Monday, June 30, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibiganiro bigiye kongera guhuza u Rwanda na Congo hari icyo bizatanga?-Icyo Umusesenguzi abivugaho

radiotv10by radiotv10
18/03/2024
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibiganiro bigiye kongera guhuza u Rwanda na Congo hari icyo bizatanga?-Icyo Umusesenguzi abivugaho
Share on FacebookShare on Twitter

Mu gihe hategerejwe inama izahuza Perezida w’u Rwanda n’uwa Repubulika Ihanira Demokarasi ya Congo, umuhanga muri politiki avuga ko akurikije imyitwarire ya Felix Tshisekedi yakunze kumuranga, nta cyizere ko ibi biganiro bizatanga umusaruro wifuzwa.

Umunsi, isaha n’aho Abakuru b’Ibihugu byombi bazahurira na Perezida wa Angola ntibiremezwa, icyakora kugeza ubu Ibihugu byombi ntibivuguruza ubushake bwo kongera kuganira ku kibazo bifitanye.

Iyo ni intambwe yavuye mu biganiro bagiranye na Perezida João Manuel Gonçalves Lourenço ufite inshingano zo gufasha Ibihugu byombi gukemura ibibazo binyuze mu biganiro.

Kwemera kujya i Luanda nabyo nabyo byabanjirijwe n’inama yabereye i Addis Ababa muri Ethiopia, icyakora ikinyamakuru African Powers n’Ijwi rya Amerika bivuga ko hari umudipolomate muri icyo cyumba wababwiye ko iyi nama ntacyo yatanze kuko Abakuru b’Ibihugu byombi babwiranye amagambo yumvikanamo kutumvikana.

Icyakora ntibyarangiriye aho kuko ku mataliki ya 27 Gashyantare 2024 Tshisekedi yerecyeje i Luanda, nyuma y’ibyumweru bibiri, tariki 11 Werurwe 2024 Perezida Paul Kagame na we yerecyezayo.

Mu biganiro byahuje umuhuza na buri umwe muri aba Bakuru b’Ibihugu; byasoje bemerenyije ko bashobora kuzasubira muri Angola ku munsi umwe, bakicara ku meza amwe.

Icyakora Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa yavuze ko Guverinoma ya Congo Kinshasa yavuze ko Perezida w’iki Gihugu azemera guhura na mugenzi we w’u Rwanda ari uko ingabo z’u Rwanda zavuye ku butaka bw’Igihugu cye, ndetse na M23 ari uko yubahirije ibikubiye mu myanzuro y‘inama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba yabereye i Bujumbura muri Kamena umwaka ushize wa 2023.

 

Hari icyo umutu yakwitega muri ibi biganiro?

Ibi biganiro bigamije gushaka umuti w’ibibazo bimaze igihe mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, byanazamuye umwuka mubi hagati y’iki Gihugu n’u Rwanda, gusa umuhanga muri politike mpuzamahanga, Alexis Nizeyimana; avuga ko akurikije uko Tshisekedi yakunze kugaragaza ko adafite ubushake, bigoye ko hari ikizava muri ibi biganiro bigiye kongera kubaho.

Ati “Iyo urebye ukuntu Tshisekedi yagiye yitwara muri ubwo buryo bwose bwagiye bugeragezwa kugira ngo iki kibazo gihabwe umurongo; ubona kitazigera gikemuka mu gihe akiyoboye Congo. Ni umuntu wivuguruje inshuro nyinshi mu bintu yabaga yarumvikanyeho n’abandi. Uko babona ikibazo cyakemuka, we si ko abibona. Arabona ko ikibazo gikwiye gukemuka aririmbwa nk’intwari y’icyo kibazo.”

Amahanga yo akomeje gusaba ibihugu byombi gushyira imbere inzira y’ibiganiro, icyakora ubwo busabe ntibwigeze butanga agahenge ku rufaya rw’amasasu akomeje gukura abasivile mu byabo bari batuye mu bice bimwe byo mu burasirazuba bwa Congo Kinshasa.

Umuhanga muri Politiki Mpuzamahanga, Alexis Nizeyimana

Kagame yongeye gutanga ubutumwa

Mu kiganiro Perezida Paul Kagame yagiranye na NTV mu cyumweru gishize, yongeye gushimangira umutekano w’u Rwanda ari ntasimburwa ku buryo atazabura gukora icyo agomba gukora kugira ngo akumire ko hari icyawutokoza.

Umukuru w’u Rwanda yagize “Mbivugiye imbere ya camera inshuro nyinshi ko igihe cyose umutekano w’u Rwanda uri mu kaga; sinkeneye uruhushya rw’umuntu awo ari wese kugira ngo nkore icyo ngomba ggukora kinyemeza ko u Rwanda rurinzwe.

Hari n’abayobora Ibihugu bikomeye bampamagara bakambwira ibyo ngomba gukora n’ibyo ntagomba gukora, mbabwira ko nabyumvise kandi mbashimiye, ariko nzakora ibishoboka byose kugira ngo hatagira ikindi gisasu cyongera kugwa ku utaka bw’u Rwanda.”

Perezida Paul Kagame kandi yavuze ko umuti w’ibibazo byo mu burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, uzaboneka ari uko hakemuwe umuzi wabyo, ariko ko abifuza kubikemura, bose bahera hejuru mu gihe umuzi wabyo ufite amateka yo hambere na we ubwe ataravuka.

Umukuru w’u Rwanda, muri iki kiganiro yagiranye na NTV, yavuze ko umuzi w’ibi bibazo ari akarengane kakomeje gukorerwa Abanyekongo bavuga Ikinyarwanda, bisanze ku butaka bwa Congo ubwo habagaho gukata imipaka, bakaba barakomeje gusabwa na Leta yabo gusubira iwabo mu Rwanda, hakaza kwiyongeraho FDLR yakomeje guhonyora uburenganzira bwabo igendeye ku ngengabitekerezo ya Jenoside.

Perezida Kagame mu kiganiro yagiranye na NTV yavuze ko umutekano w’u Rwanda ari ntasimburwa

David NZABONIMPA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 + seven =

Previous Post

Menya ibyabaye ku Mupasiteri wari warajyanye mu ishyamba abarenga 250 ngo gutegererezayo Imana

Next Post

M23 yahishuye ibidakwiye byongeye kugaragara ku Ngabo za LONI

Related Posts

Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

The National Identification Agency (NIDA) in Rwanda has announced plans to launch a new digital national ID that will include...

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

by radiotv10
30/06/2025
0

Ishami rya Polisi y’u Rwanda rishinzwe Umutekano wo mu Mazi, ryabonye umurambo w’umusore w’imyaka 19 warohamye mu cyuzi cya Rugeramigozi...

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

by radiotv10
30/06/2025
0

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko ifitiye icyizere amasezerano y’amahoro iherutse gusinyana n’iya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kuko bayafashijwemo n’Igihugu...

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

Leaders from Kampala University visit Kigali Genocide Memorial, denounce Genocide denial

by radiotv10
30/06/2025
0

Leaders from Kampala University visited the Kigali Genocide Memorial, denouncing those who continue to deny the 1994 Genocide against the...

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

Eng.-The Basis of Rwanda’s optimism in the new Peace Deal with Congo and how it differs from previous ones

by radiotv10
30/06/2025
0

The Government of Rwanda says it is optimistic about the new peace agreement recently signed with the Democratic Republic of...

IZIHERUKA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda
AMAHANGA

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

by radiotv10
30/06/2025
0

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

30/06/2025
Hazafatwa imboni z’amaso, intoki zose,…: Ibindi ku irangamuntu-Koranabuhanga igiye gutangira gutangwa mu Rwanda

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

30/06/2025
Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

Byinshi ku rukundo rw’abahanzi Nyarwanda bagiye kurushingana n’uko gukorana byavuyemo gukundana

30/06/2025
Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

Umusore warohamye mu cyuzi nyuma y’impanuka y’ubwato bwari bufite ikibazo yabonetse yapfuye

30/06/2025
Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

Ishingiro ry’icyizere u Rwanda rufitiye amasezerano mashya yarwo na Congo n’itandukaniro ryayo n’ayabanje

30/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
M23 yahishuye ibidakwiye byongeye kugaragara ku Ngabo za LONI

M23 yahishuye ibidakwiye byongeye kugaragara ku Ngabo za LONI

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mu mvugo yumvikanamo icyizere Tshisekedi yagize icyo avuga ku masezerano ya Congo n’u Rwanda

Ibivugwa kuri bombori bombori mu rugo rw’abasitari bazwi mu Rwanda Kimenyi na Muyango

Eye scans, fingerprints to be collected,…: New digital ID to be rolled out in Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.