Saturday, July 12, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Huye: Ibyishimo bari bagize ubwo hafungurwaga ivomero ntibyamaze kabiri

radiotv10by radiotv10
28/05/2025
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
1
Huye: Ibyishimo bari bagize ubwo hafungurwaga ivomero ntibyamaze kabiri
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu batuye mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, bavuga ko ivomero ry’amazi meza bari begerejwe, ryafunze rimaze ukwezi kumwe gusa, none byatumye basubira kuvoma amazi mabi yo mu bishanga no mu bidendezi.

Iri vomero ryavomwagaho n’abo mu Midugudu ya Gahondo na Mukuzanyana yo mu Kagari ka Sazange uyu Murenge wa Kinazi, aho bavuga ko ubwo ryafungurwaga bari babyishimiye.

Mukamanzi Alphonsine yagize ati “Twari twizeye ko tubonye amazi hafi nyuma uwavomeshaga arigendera bahita bayafunga dusubira kuvoma ay’ibishanga mabi, ubu amezi abaye abiri barifunze.”

Aba baturage bavuga ko bumva amakuru avuga ko imfunguzo z’iri vomero zifitwe n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari Sazange, Jean Paul Minani.

Umuturage witwa Alphonse na we ati “Ubu tujya kuvoma mu bishanga kandi twarahoranye amazi meza. Bibaye byiza badufungurira ivomo tukajya tuvoma amazi meza.”

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kinazi, Nkubana Vianney avuga ko atari azi iki kibazo, icyakora ko agiye kugikurikirana.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Sazange, Jean Paul Minani avuga ko gufungwa kw’iri vomeri byatewe no kuba uwayavomeshaga yaragiye, bigatuma ubuyobozi butegereza ko umukozi wa WASA abanza kubara umwenda yari arimo kugirango babone gushaka undi ukomeza izi nshingano.

Ati “Hari hategerejwe umukozi wa WASA ngo abarure ideni uwo wavomeshaga yasigayemo hanyuma tubone kuriha undi uzajya arivomeshaho.”

Ababaturage bo muri aka gace, basaba ko mu gihe bahawe ibikorwa remezo nk’ibi bajya bafashwa bikaramba, kuko atari rimwe cyangwa kabiri babihabwa ariko ntibimare kabiri bidahagaze.

Iri vomero ryafunze rimaze ukwezi kumwe gusa rifunguye
Ubu ni ryo urubyiruko rujya kuruhukiraho
Abaturage bavuga ko rikwiye kongera rigafungura kuko ryari ribafatiye runini
Ntibumva ikibura ngo bongere bavome amazi meza

Prince Theogene NZABIHIMANA
RADIOTV10

Comments 1

  1. ka says:
    1 month ago

    amazi ni ubuzima. wasac ishyiremo agatege. nyabuna kugeza amazi ku baturage ni ingirakamari.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 3 =

Previous Post

Umwe mu bagize Guverinoma ya Congo yavuze ko adafite ubwoba bwo gufungwa

Next Post

Gen.(Rtd) James Kabarebe yahagarariye u Rwanda mu nama y’ubufatanye bwa Congo n’akarere mu by’umutekano

Related Posts

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yazamuye mu ntera bamwe mu bakozi b’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora, yohereza abandi mu...

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

by radiotv10
12/07/2025
0

Bamwe mu bo mu Murenge wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza, bavuga ko bizejwe n’umushoramari amasezerano yo guhinga urusenda mu...

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

by radiotv10
11/07/2025
0

The history of humanity is, in many ways, the history of domination of one group over another. Across centuries, these...

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

by radiotv10
11/07/2025
0

Urukiko Rukuru rwatesheje agaciro ubujurire bwa Kazungu Denis wari wajuririye icyemezo yafatiwe cyo gufungwa burundu nyuma yo guhamywa ibyaha birimo...

BREAKING: Intumwa zirimo iz’u Rwanda, DRCongo, na America zahuriye ku meza y’ibiganiro i Doha

Eng.-Interior Ministers of Rwanda and DRC invited to Doha talks between Kinshasa and AFC/M23

by radiotv10
11/07/2025
0

The Minister of Interior of Rwanda and his counterpart from the Democratic Republic of Congo are in Doha, Qatar, for...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo
MU RWANDA

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

by radiotv10
12/07/2025
0

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

12/07/2025
LIBERATION vs INDEPENDENCE:

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

11/07/2025
Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

Abacamanza barenga 100 muri Congo bagiye kwigaragambiriza imbere ya Minisiteri

11/07/2025
Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

Amakuru agezweho: Ubujurire bwa Kazungu wahamijwe kwica abarenga 10 bwateshejwe agaciro

11/07/2025
Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

Amafoto ya mbere y’umuhanzikazi Clarisse Karasira ateruye ubuheta bwe

11/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Gen.(Rtd) James Kabarebe yahagarariye u Rwanda mu nama y’ubufatanye bwa Congo n’akarere mu by’umutekano

Gen.(Rtd) James Kabarebe yahagarariye u Rwanda mu nama y’ubufatanye bwa Congo n’akarere mu by’umutekano

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yirukanye abakozi b’Urwego rushinzwe Igorora barimo uwari mu buyobozi bwarwo

Kayonza: Umushoramari yabizeje ibitangaza bashora imari none bararira ayo kwarika

LIBERATION vs INDEPENDENCE:

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.