Saturday, January 24, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Bagaragaje ibibazo baterwa n’inyubako za Leta zashaje zitagikoreshwa

radiotv10by radiotv10
04/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Bagaragaje ibibazo baterwa n’inyubako za Leta zashaje zitagikoreshwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturiye n’abakorera mu mujyi wa Huye, bavuga ko inyubako za Leta zishaje zitagikorerwa, zabaye indiri y’amabandi n’ibisambo, bamaze kuzengereza bamwe babambura ibyabo bakanabakorera urugomo.

Aba baturage bavuga ko izi nyubako za Leta zashaje, ari zo ziberamo abakora ibikorwa bibahungabanyiriza umutekano, nk’ubujura ndetse n’urugomo.

Umwe mu baturage bakunze gukorera ingendo muri uyu mujyi wa Huye, yagize ati “Muri izi nzu mayibobo zihishamo zikatwambura amatelefone.”

Kuba izi nzu zipfa ubusa ntagikorerwamo, kandi uyu mujyi ufite ikibazo cy’amacumbi adahagije, ni byo abaturage baheraho basaba zavugururwa zikajya zifashishwa cyangwa zikegurirwa ba rwiyemezamirimo bakazibyaza umusaruro

Undi muturage ati “Ibyiza zavugururwa cyangwa zikegurirwa abikorera bakazibyaza umusaruro dore ko no muri uyu mujyi hari ikibazo cy’amacumbi macye, banazicumbikiramo abanyeshuri bo muri kaminuza zo muri aka Karere kuko amacumbi yabuze.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange avuga ko Akarere gafite gahunda yo kwegurira izi nyubako abikorerra bakazibyaza umusaruro.

Ati “Umurongo wafashwe ni uko n’abikorera bafata izi nzu bakazivugurura bakazikoreramo, bigafasha mu isura nziza y’umujyi.”

Zimwe mu nzu zitabyazwa umsaruro kandi mbere zarakorerwagamo ibikorwa bihuza abantu benshi, harimo iyahoze ari inzu Mberabyombi y’Akarere ka Huye, n’inzu za Kaminuza y’u Rwanda ziri mu bice binyuranye mu Karere ka Huye.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

15 + five =

Previous Post

DRCongo: Abasirikare bakuru barimo Aba-Colonel bateye umugongo FARDC bagasanga M23 bavuze icyabibateye

Next Post

Iby’ingenzi bizibukirwa kuri rutahizamu Mbappé muri PSG nyuma yo kuyivamo

Related Posts

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Abaturage bo mu Murenge wa Save, mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bahuye n’ikibazo gikomeye mu buhinzi nyuma yuko urubura...

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

by radiotv10
24/01/2026
0

Imibare y’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare-NISR, igaragaza ko mu gihembwe cya kane cya 2025, ubushomeri mu rubyiruko bwagabanutseho 3% kuko bwageze kuri...

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

by radiotv10
24/01/2026
0

Bamwe mu bahinzi bo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu bavuga ko nubwo bashyiriweho nkunganire ya Leta ku...

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

by radiotv10
24/01/2026
0

Umugabo n’umugore we bo mu Mujyi wa Kigali, bamaranye itanu babana, umwe afite ubwandu bwa Virusi itera SIDA undi atabufite,...

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

Hatangajwe icyazanye mu Rwanda intumwa z’Ingabo zihora ziteguye gutabara aho rukomeye mu karere

by radiotv10
23/01/2026
0

Intumwa z’Umuryango w’Ingabo Zihora ziteguye Gutaba mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba (Eastern Africa Standby Force-EASF), zagiriye uruzinduko mu Rwanda rugamije...

IZIHERUKA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye
IMIBEREHO MYIZA

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

by radiotv10
24/01/2026
0

Hahishuwe byinshi byirengagizwa bituma urubyiruko rukomeza gutsikamirwa n’ubushomeri biruturutseho

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

24/01/2026
Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

24/01/2026
Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

Abanyamakurukazi b’amazina azwi mu Rwanda basangije abantu amafoto bishimira igihe bamaze bakorana

24/01/2026
Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

Inkuru y’Isomo: Ibiteye amatsiko mu mibanire y’umusore wemeye gushaka umukobwa ufite SIDA ubu bubatse urugo runezerewe

24/01/2026
Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

Gen. Muhoozi yabaye nk’utoneka Bobi Wine bamaze iminsi baterana amagambo anarira ayo kwarika

23/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Iby’ingenzi bizibukirwa kuri rutahizamu Mbappé muri PSG nyuma yo kuyivamo

Iby’ingenzi bizibukirwa kuri rutahizamu Mbappé muri PSG nyuma yo kuyivamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibiza byaje bibatunguye byashyize imibereho yabo mu ihurizo rikomeye

Hagaragajwe igipimo gishya cy’ubushomeri mu rubyiruko rw’u Rwanda no ku bandi

Rubavu: Bashimira uburyo Leta yabatekerejeho ikabunganira ariko n’ubundi barakikoreye umutwaro

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.