Tuesday, January 13, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA IMIBEREHO MYIZA

Ibisobanuro bitunguranye by’ishuri ryagaragayeho abana burira impinga bajya kuvoma abandi bari kwiga

radiotv10by radiotv10
22/05/2023
in IMIBEREHO MYIZA, MU RWANDA
0
Ibisobanuro bitunguranye by’ishuri ryagaragayeho abana burira impinga bajya kuvoma abandi bari kwiga
Share on FacebookShare on Twitter

Bamwe mu banyeshuri b’Urwunge rw’Amashuri rwa Bahimba rwo mu Murenge wa Nyundo mu Karere ka Rubavu, bamaze iminsi bagaragara mu mirimo inyuranye nko kuvoma, nyamara abandi bari mu masomo, ubuyobozi bw’iri shuri bukavuga ko abagaragaye ari abari mu bihano kuko batiga neza.

Ni ikibazo gihangayikishije byumwihariko ababyeyi barerera muri iri shuri rya GS Bahimba, riherereye mu mudugudu wa Kagera mu kagari ka  Bahimba mu Murenge wa Nyundo.

Ubwo umunyamakuru yageraga kuri iri shuri ku isaha ya saa tatu z’igitondo, ubundi yakagombye kuba isaha yo kuba amasomo ari gutangira kuko abanyeshuri baba bafite amafu, ariko asanga bamwe mu biga muri iri shuri bari hagati ya barindwi n’icumi, bafite amajerekani bagiye kuvoma amazi, aho buri umwe yari afite amajerekani abiri.

Umunyamakuru yagize amatsiko, abaza umwe muri aba bana niba ibi barimo ari igihano, asubiza agira ati “Oya, ntabwo ari igihano ni ikibazo cy’amazi, none nk’abanyeshuri nabo baba bafite ibibazo! None gutya turi kujya kuvoma turaba tucyize? Hashize nk’ukwezi (tubikora).”

Akomeza agaruka ku ngaruka bibagira, ati “None niba bandika nk’ibibaho bitanu bagasobanura, uri kumva twe turaba turi guhomba. hari igihe batanga imyitozo cyane cyane nk’imibare, urumva andi masomo wenda wasoma ukabyumva ariko biba ari ikibazo.”

Undi ati “Imyigire iba iri hasi cyane, nk’ubu ni amasaha yo kwiga ariko badutumye kuvoma iyo hirya ya mountain iyo hirya kure cyane ahantu h’amasaha atatu ni hanini.”

Ababyeyi bo muri aka gace barimo n’abarerera kuri iki kigo bavuga ko bahangayikishijwe n’aba bana bakoreshwa imirimo mu gihe cy’amasomo bakavuga ko babona ari byo bituma bamwe badatsinda neza.

Umwe “Bajya kuvoma kandi ni kure, no mu gihe baguze nk’ishyamba aho kugira ngo bashake abakozi bikorere izo nkwi, abanyeshuri ni bo bajya kuzikorera. Nk’ubu ejo bize mu gitondo kugeza saa sita ariko nyuma yaho kugeza nka sa cyenda bari bari kwikorera inkwi bose na primaire.”

Undi ati “Ni imbogamizi kuba wohereje umwana ku ishuri ariko waba uri mu kiraka uvuga ngo reka nshake ibyo aza kurya atashye ukabona aguciyeho yikoreye inkwi! Niba umwana yagiye kwiga ntabwo yagiye mu kiraka kuko ntibanayamuhemba ngo ayatahane kandi baba bafite ingengo y’imari igomba gukoreshwa ibyo bikorwa.

Umuyobozi w’iri shuri, Abayisenga Bahati Blaise ntahakana ko abana bo kuri iri shuri koko bajya bakoreshwa iyi mirimo yo kwikorera inkwi no kuvoma amazi byo gutekesha, gusa ngo babanza kubaganiriza bakabumvisha impamvu yabyo, gusa kuri iyi nshuro bwo ngo abo twabonye bari muri iyi mirimo, ni abahaniwe kutiga neza.

Ati “Bibaye inshuro imwe ndetse bibaye inshuro imwe mu mwaka, sinavuga ko abana bateshejwe amasomo. Uyu munsi amazi yari yashize, cya kibazo cy’abana batiga neza rero, ba bandi bagombye kuza tukabaha ibihano kubera ko hari ibyo batujuje, hari inshingano batakoze neza, abo nibo twahannye, ni igihano.”

Simpeze Emmanuel ushinzwe uburezi mu Karere ka Rubavu avuga ko itegeko riteganya ko nta mirimo yemewe guhabwa umunyeshuri mu gihe cy’amasomo ndetse ko bagiye gukurikirana iki kibazo.

Ati “Hari icyo itegeko riteganya, nta mirimo ikoreshwa abana mu mashuri, nko gukoropa ishuri yarikoropa bisanzwe ariko atari igihe cy’amasomo, naho kuvuga ngo hari igihano kiratuma adakurikirana amasomo, ibyo bihano ntabwo biba byemewe.”

Ikibazo nk’iki si ubwa mbere kigaragaye mu Ntara y’Iburengerazuba kuko mu kwezi kwa 12 k’umwaka ushize nabwo ababyeyi bo mu Karere ka Rutsiro batabarizaga abana babo bavuga ko bakoreshwa imirimo ivunanye yo kwikorera inkwi zo gutekesha mu kigo cy’ishuri ribanza rya Mwufe.

Bajya kuvoma bambaye imyenda y’ishuri

INKURU MU MASHUSHO

Emmanuel NDAHAYO
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

12 + 3 =

Previous Post

Amakuru atanejeje ku itsinda rya muzika riyoboye muri Afurika y’Iburasirazuba ryihebeye u Rwanda

Next Post

Umubare w’amafaranga amaze gukusanywa nk’imfashanyo y’abashegeshwe n’ibiza wamenyekanye

Related Posts

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

by radiotv10
13/01/2026
0

Bamwe mu batuye mu gace umusore wari umufana ukomeye wa Rayon Sports yasanzwemo yapfuye bikekwa ko yiyahuye, mu Murenge wa...

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

by radiotv10
13/01/2026
0

Abaturiye n’abakoresha umuhanda wa kaburimbo Saint Aloys–Nyagasenyi uhinguka munsi ya Gare ya Rwamagana, bavuga ko kuva wakorwa, wacaniwe rimwe gusa...

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

by radiotv10
13/01/2026
0

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango Mpuzamahanga w’Ibihugu bikoresha Igifaransa (OIF), Louise Mushikwabo wamaze kwemezwa n’u Rwanda nk’umukandida mu matora ashobora kuzatuma ayobora...

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

by radiotv10
13/01/2026
0

Editorial: The New World Economic Order

Editorial: The New World Economic Order

by radiotv10
12/01/2026
0

USA, China, and Europe in the Battle for Global Dominance. What about Africa? The global economy has entered a new...

IZIHERUKA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran
AMAHANGA

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

by radiotv10
13/01/2026
0

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

13/01/2026
Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

13/01/2026
Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

Igisirikare cy’u Burundi kiravugwaho kongera kohereza abasirikare benshi muri Congo mu ibanga

13/01/2026
Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

Rwamagana: Hari umuhanda abawuturiye bavuga ko kuva wakorwa babonye ucaniwe rimwe gusa

13/01/2026
Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

Ibyo wamenya byabanjirije kwemeza Kandidatire ya Mushikiwabo ishobora gutuma ayobora OIF manda ya 3

13/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Umubare w’amafaranga amaze gukusanywa nk’imfashanyo y’abashegeshwe n’ibiza wamenyekanye

Umubare w’amafaranga amaze gukusanywa nk’imfashanyo y’abashegeshwe n’ibiza wamenyekanye

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Perezida wa America yateguje igisa n’igihano Ibihugu bizakomeza gukorana ubucuruzi na Iran

Ubutumwa bukomeye Umugaba Mukuru wa AFC/M23 Gen.Makenga atangaje bwerecyeye urugamba ayoboye

Byinshi ku musore wafanaga bikomeye Rayon bivugwa ko yiyahuye kubera gutsindwa n’urwandiko yasize

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.