Wednesday, February 4, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

radiotv10by radiotv10
04/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we
Share on FacebookShare on Twitter

Ibihumbi by’abaturage ba Venezuela bakoze imyigaragambyo mu murwa mukuru Caracas, basaba ko Perezida Nicolas Maduro n’umugore we, Cilia Flores, barekurwa ako kanya, nyuma y’ukwezi kumwe bivugwa ko bashimuswe n’ingabo za Leta Zunze Ubumwe za America.

Abigaragambya bavugaga ko igihugu cyabo gikeneye ubuyobozi bwa Perezida Maduro, bakaba bari bitwaje ibyapa bisaba ko abo bombi bagarurwa mu gihugu, bakabavanwa muri gereza bafungiwemo muri Amerika.

Nicolas Maduro Guerra, umuhungu wa Perezida Maduro akaba n’umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, yavuze ko ishimutwa rya se rizahora ari igikomere gikomeye ku gihugu cya Venezuela, ashimangira ko ubusugire bw’igihugu bwahonyowe n’ingabo z’amahanga.

Iyi myigaragambyo yateguwe na Leta ya Venezuela, yitabirwa n’abakozi benshi bo mu nzego za Leta, ndetse inaherekezwa n’imodoka zacurangaga umuziki.

Aba bombi bashimuswe n’ingabo za Amerika mu gitero cyabaye ku wa 3 Mutarama, aho bashinjwa kuba bagize uruhare mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge byinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Abigaragambya bavuze ko icyo gikorwa cyahungabanyije ubusugire bw’igihugu cyabo, bagaragaza kandi ko bazakomeza gusaba ko abo bombi barekurwa bidatezuka.

Itangazamakuru ryo mu gihugu ryatangaje ko iyi yari igikorwa cy’umunsi mpuzamahanga wo gusaba ko Perezida Maduro n’umugore we barekurwa, aho n’abaturage bo mu bindi bihugu bagaragaje ubufatanye no gushyigikira iki cyifuzo.

Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

13 + six =

Previous Post

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

Related Posts

Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko yagabye igitero cyo gusenya ibikorwa bya Gisirikare bya FARDC i Kisangani

by radiotv10
04/02/2026
0

Ihuriro AFC/M23 ryemeje ko ryakoze igikorwa cyo gusenya ahategurirwaga ibitero by’indege zitagira abapilote z’igisirikare cya FARDC ku Kibuga cy’Indege cya...

Eng.-AFC/M23 confirms it launched an attack to destroy FARDC military installations in Kisangani

Eng.-AFC/M23 confirms it launched an attack to destroy FARDC military installations in Kisangani

by radiotv10
04/02/2026
0

The AFC/M23 coalition has confirmed that it carried out an operation to destroy facilities used to prepare drone attacks by...

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

BREAKING: Hatangajwe ibyavuye mu biganiro byongeye guhuza AFC/M23 na Guverinoma ya Congo

by radiotv10
03/02/2026
0

Mu biganiro byongeye kubera i Doha muri Qatar, Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo n’Ihuriro AFC/M23, bashyize umukono ku...

MONUSCO tasked with deploying troops to Uvira under a newly signed agreement

MONUSCO tasked with deploying troops to Uvira under a newly signed agreement

by radiotv10
03/02/2026
0

The Government of the DRC and AFC/M23 have signed an agreement calling for an immediate cessation of hostilities and full...

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

by radiotv10
02/02/2026
0

Ubuyobozi bwa Iran bwaburiye ko mu Burasirazuba bwo Hagati hashobora kwaduka intambara mu gihe Leta Zunze Ubumwe za America yashyira...

IZIHERUKA

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we
AMAHANGA

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

by radiotv10
04/02/2026
0

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

04/02/2026
Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

04/02/2026
Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

04/02/2026
Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

Inzoga y’inkorano bise ‘Nyirantare’ banywera mu ishyamba iravugwaho gutera uwayinyoye kugira imyitwarire idasanzwe

04/02/2026
Haravugwa gukaza umurego kw’imirwano hagati ya AFC/M23 na Wazalendo

AFC/M23 yemeje ko yagabye igitero cyo gusenya ibikorwa bya Gisirikare bya FARDC i Kisangani

04/02/2026
ADVERTISEMENT

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ibihumbi by’Abanya-Venezuela mu myigaragambyo basaba America kurekura Perezida wabo n’umugore we

APR yemeje ko yahaye ikaze myugariro Ishimwe akabanza kureba ibigwi byayo

Zabyaye amahari hagati ya Killaman na Mitsutsu bazwi muri sinema Nyarwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.