Thursday, September 18, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibibanziriza Jenoside n’ibiyikurikira byose byabayeho muri DRCongo- Umusesenguzi

radiotv10by radiotv10
15/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibibanziriza Jenoside n’ibiyikurikira byose byabayeho muri DRCongo- Umusesenguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi muri politiki akaba n’umushakashatsi kuri Jenoside, Tom Ndahiro avuga ko ibyabaye n’ibikomeje kuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bigize Jenoside kuko yaba ibimenyetso biyibanziriza ndetse n’ibiyikurikira, byose byabayeho.

Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bari gukorerwa ibikorwa by’ihohoterwa, bamwe bakahaburira n’ubuzima mu bwicanyi bukorwa n’umutwe wa FDLR ufatanyije n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).

Ibi bikorwa bimaze imyaka irenga 25, byatangiye kuva hashingwa umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda yahitanye abarenga miliyoni imwe.

Uyu mutwe washinzwe n’abahoze mu mutwe w’Interahamwe ndetse n’abasirikare b’Ubutegetsi bwateguye bukanashyira mu bikorwa iyi Jenoside, bakomeje ibikorwa byo kwica abo mu bwoko bw’Abatutsi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo, kugeza n’ubu bakibikora.

Umusesenguzi Tom Ndahiro avuga ko, ingengabitiekerezo y’ubwicanyi bukorerwa Abatutsi b’Abanyekongo yatangiye kuva cyera.

Yagize ati “Poropaganda yita Abatutsi babi, utangira kuyibona mu bitangazamakuru byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikiri Zaire. Ni ibintu byanditse, binakwereka ko byagiye bitegurwa n’abakoze Jenoside hano [mu Rwanda].”

Avuga kandi ko izi ngengabitekerezo mbi zibibwa n’abantu bakomeye, bafite ijambo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barimo abari mu myanya mikuru y’Igihugu ndetse n’abanyapolitiki bayihozemo.

Umutwe wa M23 wavutse ugamije guharanira uburenganzira bw’aba banyekongo bicwaga, ubu wamaze kwitwa uw’iterabwoba ndetse ugerekwa ku Rwanda, aho Guverinoma ya DRC ikomeje kuvuga ko uyu mutwe ufashwa n’u Rwanda.

Tom Ndahiro avuga ko ibivugwa na Tshisekedi ko u Rwanda rwateye Igihugu cye rwitwikiriye uyu mutwe wa M23, atari bishya kuko bisa n’ibyavugwaga na Habyarimana n’ubutegetsi bwe bwateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ati “Mu 1990 Inkotanyi ziteye, ikintu cya mbere Habyarimana na Guverinoma ye bakoze cyari ukuvuga ngo ‘hari abantu b’inkonkobotsi bitwa Inyenzi-Inkotanyi, ariko si na bo nubwo biyita Abanyarwanda, abateye ubundi ni abanyamahanga’. Icyo kintu cyo kwambura abantu uburenganzira ku Gihugu cyarabaye.”

Umusesenguzi Tom Ndahiro

Agaruka ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda kubera ibikorwa by’ihohoterwa bakorerwaga mu Gihugu cyabo, barimo n’abamaze imyaka irenga 25, akavuga ko ari kimwe n’itotezwa ryakorerwaga Abatutsi bo mu Rwanda kuva mu 1959, bamwe bakaza guhungira mu Bihugu by’ibituranyi.

Ati “Aba bantu b’Abanyekongo bigaragambyaga, utekereza ko Congo itazi ko bahari? utekereza ko umuryango mpuzamahanga utazi ko muri iki Gihugu [mu Rwanda] hari Abanyekongo barenga ibihumbi 80?”

Avuga ko kandi ikibabaje ari uko mu biganiro byose byo gushaka umuti w’ibi bibazo, hatajya havugwa aba banyekongo bahungiye mu Rwanda.

Ati “Icyo kintu cyonyine cyo gukura abantu mu Gihugu cyabo ukumva ko nta burenganzira bafite, ni kimwe muri Jenoside biba byatangiye.”

Mu cyumweru gishize, Guverinoma ya Congo Kinshasha yashyize hanze igitabo kiswe ‘Livre Blanc’ kitiranwa n’icyashyizwe hanze na Guverinoma ya Juvenal Habyarimana mu 1991, cyo kwikuraho uruhare rwayo kuri Jenoside yariho itegurwa.

Ni igitabo cyasohotse mu gihe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hanakomeje kugaragara ibikorwa byo gutoteza Abatutsi b’Abanyekongo ndetse bamwe bakicwa urw’agashinyaguro bamwe bakicwa batwitswe.

Tom Ndahiro yemeza ko ibyabaye n’ibikomeje kuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ntakundi yabyita atari Jenoside.

Ati “Ibimenyetso byose yaba ibibanziriza Jenoside ndetse n’ibiyikurikira, byose byabayeho.”

Avuga ko ikibabaje ari uko amahanga akomeje kurebera nkuko yarebereye ubwo hategurwaga Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ku buryo n’amahanga yari akwiye kubyumva nkuko u Rwanda na rwo rwumva ibiri kubera muri Congo, ntirukomeza gutabariza Abatutsi b’Abanyekongo rwonyine.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Abajenerali baganiriye na M23 bagiye barindiwe umutekano bihambaye, barimo n’uwa RDF (AMAFOTO)

Next Post

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Related Posts

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

by radiotv10
18/09/2025
0

Umugabo wo mu Murenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi ukurikiranyweho kwica umugore we amukubise isuka ya majagu mu mutwe,...

AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

by radiotv10
18/09/2025
0

Umuturage wo mu Murenge wa Ngamba mu Karere ka Kamonyi, uvuga ko yari aho Polisi yarasiye abagabo batatu bariho batema...

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

Three powerful self-care practices for a healthier, happier you

by radiotv10
18/09/2025
0

The modern world is hectic and it seems that self-care is a full time occupation. Self-care does not always have...

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

Rwamagana: Abashoferi bari mu rujijo nyuma y’icyemezo bafatiwe bavuga ko cyazanye kubangamirana

by radiotv10
18/09/2025
0

Abashoferi b'imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange, bavuga batazi impamvu Polisi yo mu Karere ka Rwamagana yakuyeho ibyapa bya...

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

Hasobanuwe impamvu y’impinduka zagaragaye mu biciro bishya by’amashanyarazi mu Rwanda

by radiotv10
18/09/2025
0

Urwego rw’Igihugu Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ibiciro bishya by’umuriro w’amashanyarazi bisimbura ibyari bimaze imyaka itanu, byorohejwe ku cyiciro cy’ibanze, aho bakoresha...

IZIHERUKA

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo
AMAHANGA

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

by radiotv10
18/09/2025
0

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

18/09/2025
AMAKURU AGEZWEHO: Uwakekwagaho kwica urw’agashinyaguro uwarokotse Jenoside na we yarashwe arapfa

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

18/09/2025
Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

Pavelh Ndzila wagiye muri Rayon avuye muri APR bwa mbere ahishuye impamvu atagikinira Ikipe y’Igihugu

18/09/2025
Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

Mu birori birimo ibyamamare umuhanzi Niyo Bosco n’umukunzi we bateye intambwe nyuma yo kumugaragaza

18/09/2025
Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

Inama Pavelh Ndzila agira Rayon mbere yo guhura na Singida yageze mu Rwanda

18/09/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

AFC/M23 yafashe icyemezo gishyira igorora abakoresha umupaka wa ‘Grande Barrière’ w’u Rwanda na Congo

Ibisobanuro by’umugabo uregwa kwicana ubugome umugore we abanje kumutonganya ngo yazerereye atamubwiye

Uwari aho Abapolisi barasiye batatu bakekwaho ubugizi bwa nabi muri Kamonyi yavuze uko byagenze

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.