutaka.

Aba baturage bo mu cyiciro cy’abo amateka agaragaza ko basigaye inyuma, batuye mu Kagari ka Shanga mu Murenge wa Maraba, babwiye RADIOTV10 ko kuva cyera bari babeshejweho no kubumba inkono ariko ko aho ibihe bigeze, uyu mwuga utakibatunga.

Nyirinkindi Venuste yavuze ko uretse kubona ibumba bibagoye, n’inkono babumba zitagipfa kugurwa kuko abantu basigaye batekera mu masafuri, yewe ngo n’ababagurira inkono babaha intica ntikize.

Yagize ati “Baguha nk’ijana ndetse hari n’igihe uzijyana wazigeza aho uzigurisha ukirirwa uzibungana ku mutwe.”

Mugenzi we avuga ko aya mafaranga adashobora kubatunga kuko n’ibiciro ku masoko byatumbagiye.

Ati “Ujyana agakono mu isoko, bakaguha akajana, yenda umuntu yakugirira imbabazi akaguha yenda nka maganabiri, ubwo se umwana yiriwe arira, avuye no ku ishuri na we wiriwe imuhira…”

Bavuga ko bifuza guhagarika uyu mwuga bakaba bajya mu buhinzi ariko ko ikibazo bafite ari ubutaka bwo guhinga kuko bavutse basanga n’imiryango yabo itunzwe no kubumba itagira ubutaka bwo guhinga.

Umwe yagize ati “Ahasigaye nimudushakire imirima, mudushakire n’udutungo, muduhe n’amasuka rwose ntaho tugira duhinga. Tugahinga natwe iryo bumba tukarireka.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Maraba, Uwamariya Jaqueline avuga ko kuba aba baturage bamaze kubona ko ububumbyi bw’inkono butakibashije kubatunga, bashobora gufashwa kunoza uyu mwuga wabo, bakajya babumba nk’amavaze ariko kandi n’abashaka guhinga bakaba bashakirwa ubutaka.

Yavuze ko ubuyobozi buri kureba ubutaka bwa Leta bwegereye aba baturage, kugira ngo babutizwe batangire kubuhingamo.

Ati “Noneho twarangiza tukareba n’uburyo umuntu dushobora kumuha imirima n’aho yabasha gukorera kandi bimworoheye.”

Uyu muyobozi kandi yanavuze ko iyi miryango igomba gufasha abana bayikomokamo bakagana ishuri kugira ngo na bo mu minsi iri imbere batazahura n’imbogamizi zo kubura imirimo.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two × one =

Previous Post

Rusizi: Ahahoze Ibiro by’Akagari hatuyemo umuturage none kubona Gitifu ni ukwiyuha akuya

Next Post

Muhoozi yavuze ko uko byagenda kose agomba kuzaba Perezida

Related Posts

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

by radiotv10
04/12/2025
0

Umunsi wari utegerejwe wageze, ahateganyijwe isinywa ry’amasezerano y’amahoro n’ubukungu hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyirwaho umukono...

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

by radiotv10
04/12/2025
0

Nyuma yuko hasakaye amashusho agaragaza bamwe mu baturage bo mu Karere ka Rusizi, bigamba ko banywa urumogi, ubuyobozi bw’aka Karere...

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu Banyekongo bahungiye mu Rwanda imirwano ikomeye iri kubera mu gace ka Kamanyola mu Ntara ya Kivu y’Epfo, baravuga...

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

by radiotv10
04/12/2025
0

Bamwe mu batujwe mu mudugudu uherereye mu Murenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko bamaze imyaka itanu batarahabwa...

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

Rusizi: Umubare w’abakeneye insimburangingo n’inyunganirangigo uraruta uw’abazihawe

by radiotv10
04/12/2025
0

Mu gihe hizihizwa umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga aho mu cyumweru cyahariwe kubitaho abagera kuri 50 bahawe insimburangingo n’inyunganirangingo, Inama...

IZIHERUKA

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko
IMYIDAGADURO

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

by radiotv10
04/12/2025
0

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

04/12/2025
Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

04/12/2025
Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

Ikigiye gukurikira nyuma yuko hari ab’i Rusizi bagaragaye bigamba ko banywa ikiyobyabwenge cy’urumogi

04/12/2025
Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

Abanyekongo bahunze imirwano yahinduye isura hagati ya AFC/M23 n’abarimo Ingabo z’u Burundi bavuze uko basize bimeze

04/12/2025
Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

Bahawe inzu nziza ariko ngo hari icyo basaba cyatuma bazigiriramo imibereho myiza

04/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Muhoozi yavuze ko uko byagenda kose agomba kuzaba Perezida

Muhoozi yavuze ko uko byagenda kose agomba kuzaba Perezida

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamakuru ‘Djihad’ uregwa ibifitanye isano n’amashusho y’urukozasoni ari mu bageze ku Rukiko

Hatangajwe amakuru y’akaga kasizwe n’ibitero byaturutse i Burundi bikagabwa muri Congo

Dore uko gahunda y’isinywa ry’amasezerano hagati y’u Rwanda na DRC iteye kuva itangiye kugeza ihumuje

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.