Wednesday, January 21, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibisobanuro bitunguranye by’ishuri ryagaragayeho abana burira impinga bajya kuvoma abandi bari kwiga

radiotv10by radiotv10
22/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibisobanuro bitunguranye by’ishuri ryagaragayeho abana burira impinga bajya kuvoma abandi bari kwiga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri b’Urwunge rw’Amashuri rwa Bahimba rwo mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bamaze iminsi bagaragara mu mirimo inyuranye nko kuvoma, nyamara abandi bari mu masomo, ubuyobozi bw’iri shuri bukavuga ko abagaragaye ari abari mu bihano kuko batiga neza.

Ni ikibazo gihangayikishije byumwihariko ababyeyi barerera muri iri shuri rya GS Bahimba, riherereye mu mudugudu wa Kagera mu kagari ka  Bahimba mu Murenge wa Nyundo.

Ubwo umunyamakuru yageraga kuri iri shuri ku isaha ya saa tatu z’igitondo, ubundi yakagombye kuba isaha yo kuba amasomo ari gutangira kuko abanyeshuri baba bafite amafu, ariko asanga bamwe mu biga muri iri shuri bari hagati ya barindwi n’icumi, bafite amajerekani bagiye kuvoma amazi, aho buri umwe yari afite amajerekani abiri.

Umunyamakuru yagize amatsiko, abaza umwe muri aba bana niba ibi barimo ari igihano, asubiza agira ati “Oya, ntabwo ari igihano ni ikibazo cy’amazi, none nk’abanyeshuri nabo baba bafite ibibazo! None gutya turi kujya kuvoma turaba tucyize? Hashize nk’ukwezi (tubikora).”

Akomeza agaruka ku ngaruka bibagira, ati “None niba bandika nk’ibibaho bitanu bagasobanura, uri kumva twe turaba turi guhomba. hari igihe batanga imyitozo cyane cyane nk’imibare, urumva andi masomo wenda wasoma ukabyumva ariko biba ari ikibazo.”

Undi ati “Imyigire iba iri hasi cyane, nk’ubu ni amasaha yo kwiga ariko badutumye kuvoma iyo hirya ya mountain iyo hirya kure cyane ahantu h’amasaha atatu ni hanini.”

Ababyeyi bo muri aka gace barimo n’abarerera kuri iki kigo bavuga ko bahangayikishijwe n’aba bana bakoreshwa imirimo mu gihe cy’amasomo bakavuga ko babona ari byo bituma bamwe badatsinda neza.

Umwe “Bajya kuvoma kandi ni kure, no mu gihe baguze nk’ishyamba aho kugira ngo bashake abakozi bikorere izo nkwi, abanyeshuri ni bo bajya kuzikorera. Nk’ubu ejo bize mu gitondo kugeza saa sita ariko nyuma yaho kugeza nka sa cyenda bari bari kwikorera inkwi bose na primaire.”

Undi ati “Ni imbogamizi kuba wohereje umwana ku ishuri ariko waba uri mu kiraka uvuga ngo reka nshake ibyo aza kurya atashye ukabona aguciyeho yikoreye inkwi! Niba umwana yagiye kwiga ntabwo yagiye mu kiraka kuko ntibanayamuhemba ngo ayatahane kandi baba bafite ingengo y’imari igomba gukoreshwa ibyo bikorwa.

Umuyobozi w’iri shuri, Abayisenga Bahati Blaise ntahakana ko abana bo kuri iri shuri koko bajya bakoreshwa iyi mirimo yo kwikorera inkwi no kuvoma amazi byo gutekesha, gusa ngo babanza kubaganiriza bakabumvisha impamvu yabyo, gusa kuri iyi nshuro bwo ngo abo twabonye bari muri iyi mirimo, ni abahaniwe kutiga neza.

Ati “Bibaye inshuro imwe ndetse bibaye inshuro imwe mu mwaka, sinavuga ko abana bateshejwe amasomo. Uyu munsi amazi yari yashize, cya kibazo cy’abana batiga neza rero, ba bandi bagombye kuza tukabaha ibihano kubera ko hari ibyo batujuje, hari inshingano batakoze neza, abo nibo twahannye, ni igihano.”

Simpeze Emmanuel ushinzwe uburezi mu Karere ka Rubavu avuga ko itegeko riteganya ko nta mirimo yemewe guhabwa umunyeshuri mu gihe cy’amasomo ndetse ko bagiye gukurikirana iki kibazo.

Ati “Hari icyo itegeko riteganya, nta mirimo ikoreshwa abana mu mashuri, nko gukoropa ishuri yarikoropa bisanzwe ariko atari igihe cy’amasomo, naho kuvuga ngo hari igihano kiratuma adakurikirana amasomo, ibyo bihano ntabwo biba byemewe.”

Ikibazo nk’iki si ubwa mbere kigaragaye mu Ntara y’Iburengerazuba kuko mu kwezi kwa 12 k’umwaka ushize nabwo ababyeyi bo mu Karere ka Rutsiro batabarizaga abana babo bavuga ko bakoreshwa imirimo ivunanye yo kwikorera inkwi zo gutekesha mu kigo cy’ishuri ribanza rya Mwufe.

Bajya kuvoma bambaye imyenda y’ishuri

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eight + nineteen =

Previous Post

Amakuru atanejeje ku itsinda rya muzika riyoboye muri Afurika y’Iburasirazuba ryihebeye u Rwanda

Next Post

Umubare w’amafaranga amaze gukusanywa nk’imfashanyo y’abashegeshwe n’ibiza wamenyekanye

Related Posts

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu bo Murenge wa Save mu karere ka Gisagara, bavuga ko ubujura bumaze gufata intera ku buryo hari n'abajura...

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

by radiotv10
21/01/2026
0

Mu rusengero rw’Itorero rya ADEPR-Karambo rwo mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi, haravugwa ubuhanuzi butavugwaho rumwe, burimo ubwereka...

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

by radiotv10
21/01/2026
0

Umwarimu muri Kaminuza uri mu maboko y'Urwego rw'Igihugu rw'Ubugenzacyaha RIB, akurikiranyweho ibyaha birimo gusambanya abana b'abakobwa biga mu mashuri yisumbuye,...

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

Intumwa z’Ingabo z’u Rwanda zagiye gutsura umubano mu bya gisirikare n’Igihugu cyo mu majyaruguru y’Afurika

by radiotv10
21/01/2026
0

Minisiteri y’Ingabo z’u Rwanda na RDF, bohereje itsinda riyobowe na Brig Gen Patrick Karuretwa, Umuyobozi Mukuru ushinzwe Ubufatanye Mpuzamahanga mu...

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

Rubavu: Hari aho kubona amazi bibamo ingaruka zigera no ku kubura ubuzima

by radiotv10
21/01/2026
0

Bamwe mu baturage bo Murenge wa Nyamwumva, mu Karere ka Rubavu bavuga ko kubona amazi meza bikiri ingorabahizi, kuko hari...

IZIHERUKA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?
AMAHANGA

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

by radiotv10
21/01/2026
0

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

21/01/2026
Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

21/01/2026
Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

Icyo Itorero rimwe mu Rwanda ritangaza ku buhanuzi bwateje impaka buvugwa mu rusengero rwaryo

21/01/2026
Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

Perezida w’inzibacyuho wa Rayon yageneye ubutumwa aba-Rayon bihebye bagakura amaso ku Gikombe

21/01/2026
Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

Ibindi byagiye hanze bitari byavuzwe kuri dosiye y’umwarimu wa Kaminuza ufunzwe

21/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubare w’amafaranga amaze gukusanywa nk’imfashanyo y’abashegeshwe n’ibiza wamenyekanye

Umubare w’amafaranga amaze gukusanywa nk’imfashanyo y’abashegeshwe n’ibiza wamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Ni iki kihishe inyuma y’impanuka za gari ya moshi zikomeje kugaragara mu Gihugu kimwe i Burayi?

AFC/M23 yaciye amarenga y’icyemezo ishobora gufata nyuma yuko ivuye Uvira ibintu bikadogera

Gisagara: Imyitwarire itamenyerewe yadukanywe n’abajura iri gutuma bamwe bakeka ibindi

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.