Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibanga umugore yameneye umugabo we ryatumye yica umwana ‘babyaranye’

radiotv10by radiotv10
30/08/2023
in AMAHANGA
0
Ibanga umugore yameneye umugabo we ryatumye yica umwana ‘babyaranye’
Share on FacebookShare on Twitter

Umugabo wo mu Karere ka Kisoro muri Uganda arakekwaho kwica akase umutwe umwana w’umuhungu w’imyaka itanu w’umugore we, nyuma y’uko amubwiye ko atari we bamubyaranye.

Polisi ya Kisoro yamaze guta muri yombi uyu mugabo w’imyaka 31, ivuga ko byatahuwe ko umugore w’uyu mugabo yamubwiye ko umwana w’imyaka itanu bari bazi ko babyaranye, atari we bamubyaranye.

Ibi byatumye uyu mugabo agira umujinya w’umuranduranzuzi, ubundi ahita ajya gufata uwo mwana aho yari ari kwa Nyirakuru, aramushimuka ajya kumwica.

Aya mahano yabaye kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Kanama 2023 ubwo uyu mugabo witwa Elias Kabeni usanzwe ari umuturage w’umuhinzi wo mu gace ka Matyazo muri Nyarusiiza, yicaga urw’agashinyaguro umuhungu yari azi ko ari uwe Junior Aloysius Kabeni.

Polisi ya Kisaro ivuga ko uyu mugabo akimara kwica uyu mwana, yahise yijyana kuri Polisi, yiyemerera icyaha, ko ari we wishe uyu mwana, ikaba yahise itangira iperereza.

Itangazo ry’Umuvugizi wa Polisi ya Kigezi, Elly Maate, rivuga ko Kabeni yibanaga nyuma yo gutandukana n’umugore we wari wafashe umwana wabo akamujyana kwa nyina [nyirakuru wa nyakwigendera].

Polisi ivuga ko uyu mugabo ukekwaho kwica uyu mwana, yari yabanje kujya kwa nyina witwa Jovia Nyirasheriburyo w’imyaka 65 utuye mu gace ka Matyazo muri Paruwasi ya Lukongi mu Karere ka Kisaro.

Ubwo yagarukaga nib wo yahuye n’uwahoze ari umugore, we ari nabwo yamubwiraga ibyo byamuteye umujinya akajya kwica uwo mwana.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eighteen + five =

Previous Post

Afurika: Habaye indi ‘Coup d’Etat’ yatunguranye isamirwa hejuru n’abaturage

Next Post

Rubavu: Babyukiye ku nkuru y’agahinda y’uwo basanze yishwe akanashinyagurirwa

Related Posts

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

Haravugwa urujijo ku mibare nyakuri y’abahitanywe n’iturika ry’ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi

by radiotv10
08/04/2026
0

Nyuma y’icyumweru habaye iturika ry’ububiko bw’intwaro bw’ikigo cya Gisirikare cya Musaga i Bujumbura mu Burundi, amakuru aravuga ko hakiri urujijo...

IZIHERUKA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje
MU RWANDA

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

by radiotv10
08/04/2026
0

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

08/04/2026
Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

08/04/2026
Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

08/04/2026
Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

Eng.-For the first time, the U.S. has used the official term “Genocide against the Tutsi”

08/04/2026
AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

08/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Rubavu: Babyukiye ku nkuru y’agahinda y’uwo basanze yishwe akanashinyagurirwa

Rubavu: Babyukiye ku nkuru y’agahinda y’uwo basanze yishwe akanashinyagurirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Bwa mbere America yari yarinangiye gukoresha inyito yemewe ya Jenoside yakorewe Abatutsi yayikoresheje

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.