Friday, June 6, 2025
RADIOTV10
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibintu bibiri bikomeye byihishe inyuma ya raporo ishinja u Rwanda gufasha M23- Impuguke

radiotv10by radiotv10
09/08/2022
in MU RWANDA, POLITIKI
0
Ibintu bibiri bikomeye byihishe inyuma ya raporo ishinja u Rwanda gufasha M23- Impuguke
Share on FacebookShare on Twitter

Dr Buchanan Ismael, impuguke akaba n’umwarimu muri kaminuza mu bya politiki, avuga ko raporo y’inzobere z’Umuryango w’Abibumbye ishinja u Rwanda gufasha M23, hari byinshi bishobora kuba biyihishe inyuma birimo kuba DRC yatanga ruswa kugira ngo ikomeze kwanduza isura y’u Rwanda.

Tariki 04 Kanama 2022, hasakaye amakuru avuga ko raporo y’impuguke z’umuryango w’Abibumbye igaragaza ibimenyetso bikomeye byerekana ko ingabo z’u Rwanda zafashije umutwe wa M23.

Ni amakuru yatangajwe n’Ibiro ntaramakuru mpuzamahanga, yanashyigikiwe na Guverinoma ya Congo yongeye kuzamura ibirego ishinja u Rwanda.

Gusa u Rwanda rwavuze ko rudashobora gutanga ibitekerezo kuri raporo itasohowe n’ababifitiye ububasha, yamaganiye kure ibi binyoma, ivuga ko bigamije kugoreka ukuri kwa nyako guhari.

Impunguke mu bya politiki Dr Buchanan Ismael akaba n’umwarimu muri Kaminuza, mu kiganiro yagiranye na RADIOTV10, yavuze ko ibikubiye muri iriya raporo ari ibicurano ahubwo ko hari byinshi biyihishe inyuma kuko hari iyari iherutse gusohorwa na MONUSCO yemeje ko nta ngabo z’u Rwanda ziri ku butaka bwa Congo.

Ati “None kuki inzobere za UN zitagendeye ku byo MONUSCO nkuko bavuga ngo n’abatangabuhamya babyiboneye n’amaso cyangwa se abo babajije, ibyo MONUSCO ntabwo bo bafite inzobere zabishobora?”

Akomeza agaragaza ibyihishe inyuma iriya raporo, Dr Buchana yakomeje agira ati “Ikindi, kuki se Congo itabigiramo uruhare niba biyiha inyungu zikomeye ngo…Congo ifite ubushobozi bwo gufata amafaranga ikayashyiramo ikayaha uwo ari we wese, ntuzi se ko ruswa yamunze kiriya Gihugu ku mugaragaro ku buryo gusohora raporo yatuma u Rwanda rucibwa amazi ku byo rumaze kuvuga. Ibyo rwose gutanga amafaranga muri Congo ni ibintu bimenyerewe.”

Akomeza kandi avuga ko iyi raporo ishobora no gucurwa n’Umuryango w’Abibumbye igamije guhuma amaso abakomeje kwamaganga ingabo ziri mu butumwa bwawo bwa MONUSCO zimaze iminsi zotswa igitutu n’abaturage baherutse gukora imyigaragambyo yo kuzamagana.

Ati “Reba iriya raporo yasohotse nta n’ikiragerwaho ariko wabonye ko imvururu zagiye zihosha. Ubwo rero ni ukuvuga ngo MONUSCO igiye kuryaho inshuro ya kabiri mu gihe bari bagiye kuyivana muri Congo.”

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Dr Vincent Biruta na we aherutse kuvuga kuri iyi raporo, avuga ko amakuru bivugwa ko ayikubiyemo ari ibinyoma.

Dr Biruta kandi yaboneyeho kunenga izo nzobere z’Umuryango w’Abibumbye zayikoze, zirengagije ikibazo cy’umutwe wa FDLR uhungabanya umutekano w’u Rwanda ukaba unaherutse gutera ibisasu byaguye mu Rwanda bikanakomeretsa bamwe mu banyarwanda.

Yavuze ko mu burasirazuba bwa DRCongo habarizwa imitwe yitwaje intwaro irenga 130 ariko ko ziriya nzobere zabonye uwa M23 kuko zari zifite ubutumwa bwo kuwuhuza n’u Rwanda.

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + twenty =

Previous Post

IFOTO: Perezida Kagame yagaragaje umwuzukuru mukuru ateruye umuto akanyamuneza ari kose

Next Post

Ingabo z’u Burundi zambariye urugamba zigiye kwinjira muri DRCongo guhashya M23

Related Posts

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Abasirikare babiri bafite ipeti rya Major mu Ngabo z'u Rwanda (RDF) barangije amasomo mu Ishuri rya Kenya’s Joint Command and...

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

by radiotv10
06/06/2025
0

Imodoka itwara abanyeshuri b’ikigo cy’Ishuri kimwe cyo mu Murenge wa Gikondo mu Karere ka Kicukiro, yakoze impanuka igonga bamwe mu...

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

by radiotv10
06/06/2025
0

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Rutikanga Boniface yibukije abantu ko gufata amashusho n’amaforo y’abakomeretse cyangwa umurambo ahabereye impanuka cyangwa...

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

Habaye impanuka ikomeye y’imodoka ebyiri zitwara abagenzi

by radiotv10
05/06/2025
0

Imodoka ebyiri za zimwe muri Kompanyi zitwara abagenzi, zakoze impanuka zigonganiye mu Murenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi mu...

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

Abari bakoresheje amayeri adasanzwe ngo babone uko bakwirakwiza urumogi batahuwe batarabigeraho

by radiotv10
05/06/2025
0

Abagabo babiri bafatiwe mu Murenge wa Kanyinya mu Karere ka Nyarugenge bafite ibilo 36 by’ikiyobyabwenge cy’urumogi bari bahishe mu ipine...

IZIHERUKA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel
MU RWANDA

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

by radiotv10
06/06/2025
0

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

06/06/2025
Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

06/06/2025
Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

Hatanzwe umuburo nyuma y’abafashe amashusho y’umurambo w’umusore wiyahuye asimbutse igorofa i Kigali

06/06/2025
Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

Igihugu cya Zambia cyapfushije uwakibereye Perezida

05/06/2025
Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

Umunyemari Coach Gael yagaragaje ko igitekerezo yatangaje bamwe bakagira amashyengo yari akomeje

05/06/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Ingabo z’u Burundi zambariye urugamba zigiye kwinjira muri DRCongo guhashya M23

Ingabo z’u Burundi zambariye urugamba zigiye kwinjira muri DRCongo guhashya M23

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Latest News

Abofisiye Bakuru babiri mu Ngabo z’u Rwanda basoje amasomo muri Kenya nyuma y’icyumweru harangijeyo Colonel

Ubutumwa bw’imbamutima bw’umwe mu bakinnyi ngenderwaho muri Arsenal Gabriel wongereye amasezerano

Igikewaho gutera impanuka y’imodoka itwara abanyeshuri yagonze ab’irindi shuri

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.

Welcome Back!

Login to your account below

Forgotten Password?

Retrieve your password

Please enter your username or email address to reset your password.

Log In

Add New Playlist

No Result
View All Result
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home

Copyright © 2024 RadioTv10.