Friday, December 19, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiganiro bigiye kongera guhuza u Rwanda na Congo hari icyo bizatanga?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

radiotv10by radiotv10
18/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibiganiro bigiye kongera guhuza u Rwanda na Congo hari icyo bizatanga?-Icyo Umusesenguzi abivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hategerejwe inama izahuza Perezida w’u Rwanda n’uwa Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo, umuhanga muri politiki avuga ko akurikije imyitwarire ya Felix Tshisekedi yakunze kumuranga, nta cyizere ko ibi biganiro bizatanga umusaruro wifuzwa.

Umunsi, isaha n’aho Abakuru b’Ibihugu byombi bazahurira na Perezida wa Angola ntibiremezwa, icyakora kugeza ubu Ibihugu byombi ntibivuguruza ubushake bwo kongera kuganira ku kibazo bifitanye.

Iyo ni intambwe yavuye mu biganiro bagiranye na Perezida João Manuel Gonçalves Lourenço ufite inshingano zo gufasha Ibihugu byombi gukemura ibibazo binyuze mu biganiro.

Kwemera kujya i Luanda nabyo nabyo byabanjirijwe n’inama yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia, icyakora ikinyamakuru African Powers n’Ijwi rya Amerika bivuga ko hari umudipolomate muri icyo cyumba wababwiye ko iyi nama ntacyo yatanze kuko Abakuru b’Ibihugu byombi babwiranye amagambo yumvikanamo kutumvikana.

Icyakora ntibyarangiriye aho kuko ku mataliki ya 27 Gashyantare 2024 Tshisekedi yerecyeje i Luanda, nyuma y’ibyumweru bibiri, tariki 11 Werurwe 2024 Perezida Paul Kagame na we yerecyezayo.

Mu biganiro byahuje umuhuza na buri umwe muri aba Bakuru b’Ibihugu; byasoje bemerenyije ko bashobora kuzasubira muri Angola ku munsi umwe, bakicara ku meza amwe.

Icyakora Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa yavuze ko Guverinoma ya Congo Kinshasa yavuze ko Perezida w’iki Gihugu azemera guhura na mugenzi we w’u Rwanda ari uko ingabo z’u Rwanda zavuye ku butaka bw’Igihugu cye, ndetse na M23 ari uko yubahirije ibikubiye mu myanzuro y‘inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabereye i Bujumbura muri Kamena umwaka ushize wa 2023.

 

Hari icyo umutu yakwitega muri ibi biganiro?

Ibi biganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byanazamuye umwuka mubi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, gusa umuhanga muri politike mpuzamahanga, Alexis Nizeyimana; avuga ko akurikije uko Tshisekedi yakunze kugaragaza ko adafite ubushake, bigoye ko hari ikizava muri ibi biganiro bigiye kongera kubaho.

Ati “Iyo urebye ukuntu Tshisekedi yagiye yitwara muri ubwo buryo bwose bwagiye bugeragezwa kugira ngo iki kibazo gihabwe umurongo; ubona kitazigera gikemuka mu gihe akiyoboye Congo. Ni umuntu wivuguruje inshuro nyinshi mu bintu yabaga yarumvikanyeho n’abandi. Uko babona ikibazo cyakemuka, we si ko abibona. Arabona ko ikibazo gikwiye gukemuka aririmbwa nk’intwari y’icyo kibazo.”

Amahanga yo akomeje gusaba ibihugu byombi gushyira imbere inzira y’ibiganiro, icyakora ubwo busabe ntibwigeze butanga agahenge ku rufaya rw’amasasu akomeje gukura abasivile mu byabo bari batuye mu bice bimwe byo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Umuhanga muri Politiki Mpuzamahanga, Alexis Nizeyimana

Kagame yongeye gutanga ubutumwa

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na NTV mu cyumweru gishize, yongeye gushimangira umutekano w’u Rwanda ari ntasimburwa ku buryo atazabura gukora icyo agomba gukora kugira ngo akumire ko hari icyawutokoza.

Umukuru w’u Rwanda yagize “Mbivugiye imbere ya camera inshuro nyinshi ko igihe cyose umutekano w’u Rwanda uri mu kaga; sinkeneye uruhushya rw’umuntu awo ari wese kugira ngo nkore icyo ngomba ggukora kinyemeza ko u Rwanda rurinzwe.

Hari n’abayobora Ibihugu bikomeye bampamagara bakambwira ibyo ngomba gukora n’ibyo ntagomba gukora, mbabwira ko nabyumvise kandi mbashimiye, ariko nzakora ibishoboka byose kugira ngo hatagira ikindi gisasu cyongera kugwa ku utaka bw’u Rwanda.”

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uzaboneka ari uko hakemuwe umuzi wabyo, ariko ko abifuza kubikemura, bose bahera hejuru mu gihe umuzi wabyo ufite amateka yo hambere na we ubwe ataravuka.

Umukuru w’u Rwanda, muri iki kiganiro yagiranye na NTV, yavuze ko umuzi w’ibi bibazo ari akarengane kakomeje gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, bisanze ku butaka bwa Congo ubwo habagaho gukata imipaka, bakaba barakomeje gusabwa na Leta yabo gusubira iwabo mu Rwanda, hakaza kwiyongeraho FDLR yakomeje guhonyora uburenganzira bwabo igendeye ku ngengabitekerezo ya Jenoside.

Perezida Kagame mu kiganiro yagiranye na NTV yavuze ko umutekano w’u Rwanda ari ntasimburwa

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

six − three =

Previous Post

Menya ibyabaye ku Mupasiteri wari warajyanye mu ishyamba abarenga 250 ngo gutegererezayo Imana

Next Post

M23 yahishuye ibidakwiye byongeye kugaragara ku Ngabo za LONI

Related Posts

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
0

Abafurere babiri bari mu bantu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rwa mugenzi wabo wayoboraga ishuri ryo mu Karere ka Huye uherutse...

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

by radiotv10
19/12/2025
0

Edouard Bamporiki wagize imyanya inyuranye mu nzego nkuru z’u Rwanda nko muri Guverinoma, yagaragaje ibyishimo atewe n’isabukuru y’imyaka 15 amaze...

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

by radiotv10
19/12/2025
0

Gushengerera ni isengesho rikomeye muri Kiliziya Gatulika, rifasha abakristu kuganira na Yezu bucece, bamurangamiye mu isakaramentu ry’Ukarisitiya. Dore ibyo wakubahiriza...

Should parents still choose careers for their children?

Should parents still choose careers for their children?

by radiotv10
19/12/2025
0

For decades, many families have believed that parents should play a major, sometimes final role in deciding their children’s careers....

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

Hatangajwe icyitezwe nyuma yuko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi zihuriye mu biganiro

by radiotv10
19/12/2025
1

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yatangaje ko inzego z’umutekano z’u Rwanda n’u Burundi ziherutse guhurira mu biganiro nyuma...

IZIHERUKA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo
MU RWANDA

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

by radiotv10
19/12/2025
0

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

19/12/2025
Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

19/12/2025
Ubutumwa AFC/M23 isigira abatuye umujyi wa Uvira bayigaragarije ko batifuza ko iwurekura

AFC/M23 yavuze ko nubwo iri kuvana abarwanyi bayo muri Uvira hari icyo yifuza cyazayishimisha

19/12/2025
Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

Umunyamakurukazi uzwi mu Rwanda yashyize hanze igihe azakorera ubukwe

19/12/2025
Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

Dore inama zagufasha guhura na Yezu mu isengesho ryihariye rihatse andi muri Kiliziya Gatulika

19/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yahishuye ibidakwiye byongeye kugaragara ku Ngabo za LONI

M23 yahishuye ibidakwiye byongeye kugaragara ku Ngabo za LONI

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Abafurere babiri mu Rwanda barafunze nyuma y’urupfu rw’amayobera rwa mugenzi wabo

AGEZWEHO: Muri Congo imirwano yongeye noneho hagabwa n’ibitero mu buryo bushya

Bamporiki wabaye mu nzego nkuru z’u Rwanda yishimiye imyaka 15 amaze asezeranye n’umugore we

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.