Sunday, July 6, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibidasanzwe: Akayabo kazishyurwa n’abifuza gukodesha mu bwato bumeze nk’inzu buzamara imyaka 3 mu nyanja

radiotv10by radiotv10
14/03/2023
in AMAHANGA, UDUSHYA
0
Ibidasanzwe: Akayabo kazishyurwa n’abifuza gukodesha mu bwato bumeze nk’inzu buzamara imyaka 3 mu nyanja
Share on FacebookShare on Twitter

Ku Isi hagiye kubaho ibidasanzwe, aho ubwato bumeze nka hoteli ikomeye bugiye kumara imyaka itatu bugendagenda mu nyanja, ndetse hanatangazwa akayabo kazishyurwa n’uzifuza kubukodeshamo aho gutura mu gihe cy’umwaka.

Ni ubwato bwa kompanyi y’ingendo z’ubwato buzatangira kogoga inyanja tariki 01 Ugushyingo 2023 butangiriye urugendo rwiswe MV Gemini muri Istanbul muri Turkia.

Abakoze ubu bwato, bavuga ko abantu bafite amezi umunani yo kwitegura ku bifuza kuzakodesha muri ubu bwato, bashaka ibyangombwa byose nk’imapuro z’inzira (Passport) ndetse n’ibindi.

Ubu bwato buzamara imyaka itatu buri mu rugendo, buzagenda ibilometero ibihumbi 130, abifuza kubukodeshamo aho gutura mu gihe cy’umwaka, bazishyura ibihumbi 30 USD (Miliyoni 30 Frw) ku muntu umwe.

Ni ubwato bukozwe nka Hoteli zikomeye kuko burimo ibyumba byo kuraramo, uruganiriro, piscine ndetse n’ibindi bikorwa remezo byose bikenerwa n’abantu aho batuye.

Iyi kompanyi y’ubu bwato, ivuga ko buzagera ku byambu 375 ndetse bukagera mu Bihugu 135 byo ku Isi ku Migabane yose uko ari irindwi.

Hamwe mu hantu nyaburanga buzagera, harimo umujyi wa Rio de Janeiro, ku birango bya Pyramids bya Gisa ndetse n’ahazwi nka Great Wall mu Bushinwa.

Buzagera kandi mu Birwa 103, aho igihe buzaba bugeze muri ibyo bice buzajya buhagarara ababurimo bakabanza kujya gutembera mu rwego rwo kubashimisha.

Ubu bwato bufite ibyumba abantu bashobora kubamo bigera muri 400 ndetse n’ahandi hashobora kwakira abagenzi 1 074.

Ni ubwato bugiye kumara umwaka mu mazi
Bumeze nka Hoteli ikomeye

Abifuza gukodeshamo aho kuba bazishyura miliyoni 30 Frw ku mwaka

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

three × four =

Previous Post

Gukemura vuba ikibazo cyazamuwe kenshi n’Abanyakigali,…Imyanzuro y’Umushyikirano2023 iratanga icyizere

Next Post

Ikirunga cyo muri Congo cyagaragaje ibimenyetso bikangaranye byatumye Abanyekongo beregeye u Rwanda baburirwa

Related Posts

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

by radiotv10
04/07/2025
0

U Burusiya bwongeye kugaba ibitero bikomeye kuri Ukraine, mu ntambara imaze igihe ihanganishije ibi Bihugu, aho iki Gihugu cya Ukraine...

Gen. Makenga wa M23 na Corneille Nagaa bagaragaye barindiwe umutekano bidasanzwe

AFC/M23 yatanze umucyo ku byavugwaga ko igiye gusinyana amasezerano n’ubutegetsi bwa Congo

by radiotv10
04/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko nta mushinga w’amasezerano wari wagerwago ku buryo wasinywa mu biganiro biri kubera i Doha muri Qatar,...

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

Baltasar wavuzweho cyane ku mbuga nkoranyambaga hamenyekanye icyemezo yafatiwe n’Urukiko

by radiotv10
03/07/2025
0

Baltasar Engonga Ebang wahoze ari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Iperereza mu by’Imari muri Guinée Equatoriale wigeze kugarukwaho cyane kubera...

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

Perezida Trump yahaye Hamas inama z’icyatuma intambara yayo na Israel irangira burundu

by radiotv10
02/07/2025
1

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, Donald Trump, yasabye umutwe wa Hamas ushyigikiwe na Iran kwemera icyo yise ubusabe...

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

AFC/M23 irashinja Ubutegetsi bwa Congo gukora igikorwa cy’ubugome ndengakamere nyuma y’amasezerano y’amahoro

by radiotv10
01/07/2025
0

Ihuriro AFC/M23 riravuga ko nyuma y’amasaha 72 ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo businyiye amasezerano y’amahoro i Washington, bwahise...

IZIHERUKA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda
MU RWANDA

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

by radiotv10
05/07/2025
0

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

05/07/2025
Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

05/07/2025
Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

Ikibazo cya FDLR nikidakemuka u Rwanda ruzakomeza gukora ibyo rukwiye gukora- Perezida Kagame

04/07/2025
Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

Mu birori bya APR hanakinwe umukino unogeye ijisho wagaragayemo Abasirikare Bakuru bari mu bashinze ikipe

04/07/2025
Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

Intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine yarushijeho gukaza umurego

04/07/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ikirunga cyo muri Congo cyagaragaje ibimenyetso bikangaranye byatumye Abanyekongo beregeye u Rwanda baburirwa

Ikirunga cyo muri Congo cyagaragaje ibimenyetso bikangaranye byatumye Abanyekongo beregeye u Rwanda baburirwa

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Eng.-President Kagame spoke about individuals hired by the DRC to launch attacks against Rwanda

Bavuze icyatumye bagwa mu kantu ubwo bishyuzwaga ibirarane by’imisoro

Bari gushiraho-Perezida Kagame yavuze ku bari biyambajwe na DRC ngo batere u Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.