Friday, October 24, 2025
RADIOTV10
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10
No Result
View All Result
RADIOTV10
No Result
View All Result
Home MU RWANDA

Ibitekerezo bitangwa nyuma yuko hagaragajwe ko umubare w’imanza zisubirishwamo mu Rwanda wiyongera

radiotv10by radiotv10
24/10/2025
in MU RWANDA, UBUTABERA
0
Menya umubare w’imanza zakijijwe zitaregewe Inkiko hakoreshejwe ‘Plea Bargain’-ibiganiro by’Ubushinjacyaha n’abaregwa
Share on FacebookShare on Twitter

Nyuma yuko raporo y’Urwego rw’Umuvunyi igaragaje ko imanza zisubirishwamo zikomeje kwiyongera, abasesenguzi bavuga ko izindi nzego zishinzwe gusesengura imikirize y’imanza, zari zikwiye kureba urubanza rwaciwe mbere, ku buryo Umucamanza waruciye ashobora no guhanwa igihe bigaragaye ko habayemo amakosa.

Ni nyuma yuko muri raporo y’Urwego rw’Umuvunyi, igiye hanze ikagaragaza ko abaturage bagaragarije uru Rwego ko batanyuzwe n’ibyemezo by’inkiko mu mwaka w’Ubucamanza ushinze wa 2024-2025 ari 655 bavuye ku bakabakaba 400.

Nanone kandi mu mwaka w’ubucamanza wa 2024-2025, imanza zaburanishijwe mu rwego rw’akarengane ni 189, muri zo 40 ni zo zahinduriwe ibyemezo, mu gihe izari zafahinduriwe ibyemezo muri 2023-2024 zari 27, naho muri 2022-2023 zikaba zari 27.

Abadepite bibajije impamvu izi manza zisubirishwa zizamuka n’igishobora gukurikiraho ku Rukiko n’Umucanza bari baraciye urubanza rusubirishwamo ku mpamvu z’akarengane.

Depite Mukandekezi Françoise yagize ati “Ariko iyo urebye imanza zasabwe gusubirishwamo zigenda ziyongera uko umwaka utashye, byaba biterwa n’iki? Hanyuma inkiko zarenganije abaturage zo zibibazwa gute?”

Umuvunyi Mukuru, Madamu Nirere Madaleine avuga ko, gusubirishamo imanza, bikunze guterwa n’imyumvire y’abaturage badakunze kunyurwa n’ibyemezo by’inkiko.

Ati “Hari abumva ko gusubirishamo imanza ku mpamvu z’akarengane ari nk’indi nzira y’ubujurire kandi atari byo. Ubundi ni inzira idasanzwe ikoreshwa ubona ko harimo akarengane, tuzakomeza gukangurira abaturage guhitamo kugana inzira y’ubuhuza.”

 

Umucamanza na we yagakwiye kugenzurwa

Umunyamategeko wigenga, Me Ruhumuliza Gatete Nyiringabo avuga ko hari izindi nzego zigenzura imikirize y’imanza ku buryo basesengura basanga hari amakosa yabayemo, hagafatwa ibyemezo bishingiye ku mategeko.

Ati “Niba uri Umucamanza uca urubanza rwajuririrwa rukavuguruzwa, uba uri umuswa iteka uba uri umuswa. Hari ikigo kigenzura Inkiko gisoma imanza nk’izo iyo kimenye uwo Mucamanza bohereza RIB kumugenza niba atarariye ruswa, uko bigenda kose bakwibazaho, ntabwo bakuzamura mu ntera ku buryo bashobora no kukwirukana.”

Ugereranyije izi manza 40 zabonetsemo akarengane n’izasuzumwe zose uko ari 2 256, bigaragara ko ijanisha ry’imanza zibonekamo akarengane riri ku kigero cya 1.8%.

Umuvugizi w’Inkiko, Mutabazi Harrison avuga ko Umucamanza ari we ugena niba izi manza zasabwe n’Umuvunyi gusubirishanwe mu mpamvu z’akarengane.

Ati “Ugomba gusuzuma ubwihutire ni Perezida w’urukiko hagomba gukurikizwa ibyo itegeko riteganye akaba ari we ugira ubwo bushobozi akandikirwa, akamenya agashishoza ku buryo ari we wemeza urubanza rugomba kuburanishwa mbere.”

Raporo y’Umuvunyi igaragaza ko imanza zasabiwe gusubirishwamo zingana na 7%, Imanza zarangijwe binyuze mu buhuza ni 3%.

Iyi raporo itanga umwanzuro ko hakwiye kunozwa inzira yo gusubirishamo imanza ku mpamvu z’akarengane ku buryo butayigira indi ntera y’ubujurire nk’uko ababuranyi benshi bayikoresha.

NTAMBARA Garleon
RADIOTV10

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

eleven − 5 =

Previous Post

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

Next Post

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

Related Posts

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko ibiganiro byari byatangiye hagati ya Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Burundi byari...

Friday Debate: Should weekends be longer?

Friday Debate: Should weekends be longer?

by radiotv10
24/10/2025
0

The weekend passes away in a blink of an eye, those precious two days when alarms are optional, pajamas are...

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

by radiotv10
24/10/2025
0

Musirikare Obed wari umukinnyi w’ikipe y’umupira w’amaguru ya Muganza Trainning center ibarizwa mu kiciro cya gatatu mu Rwanda wageragezaga kwambuka   Rusizi...

Rutsiro: Ibyabanjirije inkuru y’akababaro ku mugabo n’umwana we muto birakekwa ko ari byo nyirabayazana

Rutsiro: Umugabo wari wagiye kwivuza yatashye yakirwa n’inkuru y’incamugongo

by radiotv10
24/10/2025
0

Umugore w’imyaka 26 wo mu Murenge wa Gihango yakubiswe n’inkuba ahita yitaba Imana ubwo umugabo we yari yagiye kwivuza, yataha...

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

Ubutumwa Perezida Kagame yageneye abamwifurija isabukuru nziza y’amavuko

by radiotv10
24/10/2025
0

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda, Paul Kagame yashimiye abamwifurije isabukuru nziza y’amavuko, ababwira ko na we byamushimishije, anabifuriza umugisha. Kuri...

IZIHERUKA

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi
MU RWANDA

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

by radiotv10
24/10/2025
0

Kigali this weekend: 5 must-attend youth events (24–27 October 2025)

Kigali this weekend: 5 must-attend youth events (24–27 October 2025)

24/10/2025
Friday Debate: Should weekends be longer?

Friday Debate: Should weekends be longer?

24/10/2025
Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

Umuti uzarandura ikibazo cy’imisifurire kiri mu bizambya ruhago nyarwanda uri mu nzira

24/10/2025
Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

Rusizi: Umukinnyi w’umupira w’amaguru yishwe n’amazi agerageza kujya muri Congo mu mukino wa gicuti

24/10/2025
Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

Impanuka ikomeye yatewe n’ipikipiki yatumye benshi bitaba Imana mu Buhindi

24/10/2025
ADVERTISEMENT
Next Post
Trump yavuze icyumvikana nk’igitangaza kidasanzwe azakora naramuka yongeye gutorwa

Ingaruka z’ibihano bishya bya Trump zahise zigaragaza ku isoko ry’igicuruzwa gifatiye runini byinshi ku Isi

Contact Us

E-mail:
radiotv10rwanda@gmail.com
infos@radiotv10.rw

Radio10 Sales & Marketing:
Phone: +250784444444

Radio10 Studio:
Phone: +250788317918

Useful Links

  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Latest News

Igisubizo ku bibazaga iherezo ry’ibiganiro byari byatangiye hagati y’u Rwanda n’u Burundi

Kigali this weekend: 5 must-attend youth events (24–27 October 2025)

Friday Debate: Should weekends be longer?

Download App

Copyright © 2024 RadioTv10.
No Result
View All Result
  • My Home
  • MU RWANDA
  • AMAHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • LIVE RADIO10
  • LIVE TV10

Copyright © 2024 RadioTv10.