Thursday, March 19, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibihugu birenga 10 byashyize hanze itangazo biha gasopo Iran

radiotv10by radiotv10
19/03/2026
in AMAHANGA, POLITIKI, UMUTEKANO
0
Ibihugu birenga 10 byashyize hanze itangazo biha gasopo Iran
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihugu 12 bimaze iminsi byibasiwe n’ibitero bya Iran, byashyize hanze itangazo rihuriweho, bisaba iki Gihugu kubihagarika vuba na bwangu, binakibutsa ko bifite uburenganzira bwo kwirwanaho.

Ibi Bihugu, ni Qatar, Azerbaijan, Bahrain, Misiri, Ubwami bwa Jordan, Kuwait, Lebanon, Pakistan, Ubwami bwa Saudi Arabia, Syrian, Turkiye, na Leta Zunze Ubumwe z’abarabu.

Iri tangazo ryashyizwe hanze kuri uyu wa Kane tariki 19 Werurwe 2026 nyuma yuko kuri uyu wa Gatatu tariki 18 Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga bateraniye mu nama yiga ku kibazo cy’ibitero bimaze iminsi bigabwaho na Iran yabitangije nyuma yo gushozwaho intambara na Israel na Leta Zunze Ubumwe za America.

Ababitabiriye iyi nama baganiriye ku bitero bya Iran ku Bihugu bigize ‘Gulf Cooperation Council’ Ubwami bwa Hashemite bwa Jordan, Repubulika ya Azerubayijani na Repubulika ya Türkiye.

Bamaganye ikoreshwa rya misile kirimbuzi zizwi nka ballistic ndetse n’iry’indege zitagira abapilote (drones) zibasira ibice by’abaturage n’ibikorwa remezo bya gisivili, harimo ibikorwa remezo by’ibikomoka kuri peteroli, inganda zinyuranye, ibibuga by’indege, inzu zo ndetse n’inyubako zikoreramo za Ambasade.

Bemeje ko ibitero nk’ibi bidashobora kubonerwa ibisobanuro mu bihe ibyo ari byo byose kandi bashimangira ko Ibihugu bifite uburenganzira bwo kwirwanaho hakurikijwe ingingo ya 51 y’Amasezerano y’Umuryango w’Abibumbye.

Aba baminisitiri “basabye Iran guhagarika vuba na bwangu ibitero byayo, kubaha amategeko mpuzamahanga n’amategeko mpuzamahanga y’ubutabazi bw’ikiremwamuntu, no gukurikiza amahame y’ububanyi n’amahanga nk’intambwe ya mbere yo kugabanya ihungabana ry’ubukungu, kongera umutekano n’ituze mu karere, no gukurikira inzira z’ibiganiro bya dipolomasi.”

Bashimangiye ko ahazaza h’umubano w’ibi Bihugu na Iran hazashingira ku kubahiriza ubusugire bw’Igihugu, kutivanga mu bibazo by’imbere mu Gihugu, kwirinda gushotora uturere, no kudakoresha ubushobozi bwa gisirikare mu guhungabanya Ibihugu byo mu karere.

Abari muri iyi nama kandi banasabye Iran guhagarika ibitero byose, kwirinda ibikorwa by’ubushotoranyi cyangwa iterabwoba ku Bihugu by’ibituranyi, no kureka gushyigikira, gutera inkunga no guha intwaro imitwe yitwaje intwaro ifitanye isano mu Bihugu by’Abarabu.

banasabye Iran kwirinda ibikorwa bishobora kubangamira ingendo mpuzamahanga mu nzira ya Hormuz cyangwa guhungabanya umutekano wo mu mazi muri Bab Al Mandeb.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × 2 =

Previous Post

Itorero ADEPR ryashyize hanze urutonde rw’abashumba birukanywe burundu

Related Posts

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

Amakuru agezweho ku ntambara ya Iran na Israel& America: Undi muyobozi yishwe

by radiotv10
18/03/2026
0

Israel yemeje ko yishe Minisitiri w’Ubutasi wa Iran, Esmail Khatib, uje akurikira iyicwa ry’abandi bayobozi mu nzego zo hejuru z’iki...

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

Umushinwa ufungiye muri Kenya nyuma yo gufatanwa intozi yahishuye akayabo yari yaziguze

by radiotv10
18/03/2026
0

Umushinwa ukurikiranyweho icyaha cyo gucuruza cyangwa kugura inyamaswa mu buryo bunyuranyije n’amategeko nyuma yo gufatanwa intozi 2 000 zo mu...

Ibiri mu ibaruwa umwe mu bayobozi muri America yandikiye Trump yegura

Ibiri mu ibaruwa umwe mu bayobozi muri America yandikiye Trump yegura

by radiotv10
18/03/2026
0

Joseph Clay Kent wari Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kurwanya iterabwoba muri Leta Zunze Ubumwe za America, yandikiye Perezida Donald...

Hagaragaye ifoto ya Netanyahu atanga amabwiriza yo kwica abayobozi bakuru muri Iran

Hagaragaye ifoto ya Netanyahu atanga amabwiriza yo kwica abayobozi bakuru muri Iran

by radiotv10
17/03/2026
0

Ibiro bya Minisitiri w’Intebe wa Israel, byashyize hanze ifoto ya Benjamin Netanyahu ari kuri telefone, atanga amabwiriza yo kwica bamwe...

Hishwe undi muyobozi wo hejuru muri Iran uherutse kugenera ubutumwa Trump

Hishwe undi muyobozi wo hejuru muri Iran uherutse kugenera ubutumwa Trump

by radiotv10
17/03/2026
0

Igisirikare cya Israel cyemeje ko kishe umuyobozi wo mu nzego zo hejuru muri Iran, uherutse gusaba Perezdia Donald Trumo ko...

IZIHERUKA

Ibihugu birenga 10 byashyize hanze itangazo biha gasopo Iran
AMAHANGA

Ibihugu birenga 10 byashyize hanze itangazo biha gasopo Iran

by radiotv10
19/03/2026
0

Itorero ADEPR ryashyize hanze urutonde rw’abashumba birukanywe burundu

Itorero ADEPR ryashyize hanze urutonde rw’abashumba birukanywe burundu

19/03/2026
Guverinoma y’u Rwanda yatanze konji

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko mu Rwanda

19/03/2026
BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

BREAKING: Hatangajwe iby’ingenzi byavuye mu biganiro byahuje u Rwanda na Congo muri America

19/03/2026
Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we wa Senegal bwajyanywe na Minisitiri Mukazayire

Perezida Kagame yoherereje ubutumwa mugenzi we wa Senegal bwajyanywe na Minisitiri Mukazayire

19/03/2026
Kayonza: Umugabo wari ufite umugore wahukanye yaranze gutaha bamusanze yimanitse

Umugabo wari wafungiwe gukubita umugore we arakekwaho kumwica nyuma y’amezi macye afunguwe

19/03/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihugu birenga 10 byashyize hanze itangazo biha gasopo Iran

Itorero ADEPR ryashyize hanze urutonde rw’abashumba birukanywe burundu

Amakuru mashya: Hatangajwe umunsi w’ikiruhuko mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.