Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiganiro bigiye kongera guhuza u Rwanda na Congo hari icyo bizatanga?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

radiotv10by radiotv10
18/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibiganiro bigiye kongera guhuza u Rwanda na Congo hari icyo bizatanga?-Icyo Umusesenguzi abivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hategerejwe inama izahuza Perezida w’u Rwanda n’uwa Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo, umuhanga muri politiki avuga ko akurikije imyitwarire ya Felix Tshisekedi yakunze kumuranga, nta cyizere ko ibi biganiro bizatanga umusaruro wifuzwa.

Umunsi, isaha n’aho Abakuru b’Ibihugu byombi bazahurira na Perezida wa Angola ntibiremezwa, icyakora kugeza ubu Ibihugu byombi ntibivuguruza ubushake bwo kongera kuganira ku kibazo bifitanye.

Iyo ni intambwe yavuye mu biganiro bagiranye na Perezida João Manuel Gonçalves Lourenço ufite inshingano zo gufasha Ibihugu byombi gukemura ibibazo binyuze mu biganiro.

Kwemera kujya i Luanda nabyo nabyo byabanjirijwe n’inama yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia, icyakora ikinyamakuru African Powers n’Ijwi rya Amerika bivuga ko hari umudipolomate muri icyo cyumba wababwiye ko iyi nama ntacyo yatanze kuko Abakuru b’Ibihugu byombi babwiranye amagambo yumvikanamo kutumvikana.

Icyakora ntibyarangiriye aho kuko ku mataliki ya 27 Gashyantare 2024 Tshisekedi yerecyeje i Luanda, nyuma y’ibyumweru bibiri, tariki 11 Werurwe 2024 Perezida Paul Kagame na we yerecyezayo.

Mu biganiro byahuje umuhuza na buri umwe muri aba Bakuru b’Ibihugu; byasoje bemerenyije ko bashobora kuzasubira muri Angola ku munsi umwe, bakicara ku meza amwe.

Icyakora Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa yavuze ko Guverinoma ya Congo Kinshasa yavuze ko Perezida w’iki Gihugu azemera guhura na mugenzi we w’u Rwanda ari uko ingabo z’u Rwanda zavuye ku butaka bw’Igihugu cye, ndetse na M23 ari uko yubahirije ibikubiye mu myanzuro y‘inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabereye i Bujumbura muri Kamena umwaka ushize wa 2023.

 

Hari icyo umutu yakwitega muri ibi biganiro?

Ibi biganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byanazamuye umwuka mubi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, gusa umuhanga muri politike mpuzamahanga, Alexis Nizeyimana; avuga ko akurikije uko Tshisekedi yakunze kugaragaza ko adafite ubushake, bigoye ko hari ikizava muri ibi biganiro bigiye kongera kubaho.

Ati “Iyo urebye ukuntu Tshisekedi yagiye yitwara muri ubwo buryo bwose bwagiye bugeragezwa kugira ngo iki kibazo gihabwe umurongo; ubona kitazigera gikemuka mu gihe akiyoboye Congo. Ni umuntu wivuguruje inshuro nyinshi mu bintu yabaga yarumvikanyeho n’abandi. Uko babona ikibazo cyakemuka, we si ko abibona. Arabona ko ikibazo gikwiye gukemuka aririmbwa nk’intwari y’icyo kibazo.”

Amahanga yo akomeje gusaba ibihugu byombi gushyira imbere inzira y’ibiganiro, icyakora ubwo busabe ntibwigeze butanga agahenge ku rufaya rw’amasasu akomeje gukura abasivile mu byabo bari batuye mu bice bimwe byo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Umuhanga muri Politiki Mpuzamahanga, Alexis Nizeyimana

Kagame yongeye gutanga ubutumwa

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na NTV mu cyumweru gishize, yongeye gushimangira umutekano w’u Rwanda ari ntasimburwa ku buryo atazabura gukora icyo agomba gukora kugira ngo akumire ko hari icyawutokoza.

Umukuru w’u Rwanda yagize “Mbivugiye imbere ya camera inshuro nyinshi ko igihe cyose umutekano w’u Rwanda uri mu kaga; sinkeneye uruhushya rw’umuntu awo ari wese kugira ngo nkore icyo ngomba ggukora kinyemeza ko u Rwanda rurinzwe.

Hari n’abayobora Ibihugu bikomeye bampamagara bakambwira ibyo ngomba gukora n’ibyo ntagomba gukora, mbabwira ko nabyumvise kandi mbashimiye, ariko nzakora ibishoboka byose kugira ngo hatagira ikindi gisasu cyongera kugwa ku utaka bw’u Rwanda.”

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uzaboneka ari uko hakemuwe umuzi wabyo, ariko ko abifuza kubikemura, bose bahera hejuru mu gihe umuzi wabyo ufite amateka yo hambere na we ubwe ataravuka.

Umukuru w’u Rwanda, muri iki kiganiro yagiranye na NTV, yavuze ko umuzi w’ibi bibazo ari akarengane kakomeje gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, bisanze ku butaka bwa Congo ubwo habagaho gukata imipaka, bakaba barakomeje gusabwa na Leta yabo gusubira iwabo mu Rwanda, hakaza kwiyongeraho FDLR yakomeje guhonyora uburenganzira bwabo igendeye ku ngengabitekerezo ya Jenoside.

Perezida Kagame mu kiganiro yagiranye na NTV yavuze ko umutekano w’u Rwanda ari ntasimburwa

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + eight =

Previous Post

Menya ibyabaye ku Mupasiteri wari warajyanye mu ishyamba abarenga 250 ngo gutegererezayo Imana

Next Post

M23 yahishuye ibidakwiye byongeye kugaragara ku Ngabo za LONI

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yahishuye ibidakwiye byongeye kugaragara ku Ngabo za LONI

M23 yahishuye ibidakwiye byongeye kugaragara ku Ngabo za LONI

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.