Friday, January 16, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibiba kuri YouTube ni nabyo biba mu nsengero- Past.Rutayisire ahishuye ibidakwiye bibera mu nsengero

radiotv10by radiotv10
22/03/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibiba kuri YouTube ni nabyo biba mu nsengero- Past.Rutayisire ahishuye ibidakwiye bibera mu nsengero
Share on FacebookShare on Twitter

Umukozi w’Imana, Dr Antoine Rutayisire anenga amwe mu madini n’amatorero adatanga inyigisho zifasha abayoboke bayo, ahubwo agataramana imigirire y’andi matorero, akabibona nko kureshya abayoboke mu buryo budakwiye nkuko bikorwa ku mbuga nkoranyambaga.

Rev. Pasiteri Dr Antoine Rutayisire usanzwe ari Umuyobozi wa Paruwasi ya Remera mu Itorero Angilikani, mu kiganiro kihariye yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko amadini abereyeho guhindura abantu, bakayoboka inzira nziza, ariko ko hari n’abajya mu nsengero ntibigire icyo bibahinduraho kubera inyigisho bavomayo.

Ni mu gihe muri iki gihe, ku mbuga nkoranyambaga hakunze kugaragara inyigisho abantu bagakwiye gusanga mu nsengero ku buryo hari bamwe batakirirwa bajya guteranira mu nsengero kuko baba bakurikiye inyigisho kuri iryo koranabuhanga rya YouTube risanzwe rinanyuzwaho ubutumwa bwa byacitse.

Ati “Ikibazo mfite ntabwo ari ukujya mu kiliziya cyangwa mu nsengero cyangwa kutajyayo. Ikibazo mfite, abajyayo bo byabunguye iki? Ni cyo kibazo twagombye kwibaza twese abantu bafite insengero twagombye kwibaza tuti ‘ese ibyo Yesu yadutumye turimo turabikora ku buryo bubyara umusaruro yari ategereje ko bibyara.”

Yakomeje avuga ko amadini n’amatorero aramutse akora akazi kayo, abantu baba barahindutse ku buryo abajya mu nsengero bagombye kuba bagendera mu nzira igororotse.

Pastor Rutayisire avuga ko ikibazo atari uko umuntu yakurikirana inyigisho ku mbuga nkoranyambaga cyangwa mu nsengero, kuko yaba ababutanga ndetse n’ababwumva aba ari bamwe.

Ati “Ibiba kuri YouTube ni na byo biba mu nsengero. Uzajye mu nsengero, hari ahantu ujya ukicara nk’umuntu akamara iminota mirongo itatu ari kwigisha ku bandi bapasitoro, ari kwigisha ku yandi matorero. Ukifata utya ukavuga uti ‘ubundi ko njyewe naje nje kuvoma, ibyo nshaka kuvoma si byo uri kumpa’.”

Uyu mukozi w’Imana avuga ko hari amatorero yigisha inyigisho zo gusebya andi madini, aho kugira ngo yigishe ibyagirira akamaro abakristu.

Ati “Ntabwo ikibazo nkibona muri YouTube. Ikibazo ndakibona muri twebwe. None se niba umuntu ajya ku karubanda agakoronga, iyo ari wenyine abigenza ate? Insengero zacu zisa nka YouTube, usanga abantu bari ku rusengero bakamara iminota bigisha ku bandi. Yesu yigeze adutuma gusebanya, yigeze adutuma kunegurana?”

Rutayisire kandi avuga ko iyi ari ingeso yeze mu madini n’amatorero hafi ya yose y’iki gihe, nyamara ijambo ry’Imana, ribuza abantu izi ngeso mbi.

 

IKIGANIRO CYOSE MU MASHUSHO

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

5 × 3 =

Previous Post

Mu buryo butunguranye Amavubi yamenyeshejwe icyemezo kitari kitezwe n’Abanyarwanda

Next Post

Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe

Related Posts

Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

by radiotv10
16/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda yemeje ko mu murima uri hafi y’Ishuri ryo mu Murenge wa Rutunga mu Karere ka Gasabo, habonetse...

Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

by radiotv10
16/01/2026
0

Umuti wa Lenacapavir ushobora gufasha umuntu wawutewe kutandura Virusi itera SIDA mu gihe cy’amezi atandatu, uzatangira gutangwa mu Rwanda muri...

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

Igisirikare cya Jamaica cyahaye ikaze abasirikare b’u Rwanda 100

by radiotv10
16/01/2026
0

Ubuyobozi bw’Ingabo za Jamaica bwakiriye itsinda ry’abasirikare 100 mu Ngabo z’u Rwanda bazobereye mu by’ubwubatsi bagiye mu bikorwa byo gufasha...

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

Abagororwa barimo n’abahamijwe Jenoside bavuze ibanga ryababereye urufunguzo rwo kubona amahoro

by radiotv10
16/01/2026
0

Bamwe mu bagororwa bagororerwa mu Igororero rya Nyarugenge, barimo abahamijwe gukora Jenoside, bavuga ko inyigisho zatanzwe n’umuryango Prison Fellowship, zatumye...

Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Impamvu abo mu muryango w’umusore wasanzwe yapfuye yarakaswemo ibice bari mu bakekwa

by radiotv10
15/01/2026
0

Umusore wo mu Murenge wa Nyamirama mu Karere ka Kayonza wari ufite ubumuga bwo mu mutwe, wasanzwe yapfuye, aho mu...

IZIHERUKA

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri
IBYAMAMARE

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

by radiotv10
16/01/2026
0

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

16/01/2026
Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

16/01/2026
Ahakekwaho kuba haraturutse igisasu cyaturikanye abana batatu bavukana b’i Gicumbi

Hasobanuwe iby’igisasu cyabonetse hafi y’ishuri mu Mujyi wa Kigali

16/01/2026
Hamenyekanye Igihugu cya mbere muri Afurika kigiye gutangira gukoreshwamo urukingo rwa SIDA

Iby’ingenzi wamenya ku muti urinda abantu kwandura SIDA byemejwe ko ugiye gutangira gukoreshwa mu Rwanda

16/01/2026
AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

AFC/M23 yongeye kugaragaza ingaruka ziteye inkeke zo kuba uruhande bahanganye rwirengagiza ibyo rwasinyiye

16/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe

Batungujwe icyemezo babwirwa ko utazacyubahiriza azahanishwa igihano kidasanzwe

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umuririmbyi w’Indirimbo z’Imana uzwi mu Rwanda yasubije abamututse ko yaririmbye indirimbo bamwe bavugaho inzongamubiri

Mu mvugo y’urwenya umunyamakuru Angeli Mutabaruka yavuze kuri boss we KNC bakorana bikanyura benshi

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.