Thursday, December 25, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibibanziriza Jenoside n’ibiyikurikira byose byabayeho muri DRCongo- Umusesenguzi

radiotv10by radiotv10
15/12/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibibanziriza Jenoside n’ibiyikurikira byose byabayeho muri DRCongo- Umusesenguzi
Share on FacebookShare on Twitter

Umusesenguzi muri politiki akaba n’umushakashatsi kuri Jenoside, Tom Ndahiro avuga ko ibyabaye n’ibikomeje kuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bigize Jenoside kuko yaba ibimenyetso biyibanziriza ndetse n’ibiyikurikira, byose byabayeho.

Abanyekongo bo mu bwoko bw’Abatutsi bari gukorerwa ibikorwa by’ihohoterwa, bamwe bakahaburira n’ubuzima mu bwicanyi bukorwa n’umutwe wa FDLR ufatanyije n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC).

Ibi bikorwa bimaze imyaka irenga 25, byatangiye kuva hashingwa umutwe wa FDLR ugizwe na bamwe mu basize bakoze Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda yahitanye abarenga miliyoni imwe.

Uyu mutwe washinzwe n’abahoze mu mutwe w’Interahamwe ndetse n’abasirikare b’Ubutegetsi bwateguye bukanashyira mu bikorwa iyi Jenoside, bakomeje ibikorwa byo kwica abo mu bwoko bw’Abatutsi bo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya congo, kugeza n’ubu bakibikora.

Umusesenguzi Tom Ndahiro avuga ko, ingengabitiekerezo y’ubwicanyi bukorerwa Abatutsi b’Abanyekongo yatangiye kuva cyera.

Yagize ati “Poropaganda yita Abatutsi babi, utangira kuyibona mu bitangazamakuru byo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ikiri Zaire. Ni ibintu byanditse, binakwereka ko byagiye bitegurwa n’abakoze Jenoside hano [mu Rwanda].”

Avuga kandi ko izi ngengabitekerezo mbi zibibwa n’abantu bakomeye, bafite ijambo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo barimo abari mu myanya mikuru y’Igihugu ndetse n’abanyapolitiki bayihozemo.

Umutwe wa M23 wavutse ugamije guharanira uburenganzira bw’aba banyekongo bicwaga, ubu wamaze kwitwa uw’iterabwoba ndetse ugerekwa ku Rwanda, aho Guverinoma ya DRC ikomeje kuvuga ko uyu mutwe ufashwa n’u Rwanda.

Tom Ndahiro avuga ko ibivugwa na Tshisekedi ko u Rwanda rwateye Igihugu cye rwitwikiriye uyu mutwe wa M23, atari bishya kuko bisa n’ibyavugwaga na Habyarimana n’ubutegetsi bwe bwateguye Jenoside Yakorewe Abatutsi.

Ati “Mu 1990 Inkotanyi ziteye, ikintu cya mbere Habyarimana na Guverinoma ye bakoze cyari ukuvuga ngo ‘hari abantu b’inkonkobotsi bitwa Inyenzi-Inkotanyi, ariko si na bo nubwo biyita Abanyarwanda, abateye ubundi ni abanyamahanga’. Icyo kintu cyo kwambura abantu uburenganzira ku Gihugu cyarabaye.”

Umusesenguzi Tom Ndahiro

Agaruka ku Banyekongo bahungiye mu Rwanda kubera ibikorwa by’ihohoterwa bakorerwaga mu Gihugu cyabo, barimo n’abamaze imyaka irenga 25, akavuga ko ari kimwe n’itotezwa ryakorerwaga Abatutsi bo mu Rwanda kuva mu 1959, bamwe bakaza guhungira mu Bihugu by’ibituranyi.

Ati “Aba bantu b’Abanyekongo bigaragambyaga, utekereza ko Congo itazi ko bahari? utekereza ko umuryango mpuzamahanga utazi ko muri iki Gihugu [mu Rwanda] hari Abanyekongo barenga ibihumbi 80?”

Avuga ko kandi ikibabaje ari uko mu biganiro byose byo gushaka umuti w’ibi bibazo, hatajya havugwa aba banyekongo bahungiye mu Rwanda.

Ati “Icyo kintu cyonyine cyo gukura abantu mu Gihugu cyabo ukumva ko nta burenganzira bafite, ni kimwe muri Jenoside biba byatangiye.”

Mu cyumweru gishize, Guverinoma ya Congo Kinshasha yashyize hanze igitabo kiswe ‘Livre Blanc’ kitiranwa n’icyashyizwe hanze na Guverinoma ya Juvenal Habyarimana mu 1991, cyo kwikuraho uruhare rwayo kuri Jenoside yariho itegurwa.

Ni igitabo cyasohotse mu gihe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo hanakomeje kugaragara ibikorwa byo gutoteza Abatutsi b’Abanyekongo ndetse bamwe bakicwa urw’agashinyaguro bamwe bakicwa batwitswe.

Tom Ndahiro yemeza ko ibyabaye n’ibikomeje kuba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ntakundi yabyita atari Jenoside.

Ati “Ibimenyetso byose yaba ibibanziriza Jenoside ndetse n’ibiyikurikira, byose byabayeho.”

Avuga ko ikibabaje ari uko amahanga akomeje kurebera nkuko yarebereye ubwo hategurwaga Jenoside Yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ku buryo n’amahanga yari akwiye kubyumva nkuko u Rwanda na rwo rwumva ibiri kubera muri Congo, ntirukomeza gutabariza Abatutsi b’Abanyekongo rwonyine.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

20 − 10 =

Previous Post

Abajenerali baganiriye na M23 bagiye barindiwe umutekano bihambaye, barimo n’uwa RDF (AMAFOTO)

Next Post

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Related Posts

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

by radiotv10
25/12/2025
0

Mushinzimana Stanislas warutuye mu kagari ka Murambi mu murenge wa Nyakarenzo wari warezwe n’umugore batari babanye neza yasanzwe mu cyumba...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

by radiotv10
25/12/2025
0

Polisi ikorera mu Karere ka Musanze yafashe abagabo babiri bari barashinze uruganda rukora inzoga zitujuje ubuziranenge, izwi nka ‘Muriture’, bari...

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

by radiotv10
24/12/2025
0

Every year in December, something powerful happens across the world. Airports fill up, buses travel overnight, roads become crowded, and...

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

Habaye indi mpanuka ikomeye na yo y’ikamyo

by radiotv10
24/12/2025
0

Mu Murenge wa Ruharambuga mu Karere ka Nyamasheke, habereye impanuka y’imodoka y’ikamyo yari ipakiye Sima, yaguye mu manga, ariko ntiyagira...

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

Living With Parents as a Young Adult: Benefits, Tensions and the Unspoken Rules

by radiotv10
24/12/2025
0

For many young adults in Kigali and across Rwanda, living with parents after university or in the early years of...

IZIHERUKA

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye
FOOTBALL

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

25/12/2025
Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

25/12/2025
Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

Umusaza utari umeranye neza n’ab’iwe yasanzwe mu nzu yapfuye batanu bo muri urwo rugo batabwa muri yombi

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

25/12/2025
Abagabo babiri bafashwe bakora rwihishwa inzoga na bo ubwabo badashobora gusomaho

Why Celebrating Christmas Is a Big Thing All Over the World

24/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Perezida Kagame na Ndayishimiye bicaranye mu nama ya EAC itagaragayemo Tshisekedi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Ibyari isengesho muri Nigeria byahindutse amarira mu kanya nk’ako guhumbya

Hamenyekanye iherezo ry’umusirikare w’Umwofisiye mu gisirikare cy’u Burundi warasiwe ku rugamba na AFC/M23

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.