Ibihumbi by’abaturage ba Venezuela bakoze imyigaragambyo mu murwa mukuru Caracas, basaba ko Perezida Nicolas Maduro n’umugore we, Cilia Flores, barekurwa ako kanya, nyuma y’ukwezi kumwe bivugwa ko bashimuswe n’ingabo za Leta Zunze Ubumwe za America.
Abigaragambya bavugaga ko igihugu cyabo gikeneye ubuyobozi bwa Perezida Maduro, bakaba bari bitwaje ibyapa bisaba ko abo bombi bagarurwa mu gihugu, bakabavanwa muri gereza bafungiwemo muri Amerika.
Nicolas Maduro Guerra, umuhungu wa Perezida Maduro akaba n’umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko, yavuze ko ishimutwa rya se rizahora ari igikomere gikomeye ku gihugu cya Venezuela, ashimangira ko ubusugire bw’igihugu bwahonyowe n’ingabo z’amahanga.
Iyi myigaragambyo yateguwe na Leta ya Venezuela, yitabirwa n’abakozi benshi bo mu nzego za Leta, ndetse inaherekezwa n’imodoka zacurangaga umuziki.
Aba bombi bashimuswe n’ingabo za Amerika mu gitero cyabaye ku wa 3 Mutarama, aho bashinjwa kuba bagize uruhare mu bucuruzi bw’ibiyobyabwenge byinjira muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
![]()
Abigaragambya bavuze ko icyo gikorwa cyahungabanyije ubusugire bw’igihugu cyabo, bagaragaza kandi ko bazakomeza gusaba ko abo bombi barekurwa bidatezuka.
Itangazamakuru ryo mu gihugu ryatangaje ko iyi yari igikorwa cy’umunsi mpuzamahanga wo gusaba ko Perezida Maduro n’umugore we barekurwa, aho n’abaturage bo mu bindi bihugu bagaragaje ubufatanye no gushyigikira iki cyifuzo.
Jean de Dieu NDAHIMANA
RADIOTV10










