• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Bagaragaje ibibazo baterwa n’inyubako za Leta zashaje zitagikoreshwa

radiotv10by radiotv10
04/06/2024
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Bagaragaje ibibazo baterwa n’inyubako za Leta zashaje zitagikoreshwa
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturiye n’abakorera mu mujyi wa Huye, bavuga ko inyubako za Leta zishaje zitagikorerwa, zabaye indiri y’amabandi n’ibisambo, bamaze kuzengereza bamwe babambura ibyabo bakanabakorera urugomo.

Aba baturage bavuga ko izi nyubako za Leta zashaje, ari zo ziberamo abakora ibikorwa bibahungabanyiriza umutekano, nk’ubujura ndetse n’urugomo.

Umwe mu baturage bakunze gukorera ingendo muri uyu mujyi wa Huye, yagize ati “Muri izi nzu mayibobo zihishamo zikatwambura amatelefone.”

Kuba izi nzu zipfa ubusa ntagikorerwamo, kandi uyu mujyi ufite ikibazo cy’amacumbi adahagije, ni byo abaturage baheraho basaba zavugururwa zikajya zifashishwa cyangwa zikegurirwa ba rwiyemezamirimo bakazibyaza umusaruro

Undi muturage ati “Ibyiza zavugururwa cyangwa zikegurirwa abikorera bakazibyaza umusaruro dore ko no muri uyu mujyi hari ikibazo cy’amacumbi macye, banazicumbikiramo abanyeshuri bo muri kaminuza zo muri aka Karere kuko amacumbi yabuze.”

Umuyobozi w’Akarere ka Huye, Sebutege Ange avuga ko Akarere gafite gahunda yo kwegurira izi nyubako abikorerra bakazibyaza umusaruro.

Ati “Umurongo wafashwe ni uko n’abikorera bafata izi nzu bakazivugurura bakazikoreramo, bigafasha mu isura nziza y’umujyi.”

Zimwe mu nzu zitabyazwa umsaruro kandi mbere zarakorerwagamo ibikorwa bihuza abantu benshi, harimo iyahoze ari inzu Mberabyombi y’Akarere ka Huye, n’inzu za Kaminuza y’u Rwanda ziri mu bice binyuranye mu Karere ka Huye.

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

16 − 8 =

Previous Post

DRCongo: Abasirikare bakuru barimo Aba-Colonel bateye umugongo FARDC bagasanga M23 bavuze icyabibateye

Next Post

Iby’ingenzi bizibukirwa kuri rutahizamu Mbappé muri PSG nyuma yo kuyivamo

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
Iby’ingenzi bizibukirwa kuri rutahizamu Mbappé muri PSG nyuma yo kuyivamo

Iby’ingenzi bizibukirwa kuri rutahizamu Mbappé muri PSG nyuma yo kuyivamo

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.