Thursday, April 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home AMAHANGA

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

radiotv10by radiotv10
02/02/2026
in AMAHANGA, POLITIKI
0
Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bwa Iran bwaburiye ko mu Burasirazuba bwo Hagati hashobora kwaduka intambara mu gihe Leta Zunze Ubumwe za America yashyira mu bikorwa umugambi ziyifiteho wo kuyigabaho igitero, kuko iki Gihugu na cyo cyiteguye guhita kinjira mu ntambara ikomeye.

Iran yatangaje ibi mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika zakajije umutekano wo mu nyanja mu Burasirazuba bwo Hagati, nyuma y’uko Perezida Donald Trump yakomeje gutera Iran ubwoba bwo kuyigabaho igitero mu gihe yaba itumvikanye na Amerika ku masezerano ajyanye n’intwaro za kirimbuzi, cyangwa igakomeza kwica abigaragambya.

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, kuri iki Cyumweru tariki ya 1 Gashyantare 2026, yatangaje ko n’ubwo Perezida Trump avuga ko yohereje amato y’intambara muri ako karere, abaturage ba Iran batazaterwa ubwoba n’ibyo.

Yagize ati: “Igihugu cya Iran ntikizaterwa ubwoba n’ibi bintu, kandi abaturage bacyo ntibazahungabanywa n’iryo terabwoba.”

Yakomeje agira ati: “Ntabwo turi bo batangije imirwano, kandi nta gihugu na kimwe dushaka gutera, ariko igihugu cya Iran kizihimura bikomeye ku muntu uwo ari we wese uzagitera cyangwa ukakibuza amahoro.”

Ayatollah Ali Khamenei yaburiye America

Ingabo za Amerika zirwanira mu mazi (U.S. Navy) kuri ubu mu karere zifite amato atandatu y’intambara azwi nka destroyers, n’ubwato bunini butwara indege z’intambara buzwi nka aircraft carrier, ndetse n’andi mato atatu y’intambara azwi nka littoral combat ships.

Amerika yohereje aya mato y’intambara mu Burasirazuba bwo Hagati nyuma y’uko muri Mutarama Iran igabye igitero gikomeye cyahitanye abantu benshi mu guhosha imyigaragambyo yadutse hirya no hino mu gihugu irwanya ubuyobozi bwayo, ibintu byazamuye ubwoba bw’intambara muri aka karere.

Gusa ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, Perezida Trump yatangarije abanyamakuru ko Iran iri kugirana ibiganiro bikomeye n’intumwa za Amerika, ndetse ko yizeye ko bazagera ku masezerano yo guhagarika ikorwa ry’intwaro za kirimbuzi.

Trump yagize ati: “Ndizera ko bazaganira bakagira ibyo bemeranyaho, ndetse hashobora kugerwaho amasezerano yaganiriweho kandi anyuze impande zombi, atarimo intwaro za kirimbuzi.”

Icyakora Tehran ivuga ko yiteguye ibiganiro biboneye kandi bitabogamye, bitagamije kugabanya cyangwa guhagarika ubushobozi bwayo bwo kwirindira umutekano.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

ten + 18 =

Previous Post

Amakuru mashya agezweho ku munyamakuru wa Siporo uzwi mu Rwanda

Next Post

Eng.-Rwanda delivers humanitarian assistance to Mozambique

Related Posts

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Umuyobozi w’Umujyi wa New York, Zohran Mamdani yizihije iminsi 100 ye ya mbere ku ari muri izi nshingano akora urugendo...

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

Amakuru mashya: Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli bihise bimanuka ku kigero cyo hejuru nyuma y’itangazwa ry’agahenge

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibiciro by’ibimoka kuri peteroli ku isi byahise bigabanuka nyuma yuko hatangajwe agahenge mu ntambara hagati ya Leta Zunze Ubumwe za...

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

Breaking: Korea ya Ruguru iravugwaho kurasa ibisasu bya rutura byahagurukije Ibihugu by’ibituranyi

by radiotv10
08/04/2026
0

Ibihugu birimo Korea y’Epfo n’u Buyapani, biratangaza ko Korea ya Ruguru yarashe ibisasu bya ballistic missile biraswa kure, bikemeza ko...

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

Ni iki cyatumye Congo yanga kwakira abasirikare 5.000 ba FARDC barekuwe na AFC/M23

by radiotv10
08/04/2026
0

Ukwezi kurashize Ihuriro AFC/M23 ritangaje ko rirekuye abasirikare 5 000 ba FARDC ryari ryarafashe mpiri, rikavuga ko rizabashyikiriza Umuryango Croix-Rouge...

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

AFC/M23 yungutse undi muyobozi mu bya politiki wahoze mu ishyaka rya Tshisekedi

by radiotv10
08/04/2026
1

Ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bwashyizeho Vicky Ntumba nk’Umuyobozi Mukuru wa Cabinet ushinzwe ubuhuzabikorwa...

IZIHERUKA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage
AMAHANGA

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

by radiotv10
09/04/2026
0

Ibyamenyekanye ku cyaha cyo kwangiza ikintu cy’undi kiri mu bishinjwa umunyamakuru DC Clément wafunzwe

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

09/04/2026
AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

09/04/2026
Icyo basaba  nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

Icyo basaba nyuma yuko ishuri baturiye rikomeje kubateza umwanda ukabije

09/04/2026
U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

U Rwanda na Chad bateye intambwe nshya mu mibanire n’imikoranire

09/04/2026
Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

Ibyaranze 09/04/1994: Abatutsi biciwe kuri Paruwasi i Gikondo n’ahandi henshi, Abafaransa batererana abicwaga,…

09/04/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Eng.-Rwanda delivers humanitarian assistance to Mozambique

Eng.-Rwanda delivers humanitarian assistance to Mozambique

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Mayor wa New York yizihije iminsi 100 ku buyobozi akora urugendo n’amaguru agenda asuhuzanya n’abaturage

Hatangajwe ibyagaragajwe n’iperereza ry’ibanze ku munyamakuru DC Clement

AMAKURU MASHYA: Perezida Kagame yazamuye mu ntera Abapolisi barimo abahawe irya CP

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.