• My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
Tuesday, June 2, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi

radiotv10by radiotv10
18/06/2022
in MU RWANDA
0
Ibintu biri kurushaho kuba bibi- Perezida Tshisekedi
Share on FacebookShare on Twitter

Perezida wa Repubuika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi avuga ko ibiri kubera mu Gihugu cye biri kurushaho kuba bibi ngo kuko uwo bahanganye ahonyora amasezerano yose mpuzamahanga.

Yabivuze kuri uyu wa Gatanu tariki 17 Kamena ubwo yari ayoboye Inama y’Abaminisitiri yagarutse ku bibazo by’umutekano biri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati “Umwuka ni mubi cyane mu gihe Igihugu cyacu gihanganye n’umushotoranyi uhonyora amasezerano yose mpuzamahanga.”

Minisitiri w’Itangazamakru n’Itumanaho akaba n’Umuvugizi wa Guverinoma, Patrick Muyaya yavuze ko Perezida Félix Tshisekedi akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo za DRC akurikirana umunota ku wundi ibibazo by’umutekano biri kuba muri iki Gihugu ndetse ko abona ko biri kurushaho kuba bibi.

Patrick Muyaya yavuze ko igihe kigeze ngo ingisirikare cy’Igihugu gihangane bidasubirwaho n’ibikorwa bihungabanya umutekano w’iki Gihugu.

Yavuze ko Perezida Félix Tshisekedi yasezeranyine Abanye-Congo ko hagiye gukoreshwa imbaraga zose zishoboka zaba iza Gisirikare ndetse n’iza Dipolomasi kugira ngo “Amahoro agaruke vuba byihuse kandi tugakomeza gutera ingabo mu bitungu ingabo zacu mu rwego rwo kurinda ubusugire bw’Igihugu cyacu.”

Patrick Muyaya kandi yavuze ko Perezida w’iki Gihugu yasabye Abanye-Congo bose kutagwa mu mutego w’umwanzi “bakirinda kuvuga amagambo y’ivangura ndetse n’ibindi bikorwa byose bigira uwo bihohotera.”

Uyu muvugizi wa Guverinoma kandi avuga ko Minisitiri w’Intebe Wungirije ndetse na Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu Gihugu basabwe gukurikirana ibi bibazo bigashakirwa umuti.

Muri iki cyumweru turi gusoza, Abanye-Congo batuye mu Mujyi wa Goma, biraye mu mihanda bamagana u Rwanda n’Abanyarwanda, bafata umuhanda werecyeza ku mupaka uhuza Igihugu cyabo n’u Rwanda, bahateza akaduruvayo aho bamishe urufaya rw’amabuye mu Rwanda.

Abitabiriye iyi myigaragambyo, bagaragaje umujinya mwinshi aho bagendaga banavuga amagambo y’urwango bafitiye Abanyarwanda ndetse banirara mu maduka ya bamwe mu Banyarwanda ari i Goma, barayamenagura barayasahura.

Perezida Tshisekedi kuri uyu wa Gatanu ubwo yari ayoboye Inama y’Abaminisitiri

RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 − eight =

Previous Post

DRC yakiranye ubwuzu icyemezo cyo koherezayo ingabo za EAC ariko ngo ntishakamo RDF

Next Post

DRC yasabye PM w’u Bwongereza kuzayingingira u Rwanda ubwo azaba yaje muri CHOGM

Related Posts

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

by radiotv10
02/06/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyepfo yasabye abaturage bo mu Murenge wa Save, Akarere ka Gisagara, kugira uruhare rufatika...

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

Abamotari bakoresha moto za Spiro mu Rwanda bagarukanye ikindi kibazo kibaremereye

by radiotv10
02/06/2026
0

Bamwe mu batwara moto zikoresha amashanyarazi za Spiro baravuga ko bafite ikibazo gikomeye kuko ngo bari kujya aho bahinduriza bateri...

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

Abagore bashinjwa amarozi bafatanywe ibirimo amazirantoki n’umusaraba

by radiotv10
02/06/2026
0

Abagore babiri bakekwaho kurogera abaturanyi babo mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare, babafatanywe ibyo bakekwaho gukoresha mu burozi...

How people stay financially stable

How people stay financially stable

by radiotv10
02/06/2026
0

Have you ever wondered how some people always seem financially comfortable? They rarely appear stressed about money, they handle unexpected...

Eng.-Rwanda begins presenting evidence in case against the United Kingdom

Hatangajwe icyemezo ku kirego u Rwanda rwari rwarezemo u Bwongereza rubwishyuza miliyari 100Frw

by radiotv10
01/06/2026
0

Urukiko Ruhoraho Nkemurampaka rwatangaje ko Guverinoma y’u Rwanda itazishyurwa miliyoni £50 (arenga miliyari 100 Frw) mu kirego yari yarezemo iy’u...

Next Post
DRC yasabye PM w’u Bwongereza kuzayingingira u Rwanda ubwo azaba yaje muri CHOGM

DRC yasabye PM w’u Bwongereza kuzayingingira u Rwanda ubwo azaba yaje muri CHOGM

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Latest News

Byagenze gute ngo ikibumbano cya rurangiranwa Lionel Messi cyari mu Buhindi gikurweho

Gisagara: Abaturage bibukijwe impamvu kurandura inzoga z’inkorano bakwiye kubigiramo uruhare rufatika

Gukoresha ikiyobyabwenge cy’urumogi, kugonga umukunzi we: Ibyavugiwe mu rubanza ruregwamo umuhanzi Yampano

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
  • My Home – English

Copyright © 2024 RadioTv10.