Sunday, December 14, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Huye: Hari abari bafungiye Jenoside bafunguwe bagera mu rugo abagore babo bakabamenesha

radiotv10by radiotv10
11/02/2022
in MU RWANDA
0
Huye: Hari abari bafungiye Jenoside bafunguwe bagera mu rugo abagore babo bakabamenesha
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu bagabo bari bafungiye ibyaha bya Jenoside Yakorewe Abatutsi, bo mu Karere ka Huye, bavuga ko bafunguwe bagera mu zabo imiryango yabo ikabirukana bagahitamo kwangara ubu bakaba bavuga ko babayeho nabi.

Munyentwari Aristalque w’imyaka 72, yabwiye RADIOTV10 ko ubwo yafungurwaga yumvise yishimye ko agiye gusubira mu muryango we akongera kuwitaho ndetse na wo ukamwitaho, gusa ngo si ko byagenze.

yagize ati “Aho ntahukiye ndangije igihano bari bampaye, umugore aramenesha ati ‘nta burenganzira ufite aha’.”

Agaruka ku cyo atekereza ku gitera iki kibazo, Munyentwari yagize ati “kubera impamvu y’inda nini abagore bafite muri iki gihe kubera ko bamenyereye kwiharira n’imitungo yabo, umugabo yaba aje ntagire icyo avuga.”

Munyentwari avuga ko iki kibazo cyabaye ku bagabo benshi bari bafunganywe, bageraga mu ngo zabo bagasanga zahinduye imirishyo bagahitamo kwahukana.

Ati “Umugabo akamena agacika akagenda yanga intambara, yanga kongera kumena amaraso.”

Bizimana Felicie na we wari ufungiye gukora Jenoside Yakorewe Abatutsi, avuga ko abagabo bagize ibi byago, bari mu gahinda kuko babayeho nabi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura mu Karere ka Huye, Ngabo Fidel avuga ko abantu bahuye n’iki kibazo badakwiye kubyihererana ahubwo ko bakwiye kugana inzego bakazimenyesha kugira ngo bitazateza amakimbirane mu ngo.

Ati “Twabagira inama yo kujya bagana ubuyobozi nta mpamvu yo kwihererana ibibazo cyane cyane ko hagiye hagaragara abantu bihererana ibibazo ugasanga binagiza ingaruka mu mibanire bituma habayeho n’ibintu bikomeye bageze n’aho banicana.”

Bamwe muri aba bahuye n’ibi bibazo, bagaragaza ko babayeho mu gahinda gakabije, binagaragazwa no kuba hari gahunda za Leta batitabira nko kuba batagira ubwishingizi bwo kwivuza.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

fifteen + two =

Previous Post

Kigali: Umwubatsi yahanutse mu igorofa ahita agwa igihumure

Next Post

Mu Kinyarwanda cyuje ikibonezamvugo, Vrooman wari Ambasaderi wa USA yasezeye Abanyarwanda

Related Posts

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Rwanda’s digital identity scheme is making progress toward its planned June 2026 rollout, with 300,000 now registered for the scheme,...

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

by radiotv10
13/12/2025
0

Mu muhango wo gusezerera ku Bapolisi 74 baherutse gushyirwa mu kiruhuko cy'izabukuru, Umuyobozi Mukuru wa Polisi y'u Rwanda, IGP Felix...

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

by radiotv10
13/12/2025
0

Patriotism is more than singing the national anthem or proudly wearing the colors of our flag. It is a deep...

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

Abasirikare ibihumbi 20 mu Ngabo z’u Rwanda bazamuwe mu mapeti barimo 10.000 b’icyiciro kimwe

by radiotv10
12/12/2025
0

Abasirikare 21 065 mu Ngabo z’u Rwanda, bazamuwe mu mapeti, barimo 10 260 bahawe ipeti rya Sergeant bakuwe ku rya...

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

Gakenke: Umugabo yasanganywe ibiyobyabwenge by’ubwoko bubiri abibitse mu nzu ahita atanga amakuru

by radiotv10
12/12/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Gakeshyi mu Karere ka Gakenke, yafatanywe ibilo 17 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi na Litiro 14 za Kanyanga,...

IZIHERUKA

Curiosity grows around Rwanda’s new Digital ID
IMIBEREHO MYIZA

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

by radiotv10
13/12/2025
0

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

13/12/2025
Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

13/12/2025
Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

Rutahizamu wa Police FC yambitse impeta y’urukundo umukunzi we bitegura kurushinga

13/12/2025
Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

Patriotism and the Power of Youth: Why the Future of Our Nation Depends on Us

13/12/2025
America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

America yahaye umuburo Igihugu cyo muri Afurika cyafashe icyemezo kitayinyuze

12/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Mu Kinyarwanda cyuje ikibonezamvugo, Vrooman wari Ambasaderi wa USA yasezeye Abanyarwanda

Mu Kinyarwanda cyuje ikibonezamvugo, Vrooman wari Ambasaderi wa USA yasezeye Abanyarwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Rwanda’s digital ID advances with 300,000 already registered

Amakuru agezweho ku ntambara yo muri Congo n’ubundi ikirimo ingabo z’u Burundi

Ubutumwa bwahawe Abapolisi 74 barimo abo hejuru muri Polisi y’u Rwanda bagiye mu kiruhuko

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.