• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home SIPORO FOOTBALL

Ibimaze gukorwa mu gikorwa cyahuriyemo Akarere ka Nyanza na Rayon Sports

radiotv10by radiotv10
06/09/2024
in FOOTBALL, SIPORO
0
Ibimaze gukorwa mu gikorwa cyahuriyemo Akarere ka Nyanza na Rayon Sports
Share on FacebookShare on Twitter

Ku bufatanye bw’Ubuyobozi bwa Rayon Sports n’Akarere ka Nyanza, bari mu cyumweru cyo kwi kwizihiza isabukuru y’imyaka 125 y’Umujyi wa Nyanza muri Gahunda yiswe Rayon sport ku Ivuko, ahamaze gukorwa ibikorwa binyuranye.

Muri iki Cyumweru cyatangiye kuva tariki 02 kugeza ku ya 07 Nzeri 2024, ubuyobozi bwa Rayon Sports n’ubw’Akarere ka Kanyanza, hakozwemo ibikorwa binyuranye birimo imurikabikorwa ry’umuco n’amateka bya Nyanza.

Hakozwe kandi urugendo rw’amaguru rwasuye ahantu Ndangamurage na Ndangamateka rwayobowe n’Umuyobozi w’Akarere ka Nyanza, Erasme Ntazinda.

Hasuwe kandi Ibigabiro by’Umwami Yuhi V MUSINGA aho Umurwa wa Nyanza washingiwe mu 1899.

Hanasuwe kandi Urukiko rw’Umwami Mutara III RUDAHIGWA ubu hari ikigo gitanga amakuru y’ubukerarugendo mu Karere ka Nyanza (Nyanza Information Center).

Hanakozwe igikorwa cyo gusura Ikaragiro rya Nyanza (Nyanza Milk Industries) ryashinzwe n’Umwami Mutara III Rudahigwa mu 1937, ndetse n’Ingoro ndangamurage yo kwigira iri ku Rwesero.

Muri iki cyumweru kizasoza kuri uyu wa Gatandaty tariki 07 Nzeri 2024, hanasuwe Ingoro y’Amateka y’Abami mu Rukari, ndetse no ku Musezero w’i Mwima, ahatabarijwe Umwami Mutara III Rudahigwa, Kigeri V Ndahindurwa n’Umwamikazi Rosalie Gicanda.

Icyumweru cy’isabukuru y’imyaka 125 y’Umujyi wa Nyanza, kizasozwa n’umukino wa gicuti uzahuza Rayon Sports na Mukura VS uzakinwa ku wa Gatandatu tariki 07 Nzeri 2024, kuri Sitade ya Nyanza aho Gikundiro yashingiwe.

Abitabiriye ibi bikorwa bagize amahirwe yo gusobanurirwa amateka
Umuvugizi wa Rayon, Ngabo Roben

Aime Augustin

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

nineteen + 10 =

Previous Post

Igisirikare cy’u Rwanda n’iby’Ibihugu bibiri byo mu karere bari kuganirira i Kigali

Next Post

Nyagatare: Umugore wafatanywe ibitemewe yahise akora ikindi gikorwa kigize icyaha

Related Posts

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

AMAFOTO: Irebere uko abakinnyi b’Amavubi baje mu mwiherero bambaye binogeye ijisho

by radiotv10
01/06/2026
0

Abakinnyi b’Ikipe y’Igihugu, Amavubi, bamaze kugera mu mwiherero wo kwitegura imikino ya gicuti yo kwitegura iyo gushaka itije yo kuzitabira...

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona inakirwa n’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya APR FC yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona ihita inakirwa n'Umugaba Mukuru w'Ingabo z'u Rwanda, General Mubarakh Muganga mu birori...

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

Police VC na RRA WVC zegukanye ‘Climate Action Volleyball Tournament’ ibihembo bikuba kabiri ibyatanzwe muri Shampiyona

by radiotv10
31/05/2026
0

Ikipe ya RRA mu bagore ndetse na Police VC mu bagabo ni zo zegukanye ibikombe mu irushanwa “Climate Action Volleyball...

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

Abafana ba rurangiranwa Cristiano Ronaldo bashobora kuzamubona no mu myaka ine iri imbere agiconga ruhago

by radiotv10
29/05/2026
0

Umutoza w’ikipe y’Igihugu ya Portugal, Roberto Martínez yavuze ko Cristiano Ronaldo ashobora no kuzakina Igikombe cy’Isi cya 2030 nubwo icyo...

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

Amafoto: Perezida Kagame yishimiwe ubwo yitabiraga umukino ikipe ihagarariye u Rwanda muri BAL yaboneyemo itike ya final

by radiotv10
28/05/2026
0

Perezida Paul Kagame yarebye umukino wahuje RSSB Tigers ihagararriye u Rwanda muri Basketball Africa League na Al Ahly yo mu...

Next Post
Nyagatare: Umugore wafatanywe ibitemewe yahise akora ikindi gikorwa kigize icyaha

Nyagatare: Umugore wafatanywe ibitemewe yahise akora ikindi gikorwa kigize icyaha

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.