Thursday, October 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba

radiotv10by radiotv10
30/10/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Huye: Harumvikana kunyuranya imvugo hagati y’ubuyobozi n’abavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu barezi b’amarerero bo mu Murenge wa Mukura mu Karere ka Huye, bavuga ko bamaze igihe bakora batabona agahimbazamusyi kabo, nyamara baratswe na nimero za Konti, ariko bakaba barategereje amaso agahera mu kirere, mu gihe ubuyobozi buvuga ko bishyurwa buri mezi atatu.

Aba barezi b’amarerero yo mu Kagari k’Icyeru mu Murenge wa Mukura, bavuga ko bahawe akazi ko kwita ku bana mu marerero nk’abarezi, babwirwa ko bazajya bahabwa agahimbazamusyi ndetse banatanga nimero za konti kugira ngo bajye baherwamo amafaranga yabo, ariko ngo amezi yihiritse ari menshi bategereje.

Uwitwa Aline yagize ati “Turakora buri munsi, tugafasha abana kwiga no gukura neza, ariko amafaranga batubwiye ko tuzajya duhembwa twarayategereje twayabura, jye bandimo amezi atandatu.”

Uwimana Diane na we yagize ati “Kuva natangira akazi sindabona n’ifaranga na rimwe. Hari ubwo nifuza kukareka kubera ubukene ariko nkibuka ko abana badakwiye kubura ubareba kandi narabyiyemeje kubakurikirana.”

Undi witwa Consesa na we yagize ati “Twe turasaba ko batwishyura ibyo twakoreye. Nubwo tutari abakozi ba Leta buzuye, twakoze nk’abandi kandi dukeneye gutunga imiryango yacu.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura, Ngabo Fidèle, avuga ko atumva impamvu abo bavuga ko batishyuwe kandi biba biteganyijwe ko amafaranga abageraho mu gihembwe kingana n’amezi atatu.

Ati “Ntekereza ko abauvuga ko batarahembwa ari uko tuyabaha mu mezi atatu batarayabona, wenda bifuza ko yajya aza buri kwezi, abavuga ko batayabona sinzi uko biba byagenze kuko biteganyijwe ko ayo mafaranga aza buri gihembwe. Tugiye kubafasha ku buryo yajya aza buri kwezi.”

Gushyiraho amarerero hirya no hino mu Gihugu, ni gahunda ya Guverinoma y’u Rwanda igamije guteza imbere uburere n’uburezi by’umwana kuva akiri muto.

Aba barezi bavuga ko bategereje agahimbazamusyi kabo bagaheba
Bavuga hari igihe bacika intege ariko bakumva batahagarika kurerera u Rwanda

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

two + one =

Previous Post

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

Next Post

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Related Posts

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

by radiotv10
30/10/2025
0

Komisiyo ishinzwe Gusezerera no Gusubiza mu buzima busanzwe abahoze ari Abasirikare, yatangaje ko mu myaka 24 (kuva muri 2001), abahoze...

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

by radiotv10
30/10/2025
0

The Rwanda Demobilization and Reintegration Commission (RDRC) has announced that over the past 24 years (since 2001), more than 12,000...

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

Rural-Urban migration: What happens when youth move to Kigali in search of a ‘Better Life’?

by radiotv10
30/10/2025
0

Every year, a big number of young Rwandans pack their bags to move to Kigali, drawn mostly by the promise...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
30/10/2025
0

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

Icyo Minisitiri avuga ku mwana ufite ubumuga wagaragaje impano idasanzwe bigakora benshi ku mutima

by radiotv10
29/10/2025
0

Nyuma yuko hagaragaye umwana ufite ubumuga akina umupira w’amaguru na bagenzi be batabufite akagaragaza impano idasanzwe, bigakora benshi ku mutima,...

IZIHERUKA

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda
FOOTBALL

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
30/10/2025
0

Hari abarwanyi ba FDLR batahutse mu Rwanda ko iminsi bahawe yarangiye?-Guverinoma yabisobanuye

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

30/10/2025
Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

30/10/2025
Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

Eng.-Over 12,000 former FDLR combatants have returned to Rwanda over the past 24 years

30/10/2025
Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

Hatangajwe icyemezo cyanyuze benshi ku musirikarekazi wo mu Congo wafotowe asomana n’umukunzi we

30/10/2025
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

30/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Habayeho impinduka ku makipe yo muri Sudani byari byatangajwe ko azakina Shampiyona y’u Rwanda

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Amakuru agezweho kuri imwe mu makipe yo muri Sudani yemerewe gukina Shampiyona y’u Rwanda

Menya umubare w’abarwanyi bose bahoze muri FDLR bamaze gutahuka mu Rwanda bavuye muri Congo

Hatanzwe impuruza ku bikorerwa Abarundi baba hanze y’Igihugu cyabo

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.