Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera

radiotv10by radiotv10
08/11/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Huye: Baribaza irengero ry’ibendera ryabaga ku Kagari badaheruka guca iryera
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Rango B mu Murenge wa Tumba mu Karere ka Huye, bavuga ko bari mu gihirahiro kuko badaheruka kubona ibendera ry’Igihugu ku Biro by’aka Kagari kimwe no ku ishami rya RAB riri muri aka gace, bakibaza niba ryaribwe cyangwa hari ikindi kibazo cyabaye.

Bamwe muri aba baturage babwiye RADIOTV10 ko bari basanzwe babona ibendera ry’Igihugu ku Biro by’Akagari ndetse no ku ishami ry’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi RAB, ariko bakaba badaheruka kuyaca iryera.

Nyamara ngo kuba habaga ibendera, hari ubutumwa byatangaga, ku buryo uwaba warafashe icyemezo cyo kuryururutsa yagombye kuba yarabibamenyesheje.

Umwe yagize ati “Nk’ubu umuntu yamanukaga hariya abona idarapo riri hariya, agahita abona ko ari nk’Akagari cyangwa hakorerwa umurimo wa Leta, ariko uburyo baryururukije ntituzi uburyo ryagiye.”

Undi muturage usanzwe akorera hafi y’ibi Biro by’Akagari, avuga ko ibendera ari ikirango gikomeye cy’Igihugu kandi abaturage bakaba banagifiteho ijambo ku buryo batari gufata icyemezo cyo kuryururutsa batabimenyeshejwe.

Ati “Ryarahahoze ariko ntibigeze banataka ko ryibwe, ubwo niba barayabitse ntiwamenya […] ubundi umuturage iyo abonye ibendera rimanitse aba azi ko ntakibazo na kimwe kiri mu Murenge cyangwa kiri mu Gihugu.”

Mugenzi we akomeza agira ati “Iyo ubonye idarapo ry’Igihugu urimo, uravuga uti ‘ndi Umunyarwanda’ idarapo ni irinyarwanda.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Rango B, Niyonsenga Marie Louise ahumuriza aba baturage ko iri bendera ritibwe ndetse ko ntakindi kibazo cyabayeho.

Ati “Iryo twari dufite ryarakuze kubera wa muyaga ejobundi watambutseho akagozi karyo karacika ariko twari twasabye irindi, turajya kurifata ku Murenge bambwiye ko ryaje.”

Hakunze kumvikana ubujura bukorerwa amabendera mu bice bitandukanye, rimwe na rimwe ababukora bakaba baba bafite imigambi itari myiza.

INKURU MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

8 − 5 =

Previous Post

Perezida Kagame mu nama yiga ku bya Congo itagaragayemo Tshisekedi

Next Post

U Rwanda rwasabye Congo kurekura Abanyarwanda 2 bamaze amezi 2 bafunzwe n’urwego rw’iperereza

Related Posts

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Guverinoma ya Leta Zunze Ubumwe za America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya ‘Jenoside yakorewe Abatutsi’, yashyize ikoresha iyi mvugo...

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

by radiotv10
08/04/2026
0

The United States of America which had previously resisted using the officially recognized term “Genocide against the Tutsi,” has now...

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

Hatanzwe umuburo ku batumbagije ibiciro by’ingendo mu Rwanda bakishyuza amafaranga ahabanye n’ayatangajwe

by radiotv10
08/04/2026
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere RURA, ruraburira abatwara abagenzi mu buryo bwa rusange, ko abishyuza amafaranga menshi ku biciro biherutse gutangazwa, babihanirwa....

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

Bimwe mu byabaye tariki 08/04/1994: Paul Kagame yatangije intambara kuri Leta yakoraga Jenoside

by radiotv10
08/04/2026
0

Tariki 08 Mata 1994 wari umunsi wa Kabiri Abatutsi batangiye kwicwa nyuma y’uko Leta yateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi itanze amabwiriza...

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

Kwibuka32: Abanyarwanda baba mu Bubiligi n’inshuti z’u Rwanda bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi

by radiotv10
08/04/2026
0

Mu Bubiligi, mu murwa mukuru i Brussels muri Komine ya Woluwe-Saint-Pierre, Abanyarwanda, inshuti z’u Rwanda na bamwe mu bayobozi mu...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
U Rwanda rwasabye Congo kurekura Abanyarwanda 2 bamaze amezi 2 bafunzwe n’urwego rw’iperereza

U Rwanda rwasabye Congo kurekura Abanyarwanda 2 bamaze amezi 2 bafunzwe n’urwego rw’iperereza

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.