Friday, January 30, 2026
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibitekerezo bitangwa nyuma yuko hagaragajwe ko umubare w’imanza zisubirishwamo mu Rwanda wiyongera

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko raporo y’Urwego rw’Umuvunyi igaragaje ko imanza zisubirishwamo zikomeje kwiyongera, abasesenguzi bavuga ko izindi nzego zishinzwe gusesengura imikirize y’imanza, zari zikwiye kureba urubanza rwaciwe mbere, ku buryo Umucamanza waruciye ashobora no guhanwa igihe bigaragaye ko habayemo amakosa.

Ni nyuma yuko muri raporo y’Urwego rw’Umuvunyi, igiye hanze ikagaragaza ko abaturage bagaragarije uru Rwego ko batanyuzwe n’ibyemezo by’inkiko mu mwaka w’Ubucamanza ushinze wa 2024-2025 ari 655 bavuye ku bakabakaba 400.

Nanone kandi mu mwaka w’ubucamanza wa 2024-2025, imanza zaburanishijwe mu rwego rw’akarengane ni 189, muri zo 40 ni zo zahinduriwe ibyemezo, mu gihe izari zafahinduriwe ibyemezo muri 2023-2024 zari 27, naho muri 2022-2023 zikaba zari 27.

Abadepite bibajije impamvu izi manza zisubirishwa zizamuka n’igishobora gukurikiraho ku Rukiko n’Umucanza bari baraciye urubanza rusubirishwamo ku mpamvu z’akarengane.

Depite Mukandekezi Françoise yagize ati “Ariko iyo urebye imanza zasabwe gusubirishwamo zigenda ziyongera uko umwaka utashye, byaba biterwa n’iki? Hanyuma inkiko zarenganije abaturage zo zibibazwa gute?”

Umuvunyi Mukuru, Madamu Nirere Madaleine avuga ko, gusubirishamo imanza, bikunze guterwa n’imyumvire y’abaturage badakunze kunyurwa n’ibyemezo by’inkiko.

Ati “Hari abumva ko gusubirishamo imanza ku mpamvu z’akarengane ari nk’indi nzira y’ubujurire kandi atari byo. Ubundi ni inzira idasanzwe ikoreshwa ubona ko harimo akarengane, tuzakomeza gukangurira abaturage guhitamo kugana inzira y’ubuhuza.”

 

Umucamanza na we yagakwiye kugenzurwa

Umunyamategeko wigenga, Me Ruhumuliza Gatete Nyiringabo avuga ko hari izindi nzego zigenzura imikirize y’imanza ku buryo basesengura basanga hari amakosa yabayemo, hagafatwa ibyemezo bishingiye ku mategeko.

Ati “Niba uri Umucamanza uca urubanza rwajuririrwa rukavuguruzwa, uba uri umuswa iteka uba uri umuswa. Hari ikigo kigenzura Inkiko gisoma imanza nk’izo iyo kimenye uwo Mucamanza bohereza RIB kumugenza niba atarariye ruswa, uko bigenda kose bakwibazaho, ntabwo bakuzamura mu ntera ku buryo bashobora no kukwirukana.”

Ugereranyije izi manza 40 zabonetsemo akarengane n’izasuzumwe zose uko ari 2 256, bigaragara ko ijanisha ry’imanza zibonekamo akarengane riri ku kigero cya 1.8%.

Umuvugizi w’Inkiko, Mutabazi Harrison avuga ko Umucamanza ari we ugena niba izi manza zasabwe n’Umuvunyi gusubirishanwe mu mpamvu z’akarengane.

Ati “Ugomba gusuzuma ubwihutire ni Perezida w’urukiko hagomba gukurikizwa ibyo itegeko riteganye akaba ari we ugira ubwo bushobozi akandikirwa, akamenya agashishoza ku buryo ari we wemeza urubanza rugomba kuburanishwa mbere.”

Raporo y’Umuvunyi igaragaza ko imanza zasabiwe gusubirishwamo zingana na 7%, Imanza zarangijwe binyuze mu buhuza ni 3%.

Iyi raporo itanga umwanzuro ko hakwiye kunozwa inzira yo gusubirishamo imanza ku mpamvu z’akarengane ku buryo butayigira indi ntera y’ubujurire nk’uko ababuranyi benshi bayikoresha.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

18 − 3 =

Previous Post

Kigali this weekend: 5 must-attend youth events (24–27 October 2025)

Next Post

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

Related Posts

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yashyize mu myanya abayobozi barimo Brig Gen Jean Paul Nyirubutama wagizwe Umujyanama Mukuru...

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

by radiotv10
30/01/2026
0

RIB yataye muri yombi abantu batatu barimo Barafinda Sekikubo Fred wigeze kwiyita Umunyapolitiki w’akataraboneka, akanajya kuri Komisiyo y’Amatora avuga ko...

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Perezida w’Inama y’Abaminisitiri ya Togo, Faure Essozimna Gnassingbé wanahawe inshingano na Afurika Yunze Ubumwe z’ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo...

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

by radiotv10
29/01/2026
0

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no...

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

by radiotv10
29/01/2026
0

Uwera Jean Maurice wari usanzwe ari umunyamakuru, akaba yahawe inshingano zo kuba Umuvugizi Wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, yavuze ko...

IZIHERUKA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda
MU RWANDA

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

by radiotv10
30/01/2026
0

Barafinda wigeze  kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

30/01/2026
Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

30/01/2026
Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

29/01/2026
Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

Umunyamakuru Maurice yavuze aho yamenyeye ko yahawe inshingano na Guverinoma y’u Rwanda n’ibyakurikiyeho

29/01/2026
Hatanzwe umucyo ku cyari kigamijwe haba inama yahuje Perezida Kagame na Tshisekedi i Doha

Eng.-Minister Nduhungirehe reminds the European Parliament it has no jurisdiction over Rwanda

29/01/2026
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

General (Rtd) James Kabarebe yabonye umwungiriza mu nshingano afite muri Perezidansi y’u Rwanda

Barafinda wigeze kugarukwaho cyane yatawe muri yombi

Gnassingbé uyoboye ubuhuza mu gushaka umuti w’ibibazo byo muri Congo ari mu Rwanda

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.