Friday, January 9, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
18/06/2022
in MU RWANDA
0
Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubuika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi avuga ko ibiri kubera mu Gihugu cye biri kurushaho kuba bibi ngo kuko uwo bahanganye ahonyora amasezerano yose mpuzamahanga.

Yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Kamena ubwo yari ayoboye Inama y’Abaminisitiri yagarutse ku bibazo by’umutekano biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Umwuka ni mubi cyane mu gihe Igihugu cyacu gihanganye n’umushotoranyi uhonyora amasezerano yose mpuzamahanga.”

Minisitiri w’Itangazamakru n’Itumanaho akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya yavuze ko Perezida Félix Tshisekedi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za DRC akurikirana umunota ku wundi ibibazo by’umutekano biri kuba muri iki Gihugu ndetse ko abona ko biri kurushaho kuba bibi.

Patrick Muyaya yavuze ko igihe kigeze ngo ingisirikare cy’Igihugu gihangane bidasubirwaho n’ibikorwa bihungabanya umutekano w’iki Gihugu.

Yavuze ko Perezida Félix Tshisekedi yasezeranyine Abanye-Congo ko hagiye gukoreshwa imbaraga zose zishoboka zaba iza Gisirikare ndetse n’iza Dipolomasi kugira ngo “Amahoro agaruke vuba byihuse kandi tugakomeza gutera ingabo mu bitungu ingabo zacu mu rwego rwo kurinda ubusugire bw’Igihugu cyacu.”

Patrick Muyaya kandi yavuze ko Perezida w’iki Gihugu yasabye Abanye-Congo bose kutagwa mu mutego w’umwanzi “bakirinda kuvuga amagambo y’ivangura ndetse n’ibindi bikorwa byose bigira uwo bihohotera.”

Uyu muvugizi wa Guverinoma kandi avuga ko Minisitiri w’Intebe Wungirije ndetse na Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu Gihugu basabwe gukurikirana ibi bibazo bigashakirwa umuti.

Muri iki cyumweru turi gusoza, Abanye-Congo batuye mu Mujyi wa Goma, biraye mu mihanda bamagana u Rwanda n’Abanyarwanda, bafata umuhanda werecyeza ku mupaka uhuza Igihugu cyabo n’u Rwanda, bahateza akaduruvayo aho bamishe urufaya rw’amabuye mu Rwanda.

Abitabiriye iyi myigaragambyo, bagaragaje umujinya mwinshi aho bagendaga banavuga amagambo y’urwango bafitiye Abanyarwanda ndetse banirara mu maduka ya bamwe mu Banyarwanda ari i Goma, barayamenagura barayasahura.

Perezida Tshisekedi kuri uyu wa Gatanu ubwo yari ayoboye Inama y’Abaminisitiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

14 − 11 =

Previous Post

DRC yakiranye ubwuzu icyemezo cyo koherezayo ingabo za EAC ariko ngo ntishakamo RDF

Next Post

DRC yasabye PM w’u Bwongereza kuzayingingira u Rwanda ubwo azaba yaje muri CHOGM

Related Posts

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

by radiotv10
09/01/2026
0

Abatwara amagare na bo bari mu barebwa n’ubukangurambaga bugamije kurwanya impanuka zo mu muhanda. Ni ubutumwa abantu bakwiye gukura mu...

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

by radiotv10
09/01/2026
0

Ubushyamirane bwabaye hagati y’abakekwaho kwiba ihene, n’abari bazibwe mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza, bwaguyemo babiri bakekwagaho kuba...

Easy foods that help your brain stay healthy and active

Easy foods that help your brain stay healthy and active

by radiotv10
09/01/2026
0

Your brain helps you think, remember, learn, and stay focused every day. Scientists agree that what you eat has a...

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

RPF-Inkotanyi approves a new organizational structure

by radiotv10
08/01/2026
0

The Secretariat General of the FPR-Inkotanyi party has approved the establishment of a new advisory body composed of senior and...

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

FPR-Inkotanyi yemeje urwego rushya rw’Umuryango

by radiotv10
08/01/2026
0

Ubunyamabanga Bukuru bw’Umuryango FPR-Inkotanyi bwemeje ishyirwaho rw’Urwego rushya rw’inararibonye rushinzwe ubujyanama mu Banyamuryango. Ishyirwaho ry’uru rwego, rikubiye mu myanzuro y’Inama...

IZIHERUKA

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye
IBYAMAMARE

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

by radiotv10
09/01/2026
0

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

09/01/2026
Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

09/01/2026
VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

VIDEO: Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yagaragaye anyonga igare ry’abanyonzi

09/01/2026
Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

Inkuru mbi yatashye mu miryango y’abagabo babiri baguwe gitumo nyuma yo kwiba amatungo

09/01/2026
Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

Ubutumwa Maj.Gen.Nyakarundi yahaye abakinnyi ba APR mbere yo guhura na Rayon

09/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
DRC yasabye PM w’u Bwongereza kuzayingingira u Rwanda ubwo azaba yaje muri CHOGM

DRC yasabye PM w’u Bwongereza kuzayingingira u Rwanda ubwo azaba yaje muri CHOGM

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Umunyamideri Isimbi Model nyuma yo kugaragaza atwite inda nkuru agarukanye amashimwe akomeye

Igisirikare cya Congo cyabonye Umuvugizi mushya w’Agateganyo nyuma y’ihagarikrwa rya Ekenge

Umugore w’uwahoze ari Perezida wa Congo yagize icyo asaba Abanyekongo mu gusabira Abajenerali bafunzwe

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.