Saturday, December 27, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibimaze gukorwa mu gikorwa cyahuriyemo Akarere ka Nyanza na Rayon Sports

radiotv10by radiotv10
06/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibimaze gukorwa mu gikorwa cyahuriyemo Akarere ka Nyanza na Rayon Sports
Share on FacebookShare on Twitter

Ku bufatanye bw’Ubuyobozi bwa Rayon Sports n’Akarere ka Nyanza, bari mu cyumweru cyo kwi kwizihiza isabukuru y’imyaka 125 y’Umujyi wa Nyanza muri Gahunda yiswe Rayon sport ku Ivuko, ahamaze gukorwa ibikorwa binyuranye.

Muri iki Cyumweru cyatangiye kuva tariki 02 kugeza ku ya 07 Nzeri 2024, ubuyobozi bwa Rayon Sports n’ubw’Akarere ka Kanyanza, hakozwemo ibikorwa binyuranye birimo imurikabikorwa ry’umuco n’amateka bya Nyanza.

Hakozwe kandi urugendo rw’amaguru rwasuye ahantu Ndangamurage na Ndangamateka rwayobowe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda.

Hasuwe kandi Ibigabiro by’Umwami Yuhi V MUSINGA aho Umurwa wa Nyanza washingiwe mu 1899.

Hanasuwe kandi Urukiko rw’Umwami Mutara III RUDAHIGWA ubu hari ikigo gitanga amakuru y’ubukerarugendo mu Karere ka Nyanza (Nyanza Information Center).

Hanakozwe igikorwa cyo gusura Ikaragiro rya Nyanza (Nyanza Milk Industries) ryashinzwe n’Umwami Mutara III Rudahigwa mu 1937, ndetse n’Ingoro ndangamurage yo kwigira iri ku Rwesero.

Muri iki cyumweru kizasoza kuri uyu wa Gatandaty tariki 07 Nzeri 2024, hanasuwe Ingoro y’Amateka y’Abami mu Rukari, ndetse no ku Musezero w’i Mwima, ahatabarijwe Umwami Mutara III Rudahigwa, Kigeri V Ndahindurwa n’Umwamikazi Rosalie Gicanda.

Icyumweru cy’isabukuru y’imyaka 125 y’Umujyi wa Nyanza, kizasozwa n’umukino wa gicuti uzahuza Rayon Sports na Mukura VS uzakinwa ku wa Gatandatu tariki 07 Nzeri 2024, kuri Sitade ya Nyanza aho Gikundiro yashingiwe.

Abitabiriye ibi bikorwa bagize amahirwe yo gusobanurirwa amateka
Umuvugizi wa Rayon, Ngabo Roben

Aime Augustin

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

five × two =

Previous Post

Igisirikare cy’u Rwanda n’iby’Ibihugu bibiri byo mu karere bari kuganirira i Kigali

Next Post

Nyagatare: Umugore wafatanywe ibitemewe yahise akora ikindi gikorwa kigize icyaha

Related Posts

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

by radiotv10
26/12/2025
0

Umukinnyi Faustin Likau Pizzalo KITOKO ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wakinaga muri Shampiyona y’u Burundi, yamaze gusinyira ikipe...

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

Ikipe y’Igihugu kimwe iri mu zihabwa amahirwe mu gikombe cya Afurika yaciwe akayabo kubera gusuzugura itangazamakuru

by radiotv10
26/12/2025
0

Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) yaciye ikipe y’Igihugu ya Misiri amande angana na $5,000 (arenga Miliyoni 7 Frw) kubera...

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

Impamvu yatumye Inteko Rusange ya Kiyovu Sports isubikwa bitunguranye

by radiotv10
25/12/2025
0

Ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwatangaje ko bwasubitse inama y’Inteko Rusange yari iteganyijwe kuba ku wa Gatandatu tariki ya 27 Ukuboza...

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

Bidasubirwaho ubu Rayon ifite umutoza mushya mukuru: Menya amasezerano yasinye

by radiotv10
22/12/2025
0

Ubuyobozi bw'ikipe ya Rayon Sports bwemeje ku mugaragaro umutoza mushya, Bruno Ferry, ukomoka mu Bufaransa, nyuma yo gushyira umukono ku...

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

IFOTO: Cristiano ku myaka 40 yagaragaje ko umubiri we ucyubakitse bishyitse

by radiotv10
19/12/2025
0

Rurangiranwa muri ruhago y’Isi, Cristiano Ronaldo, yagaragaje ifoto avuye mu bwotero (Sauna) yerekana uburyo yubatse umubiri mu buryo bwihariye. Ni...

IZIHERUKA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi
MU RWANDA

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

by radiotv10
26/12/2025
0

Inyeshyamba z’umutwe ukorana n’igisirikare cya Congo zasubiranyemo hagwa umukamando

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

26/12/2025
Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

26/12/2025
Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

Minisitiri yagize icyo avuga ku muhanzi Israel Mbonyi nyuma yo kwitabira igitaramo cye bwa kabiri

26/12/2025
Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

Eng.-US President Admits Ordering a Decisive Attack on Terrorists in an African Country

26/12/2025
Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

Umukinnyi ukomoka muri Congo wakinaga mu Burundi yinjiye muri Shampiyona y’u Rwanda

26/12/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Nyagatare: Umugore wafatanywe ibitemewe yahise akora ikindi gikorwa kigize icyaha

Nyagatare: Umugore wafatanywe ibitemewe yahise akora ikindi gikorwa kigize icyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida Kagame yasabaanye n’abana bafite impano mu mupira w’amaguru basangiye Noheli n’uwukuriye ku Isi

Mu buryo butunguranye AFC/M23 yakozanyijeho n’umutwe wa Wazalendo ufasha FARDC

Perezida wa America yiyemereye ko yagabye igitero rurangiza ku byihebe mu Gihugu cyo muri Afurika

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.