• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Wednesday, June 3, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibikekwa ku itumizwa ryihutirwa ry’abakozi b’Akarere bitabye RIB bagasohoka inama itarangiye

radiotv10by radiotv10
03/06/2026
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Ibikekwa ku itumizwa ryihutirwa ry’abakozi b’Akarere bitabye RIB  bagasohoka inama itarangiye
Share on FacebookShare on Twitter

Abakozi batatu b’Akarere ka Nyamagabe barimo ushinzwe ubugenzuzi bw’Imihanda n’ushinzwe imyubakire, batumijwe kuri RIB ikorera mu Karere ka Huye by’igitaraganya ubwo bari mu nama, bayisohokamo itarangiye ngo bagire ibyo bajya gusobanura.

Aba bakozi batatu b’Akarere ka Nyamagabe, barimo kandi ushinzwe inguzanyo za VUP, aho bivugwa ko bahamagajwe muri dosiye y’iperereza riri gukorwa ku inyerezwa ry’amafaranga ryakozwe ubwo hatangawaga isozo ryo kubaka umuhanda wa Ryarubondo n’isoko ryo muri aka gace mu Murenge wa Tare.

Ikinyamakuru cyitwa Umuseke dukesha aya makuru, kiravuga ko aba bakozi bahamagajwe by’igitaraganya ubwo bari mu nama mu Karere ka Nyamagabe, babwirwa ko bagomba kugera i Huye bitarenze saa tanu.

Kivuga ko mu itangwa rya ririya soko, haba harabayemo ibitanoze bifite abandi babyihishe inyuma bo mu buyobozi bw’Akarere.

Ubwo aba bakozi basabwaga kwitaba i Huye byihutirwa, bari bari mu nama, ndetse biba ngombwa ko hahamagazwa imodoka y’Akarere ngo ibajyane i Huye aho bari bahamagajwe.

Uwaganirije iki kinyamakuru, yagize ati “Basohotse mu nama igitaraganya bavuga ko bitabye urwego rw’Ubugenzacyaha i Huye.”

Abatanze amakuru bakavuga ko hari itsinda ry’Urwego rw’Ubugenzacyaha ryavuye i Kigali rije gukora iperereza kuri ayo manyanga, ariko ntiryahatinda kuko ryahise risubira i Kigali.

Bamwe mu batanze amakuru bakabihuza n’iri hamagarwa ry’abo bakozi ari na byo bibaye ngombwa ko bagiye kubarizwa i Huye kugira ngo Nyobozi itabyivangamo “ngo ibe yayobya uburari.”

Nanone kandi hari amakuru avuga ko RIB iteganya gutumiza kuri uyu wa Kane taliki ya 04/06/2026, abandi bakoze barimo ushinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi, ushinzwe Uburezi ndetse n’ushinzwe inkunga y’ingoboka mu Karere.

Abo bakozi bose bakaba bagiye guhatwa ibibazo by’amafaranga bikekwa ko yanyerejwe mu mitangire y’amasoko y’ibiryo by’abanyeshuri, ifumbire n’inkunga abatishoboye bahabwa.

Gusa bivugwa ko nyuma y’uko ibi bibazo bibaye hatangwa isoko ryo kubaka umuhanda wa Ryarubondo, ndetse n’isoko ryo muri ako gace, hari ibyo Ubuyobozi bwihutiye gukosora kugira ngo nihakorwa ubugenzuzi buzasange byarakemutse.

Ivomo: Umuseke

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

2 + 11 =

Previous Post

Abanyeshuri ibihumbi 74.000 batangiye gukora Ibizamini-Ngiro bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu Rwanda

Related Posts

Abanyeshuri ibihumbi 74.000 batangiye gukora Ibizamini-Ngiro bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu Rwanda

Abanyeshuri ibihumbi 74.000 batangiye gukora Ibizamini-Ngiro bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu Rwanda

by radiotv10
03/06/2026
0

Abanyeshuri 74 085 batangiye gukora Ibizamini-Ngiro bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w'amashuri wa 2025-2026, mu gikorwa cyatangijwe na...

Hatanzwe itegeko ko hacuruzwa Litiro miliyoni 2 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze igihe mu bubiko mu Rwanda

Hatanzwe itegeko ko hacuruzwa Litiro miliyoni 2 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze igihe mu bubiko mu Rwanda

by radiotv10
03/06/2026
0

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’amahoro, bwasabye ko Lilito miliyoni 1,9 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze amezi atandatu mu bubiko, zishyirwa ku...

Abaturiye akabari kitiriwe CHOGM ko muri Kigali bavuze uruhuri rw’ibyo bakanenga

Abaturiye akabari kitiriwe CHOGM ko muri Kigali bavuze uruhuri rw’ibyo bakanenga

by radiotv10
03/06/2026
0

Bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Nyamugari mu Murenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo, baturiye akabari kitwa CHOGM-SPA,...

Eng.-President Kagame says the choice made by Rwanda and France is bearing fruit

Eng.-President Kagame says the choice made by Rwanda and France is bearing fruit

by radiotv10
03/06/2026
0

President Paul Kagame has praised France for the positive steps it has taken towards a new direction in its relationship...

Perezida Kagame yavuze ko amahitamo u Rwanda n’u Bufaransa bafashe amaze kwera imbuto zishimishije

Perezida Kagame yavuze ko amahitamo u Rwanda n’u Bufaransa bafashe amaze kwera imbuto zishimishije

by radiotv10
03/06/2026
0

Perezida Paul Kagame yashimiye u Bufaransa ku ntambwe nziza bwateye z’icyerekezo gishya mu mibanire yabwo n’u Rwanda, yatumye Ibihugu byombi...

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Ibikekwa ku itumizwa ryihutirwa ry’abakozi b’Akarere bitabye RIB bagasohoka inama itarangiye

Abanyeshuri ibihumbi 74.000 batangiye gukora Ibizamini-Ngiro bya Leta bisoza amashuri yisumbuye mu Rwanda

Hatanzwe itegeko ko hacuruzwa Litiro miliyoni 2 z’ibikomoka kuri Peteroli zimaze igihe mu bubiko mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.