Thursday, January 29, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
18/06/2022
in MU RWANDA
0
Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubuika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi avuga ko ibiri kubera mu Gihugu cye biri kurushaho kuba bibi ngo kuko uwo bahanganye ahonyora amasezerano yose mpuzamahanga.

Yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Kamena ubwo yari ayoboye Inama y’Abaminisitiri yagarutse ku bibazo by’umutekano biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Umwuka ni mubi cyane mu gihe Igihugu cyacu gihanganye n’umushotoranyi uhonyora amasezerano yose mpuzamahanga.”

Minisitiri w’Itangazamakru n’Itumanaho akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya yavuze ko Perezida Félix Tshisekedi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za DRC akurikirana umunota ku wundi ibibazo by’umutekano biri kuba muri iki Gihugu ndetse ko abona ko biri kurushaho kuba bibi.

Patrick Muyaya yavuze ko igihe kigeze ngo ingisirikare cy’Igihugu gihangane bidasubirwaho n’ibikorwa bihungabanya umutekano w’iki Gihugu.

Yavuze ko Perezida Félix Tshisekedi yasezeranyine Abanye-Congo ko hagiye gukoreshwa imbaraga zose zishoboka zaba iza Gisirikare ndetse n’iza Dipolomasi kugira ngo “Amahoro agaruke vuba byihuse kandi tugakomeza gutera ingabo mu bitungu ingabo zacu mu rwego rwo kurinda ubusugire bw’Igihugu cyacu.”

Patrick Muyaya kandi yavuze ko Perezida w’iki Gihugu yasabye Abanye-Congo bose kutagwa mu mutego w’umwanzi “bakirinda kuvuga amagambo y’ivangura ndetse n’ibindi bikorwa byose bigira uwo bihohotera.”

Uyu muvugizi wa Guverinoma kandi avuga ko Minisitiri w’Intebe Wungirije ndetse na Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu Gihugu basabwe gukurikirana ibi bibazo bigashakirwa umuti.

Muri iki cyumweru turi gusoza, Abanye-Congo batuye mu Mujyi wa Goma, biraye mu mihanda bamagana u Rwanda n’Abanyarwanda, bafata umuhanda werecyeza ku mupaka uhuza Igihugu cyabo n’u Rwanda, bahateza akaduruvayo aho bamishe urufaya rw’amabuye mu Rwanda.

Abitabiriye iyi myigaragambyo, bagaragaje umujinya mwinshi aho bagendaga banavuga amagambo y’urwango bafitiye Abanyarwanda ndetse banirara mu maduka ya bamwe mu Banyarwanda ari i Goma, barayamenagura barayasahura.

Perezida Tshisekedi kuri uyu wa Gatanu ubwo yari ayoboye Inama y’Abaminisitiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

1 × five =

Previous Post

DRC yakiranye ubwuzu icyemezo cyo koherezayo ingabo za EAC ariko ngo ntishakamo RDF

Next Post

DRC yasabye PM w’u Bwongereza kuzayingingira u Rwanda ubwo azaba yaje muri CHOGM

Related Posts

Five things you must know before a job interview

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

An interview can feel scary, but good preparation makes it easier. Whether it’s your first interview or not, these five...

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari umunyamakuru, akaba yagizwe Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yashimiye Perezida Paul Kagame ku cyizere yamugiriye,...

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

Bashyize hanze iy’umukobwa uvugwaho gukanda imyanya y’ibanga ya Se ubugirakabiri

by radiotv10
28/01/2026
0

Umukobwa wo mu Murenge wa Mururu mu Karere ka Rusizi, aravugwaho kuba amaze gukanda ubugabo umubyeyi we inshuro ebyiri, ndetse...

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

Hatanzwe umuburo ku bitwaza ‘Visit Rwanda’ mu bikorwa by’uburiganya

by radiotv10
28/01/2026
0

Urwego rw'Igihugu rw'Iterambere (RDB) rwatangaje ko hari abantu bakomeje kurwiyitirira cyangwa biyitirira kwamamaza ikirango cy’ubukerarugendo ‘Visit Rwanda’ mu nyungu zabo...

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

Uko u Rwanda rwafashe icyemezo cyo kujyana mu Nkiko u Bwongereza n’icyo rushingiraho rubwishyuza Miliyari 100Frw

by radiotv10
28/01/2026
0

Guverinoma y’u Rwanda yasobanuye birambuye iby’ikirego yarezemo iy’u Bwongereza mu Rukiko Nkemurampaka, ku bijyanye no kutabahiriza amasezerano zombi zagiranye, ivuga...

IZIHERUKA

Five things you must know before a job interview
MU RWANDA

Five things you must know before a job interview

by radiotv10
29/01/2026
0

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

29/01/2026
Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

29/01/2026
Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

Abigaragambiriza isenywa ry’inzu zabo mu mujyi w’Igihugu kimwe muri Afurika bahuye n’uruva gusenya

29/01/2026
Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

Nyuma y’umukino uryoheye ijisho APR igeze kuri Final y’icy’Intwari ijya gutegereza hagati ya Rayon na Police

28/01/2026
Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

Urubanza rw’abaregwa ubutinganyi rwavutsemo impaka

28/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC yasabye PM w’u Bwongereza kuzayingingira u Rwanda ubwo azaba yaje muri CHOGM

DRC yasabye PM w’u Bwongereza kuzayingingira u Rwanda ubwo azaba yaje muri CHOGM

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Five things you must know before a job interview

Ubutumwa bw’umunyamakuru Uwera Jean Maurice nyuma yo guhabwa inshingano na Guverinoma y’u Rwanda

Hatangajwe ibihano byafashwe kubera ibidasanzwe byabaye kuri ‘Final’ y’icya Afurika bitabonywe na benshi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.